Iran yashyizeho ibisabwa bikomeye kugira ngo Hormuz yongere gufungurwa

Hanze - 09/08/2026 3:26 PM
Share:
Iran yashyizeho ibisabwa bikomeye kugira ngo Hormuz yongere gufungurwa

Leta ya Iran yatangaje ko ibiganiro yagiranye na Oman ku bijyanye no gushyiraho inzira nshya z’amato mu Muhora wa Hormuz bigeze mu cyiciro cya nyuma. Icyakora, Iran ivuga ko uwo muhora utazongera gufungurwa kugeza igihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika izaba yujuje ibisabwa yashyizweho na Tehran.

Umuhora wa Hormuz uri hagati ya Iran na Oman, kandi ni imwe mu nzira z’ingenzi ku isi zitwarwamo peteroli na gaze. Mbere y’uko Iran iwufunga, hafi kimwe cya gatanu cy’ibikomoka kuri peteroli na gaze bitwarwa ku isi byanyuraga muri uyu muhora.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araqchi, yavuze ko amasezerano hagati ya Iran na Oman ari mu cyiciro cya nyuma. Yasobanuye ko ayo masezerano azagena inzira nshya amato azajya anyuramo igihe umuhora uzaba wongeye gufungurwa.

Ariko yavuze ko ayo masezerano yonyine atazahita atuma umuhora ufungurwa. Iran isaba ko Amerika ibanza kubahiriza ibindi byemezo, birimo guhagarika ibikorwa byo kuyibuza gukoresha ibyambu byayo no gukemura ibibazo byavutse hagati y’ibihugu byombi.

Araqchi yavuze kandi ko kuri ubu Iran na Amerika nta biganiro bitaziguye bifitanye, ahubwo ubutumwa hagati y’impande zombi bunyuzwa ku bahuza.

Iran ivuga ko itazatangira ibiganiro bitaziguye na Amerika mu gihe Washington yaba ikomeje kutubahiriza amasezerano y’agateganyo yashyizweho muri Kamena.

Iran isaba Amerika indishyi n’ibindi

Iran kandi irasaba Amerika kuyishyura indishyi z’ibyangijwe n’ibitero byagabwe kuri icyo gihugu.

Umunyamabanga w’Urwego rw’Ikirenga rushinzwe Umutekano w’Igihugu muri Iran, Mohammad Baqer Zolqadr, yavuze ko Iran ishaka ko Amerika ihagarika iterabwoba n’ibikorwa bya gisirikare biyibasira ndetse n’ibitero ku bafatanyabikorwa bayo bo muri Lebanon, Palestine, Yemen na Iraq.

Iran kandi isaba ko Amerika ikuraho ibihano yafatiye icyo gihugu, igahagarika ibihano byo kubuza Iran gukoresha ibyambu byayo, ndetse ikarekura umutungo wa Iran wafashwe cyangwa wahagaritswe.

Ku ruhande rwa Amerika, umuyobozi utatangajwe amazina yabwiye Reuters ko igihe amasezerano yo kongera gutuma ubwikorezi bw’ubucuruzi bwisanzura mu Muhora wa Hormuz azaba atangajwe, Amerika izakuraho igikorwa cyo kuzibira ibyambu bya Iran.

Umwuka mubi uracyakomeje mu karere

Mu gihe ibiganiro kuri Hormuz bikomeje, umutekano mu Burasirazuba bwo Hagati uracyari mubi.

Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zatangaje ko Iran yagabye igitero ku bwato bufite aho buhuriye n’ikigo cy’igihugu cya peteroli cya UAE. Iran ntiyahise itanga ibisobanuro kuri ibyo birego.

Hagati aho, abarwanyi ba Houthi bakorera muri Yemen na bo bakomeje kugaba ibitero ku bikorwa by’ingufu byo muri Saudi Arabia. Ku Cyumweru, bavuze ko bateye uruganda rutunganya peteroli rwa Saudi Aramco ruherereye i Jazan bakoresheje drone.

Minisiteri y’Ingufu ya Saudi Arabia yemeje ko muri urwo ruganda habaye inkongi y’umuriro, ariko iza kuzimywa kandi nta muntu wakomeretse.

Ibibazo by’umutekano bikomeje kwiyongera mu karere mu gihe intambara hagati ya Amerika na Iran imaze amezi ituma ubwikorezi bwa peteroli n’ibindi bicuruzwa binyura mu Muhora wa Hormuz buhungabana.

Amakuru avugako uko ikibazo cya Hormuz kizakemuka bizaterwa ahanini n’uko Iran na Amerika bizubahiriza ibyo biyemeje ndetse n’uko amasezerano mashya azashyirwa mu bikorwa


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...