Iyi
ni filime y’uruhererekane izagaragaramo bamwe mu bakinnyi basanzwe bamenyerewe
muri sinema nyarwanda, barimo Aisha Inkindi, uzwiho ubuhanga mu gukina no
kwitwara neza mu nkuru zitandukanye.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Irene Murindahabi yavuze ko iyi filime
igamije kugaragaza ubuzima butavugwa cyane bw’abakozi b’Imana, agaragaza ko
hari byinshi abantu batamenya bibera inyuma y’amaso ya rubanda.
Yagize
ati “Ni Filme yigisha ubuzima butavugwa abo twita abakozi b’Imana babamo ariko
bakitwikira umurimo bakora bakazengereza rubanda. Harimo Kandi inkuru
y’urukundo no guteseka kw’abakundana barareshya mu mikoro.”
Murindahabi
yavuze ko kwinjira muri sinema atari ibintu bimugwiririye, ahubwo ari inzozi
yari amaranye igihe kinini, kuko amaze imyaka itatu ayitegura.
Ati
“Yego maze imyaka 3 mbyitegura, kuko mbikunda mbona ari uburyo bwiza bwo
gutambutsa amasomo y’ubuzima.”
Ku
bijyanye no gukorana na Aisha Inkindi, yavuze ko atari gusa ubuhanga bwe
bwamuhaye amahirwe, ahubwo ko basanzwe ari inshuti, bityo kumwizera bikaba
byarabaye byoroshye.
Ati
“Uretse kuba inshuti yanjye ni umukinnyi mwiza u Rwanda rufite uri ku rwego rwo
hejuru, kandi ubikora neza ibyo twamushakagaho ko akina.”
Nubwo
hari amazina amwe yamaze kujya hanze, Murindahabi yavuze ko abandi bakinnyi
bagize iyi filime bagikomeje kugirwa ibanga, ariko bose ari abahanga, ndetse ko
batoranyijwe binyuze mu itsinda rishya bashinze ryitwa MIE Films.
Yasobanuye
ko iri tsinda ari ishami rya MIE Entertainment rigamije guteza imbere sinema,
nk’uko basanzwe bafite andi mashami arimo MIE Music ikora ibijyanye n’umuziki
na MIE Empire itara ikanatangaza inkuru z’imyidagaduro.
Irene
Murindahabi azwi cyane mu itangazamakuru, aho yakoze igihe kirekire ku
bitangazamakuru bitandukanye birimo Magic FM, Isango Star na Isibo TV. Kuri ubu
abarizwa muri MIE Empire.
Usibye
itangazamakuru, Murindahabi afite izina rikomeye mu gucunga no gufasha
abahanzi, aho yigeze kuba umujyanama wa Niyo Bosco, ndetse kuri ubu akaba ari
we ureberera inyungu z’abahanzi barimo Vestine na Dorcas.
Filime
“Isereri” biteganyijwe ko izagaragaza ubuzima busanzwe bwihishe inyuma
y’icyubahiro gihabwa abakozi b’Imana, inagaragaze uko urukundo rushobora
kugorana mu gihe hari itandukaniro ry’ubushobozi hagati y’abakundana, ibintu
bikunze kugaragara mu buzima bwa buri munsi ariko bikaba bidakunze kuvugwa mu
ruhame.
Ni
filime ishobora kuzana impinduka mu buryo inkuru zicukumbuye zitambutswa muri
sinema nyarwanda, cyane cyane izigaruka ku buzima busanzwe bw’abantu n’amasomo
abuvamo.



Nyuma
y’imyaka itatu ayitegura, Irene Murindahabi yinjiye muri sinema binyuze muri
“Isereri”, filime izibanda ku buzima nyabwo n’amasomo abuvamo
