Iran ikomeje gusabirwa na benshi kwirukanwa mu gikombe cy'isi kibura iminsi 27

Imikino - 24/10/2022 1:07 PM
Share:

Umwanditsi:

Iran ikomeje gusabirwa na benshi kwirukanwa mu gikombe cy'isi kibura iminsi 27

Abakoresha imbuga nkoranyambaga mu bice byinshi bitandukanye by'isi, bakomeje gusabira ikipe y'igihugu ya Iran kwirukanwa mu gikombe cy'isi cy'umupira w'amaguru cya 2022, bayishinja guhutaza abagore no kubangamira leta ya Ukraine.

Iyi kipe 'Iranian cheetahs' ikomeje kugira icyangiro gikomeye ku bakunzi ba ruhago ku isi, nyuma y'aho Leta ya Iran itangiye gutera inkunga u Burusiya buhanganye na Ukraine mu ntambara, byiyongera ku kuba abagore bo muri Iran bagira uburenganzira bucye.

Guhera mu ntangiriro z'icyumweru gishize, abafana bakoze imbuga za 'Petition' aho basinya ku busabe bakoherereza FIFA imikono kugira ngo barebe niba Iran yavanwa mu gikombe cy'isi kizatangira ku ya 20 Ugushyingo 2022, muri Qatar.

Aba biganjemo abo ku mugabane w' u Burayi, bashinje Leta ya Iran guha u Burusiya ubufasha bw'abasirikare n'ibikoresho bikomeye by'intambara biri kwifashishwa mu guhangana na Ukraine mu ntambara yatangiye muri Mutarama 2022.

Abafana basaba ko Iran yahanwa kimwe n' u Burusiya bwahagaritswe mu bikorwa bya FIFA kubw'uko bushinjwa kwiyenza no gutangiza ubushyamirane bwabyaye intambara imaze kugwamo abarenga 50000.

Mu mpera z'icyumweru, umunyamakurukazi Alinejad Masih wo muri Iran yatangaje ko yafatanyije n'abanyamategeko bo muri Espagne bakohereza Ibaruwa muri FIFA basaba ko 'Iranian Cheetahs' ivanwa mu gikombe cy'isi kubw'impamvu ya kabiri y'uko abagore bo muri Iran bari guhohoterwa bikabije.

Alinejad na bagenzi be bahagurukanye ubukana, nyuma y'imyigaragambyo imaze iminsi mu mijyi ya Iran, aho abasaba ko uburenganzira bw'umugore bwakubahirizwa bamaze kwicwamo abagera kuri 200 barimo abana 23.

Imyigaragambyo yadutse ihereye mu mujyi wa Tehran ku ya 17 Nzeri, nyuma y'urupfu rw'umugore witwa Mahsa Amini waguye muri gereza ahitanywe n'ibikomere yatewe n'abapolisi bamukubise bamuziza kwambara igitambaro cy'imyemerere cya Hijab.


Igishushanyo cya Mahsa Amini wapfuye urw'amayobera

Urupfu rwa Mahsa rwanditswe mu mpamvu zo gusabira Iran kuva mu gikombe cy'isi, byiyongera ku busobanuro bwatanzwe buvuga ko kuba Leta ya Iran itemerera abagore bose kureba umupira, bigomba no gutuma abagabo babo batawukina.

Kuri ubu, FIFA iri kwakira amabaruwa menshi yamagana Iran ku mpamvu z'uruhurirane zo Guhohotera abagore ndetse no kuba Leta iri gufasha u Burusiya mu ntambara bwashoje kuri Ukraine.

Mu gikombe cy'isi gisigaje iminsi 27 ngo gitangire, Ibisamagwe bya Iran nibitabuzwa kugera muri Qatar, bizatangira bihangana n' u Bwongereza mu mukino wa mbere wo ku ya 21 Ugushyingo, aho bari kumwe mu itsinda 'B' hamwe na Wales ndetse na Leta Zunze Ubumwe Z'America.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...