Mu itangazo, IRGC yavuze ko Tangsiri yarashwe arimo
“ashyira ingabo ku murongo kandi akomeza ubwirinzi bwo ku birwa no ku byambu”,
ko yapfuye “azize ibikomere bikaze”.
Iryo tangazo rivuga ko “ingabo zirwanira mu mazi” za
IRGC nubwo zidafite Tangsiri nka komanda wazo, mu minsi ishize “zakomeje
ibitero bikomeye no kugenzura umuhora wa Hormuz”.
IRGC ivuga ko “ntizaruhuka kugeza umwanzi arimbuwe
burundu”.
Tangsiri, umwe mu ba komanda bakuru ba IRGC, vuba
aha ni we wari ukuriye ibikorwa byo kugenzura amato aca mu muhora wa Hormuz.
Ku rubuga rwa X, yaherukaga gutangaza ko “nta bwato
bufitanye isano n’abateye Iran bugomba gutambuka”.Yari umukomanda ukunda kuvuga
mu ruhame, kandi mbere yagiye kenshi avuga yamagana Amerika na Israel.
Yari yarafatiwe ibihano na Amerika kuva mu 2019 ubwo
Iran yarasaga ‘drone’ y’ubutasi hafi y’uriya muhora wa Hormuz.
