Iradukunda Elsa yishimiye umwaka ushize arushinze na Prince Kid-AMAFOTO

Imyidagaduro - 01/09/2024 8:34 AM
Share:
Iradukunda Elsa yishimiye umwaka ushize arushinze na Prince Kid-AMAFOTO

Miss Rwanda 2017, Iradukunda Elsa yafashe umwanya agaruka ku rwo akunda Ishimwe Dieudonne [Prince Kid] bizihiza umwaka ushize Imana ibashishije kubashoboza bagakora ubukwe bw’amateke mu myidagaduro nyarwanda.

Niba ukurikiranira hafi imyidagaduro uzi imbaraga urukundo rwa Miss Iradukunda na Prince Kid rwagaragaje.

Ibi bikaba byaraturutse ahanini ku bihe banyuzemo aho mu buryo bwihuse Prince Kid yisanze akurikiranweho ibyaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsinda.

Ikaba ari inkuru yagarutsweho cyane mu 2022 binatuma amarushanwa y’ubwiza ahagarikwa kugeza n’ubu.

Muri ibyo bihe Miss Iradukunda wari mu rukundo na Prince Kid yagerageje ibishoboka ngo amufunguze yisanga mu byaha arafungwa.

Ibi byose byatumaga abantu bakomeza kubonamo uyu mukobwa intwari yaje kurekurwa.

Nyuma y’igihe Prince Kid yaje kugirwa umwere muri icyo gihe ni nabwo yahise asaba anakwa Miss Iradukunda Elsa hari ku wa 31 Kanama 2023.

Baje gusezerana imbere y’Imana banakira inshuti n’imiryango ku wa 01 Nzeri 2023.

Mu kwizihiza umwaka aba bombi b’abana Iradukunda Elsa yagize ati "Umwaka wose " yongera utumenyetso tugaragaza umunezero.

Ubundi akomeza ataka umugabo we ati "Ndagukunda cyane Ishimwe [Prince Kid]".

Muri iyi minsi aba bombi nk'uko bikomeza gutangazwa bakaba batakirabarizwa ku butaka bw’u Rwanda.

Ku wa 13 Ukwakira 2023, Urukiko Rukuru rwaje gukatira  Ishimwe Dieudonne [Prince Kid], igifungo cy’imyaka itanu rumuhamije ibyaha byo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato no gusaba cyangwa gukora ishimishamubiri rishingiye ku gitsina.

 

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...