Iran yatangiye gushyingura Ayatollah Ali Khamenei, ibiganiro na Amerika birasubikwa

Hanze - 03/07/2026 10:04 PM
Share:
Iran yatangiye gushyingura Ayatollah Ali Khamenei, ibiganiro na Amerika birasubikwa

Iran yatangiye imihango yo gusezera ku wahoze ari Umuyobozi w'Ikirenga w'icyo gihugu, Ayatollah Ali Khamenei, wapfuye mu bitero byagabwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel mu mpera za Gashyantare 2026.

Imibiri ya Khamenei n'abamwe mu bagize umuryango we yashyizwe ku mugaragaro mu Ngoro ya Imam Khomeini Grand Mosalla i Tehran, mbere y'imihango yo kumushyingura izamara iminsi itandatu, kuva ku wa 4 kugeza ku wa 9 Nyakanga. Biteganyijwe ko izitabirwa n'abantu babarirwa muri za miliyoni muri Iran ndetse no muri Iraq.

Mu bashyizwe mu isanduku harimo Khamenei, umukwe we Mesbah-ol-Hoda Bagheri, umukobwa we mukuru Seyyedeh Boshra Hosseini Khamenei, umukazana we Zahra Haddad Adel, ndetse n'umwuzukuru we w'umukobwa Zahra Mohammadi Golpaygani wari ufite amezi 14 gusa.

Leta ya Iran yatangaje ko yateguye imwe mu mihango minini igihugu cyigeze kibona, aho yahuje inzego za Leta, abasirikare, abashinzwe ubutabazi, amashuri makuru, amashyirahamwe y'abakozi n'amatsinda y'abanyamadini kugira ngo yakire imbaga y'abazitabira uwo muhango.

Muri iki gihe, ibiganiro byari biri guhuza Iran na Amerika binyuze ku buhuza bwa Qatar byahagaritswe by'agateganyo. Qatar yavuze ko impande zombi zizongera kuganira nyuma yo gusoza imihango yo gushyingura Khamenei.

Nubwo hatatangajwe ibyo impande zombi zagezeho, amakuru avuga ko Iran yashakaga kuganira ku ifungurwa ry'umutungo wayo wafunzwe mu mahanga, mu gihe Amerika yashakaga ko Iran idashyiraho amafaranga y'inyongera ku mato anyura mu nyanja ya Strait of Hormuz.

Iran yakomeje kuburira Amerika na Israel ko zitagomba kugaba ibindi bitero mu gihe cy'iyi mihango, mu gihe Amerika na yo yatangaje ko yongereye ingabo zayo mu Burasirazuba bwo Hagati, aho yohereje umutwe wa kabiri w'aba-Marines ugizwe n'abasirikare barenga 2,000.

Haracyari urujijo ku kuba Mojtaba Khamenei, wasimbuye se ku buyobozi bw'ikirenga bwa Iran, azitabira uwo muhango cyangwa atazawitabira. Ni ubwa mbere yari kugaragara mu ruhame kuva intambara yatangira, nyuma y'uko amakuru avuga ko na we yakomerekeye mu bitero byahitanye se.

Biteganyijwe ko uwo muhango uzitabirwa n'intumwa ziturutse mu bihugu bisaga 100. Mu bazahagera harimo Minisitiri w'Intebe wa Pakistan Shehbaz Sharif, intumwa zo mu Bushinwa n'u Buhinde, Perezida wa Georgia Mikheil Kavelashvili, ndetse n'abayobozi bakuru b'ubutegetsi bwa Taliban muri Afghanistan.

Leta ya Iran ivuga ko uyu muhango ugamije kugaragaza ko igihugu gikomeje guhagarara gitajegajega ndetse ko urupfu rwa Khamenei rutazabuza ubutegetsi bwacyo gukomeza ibikorwa byabwo.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...