Inzozi zishingiye ku ntego ntizibura inzira – Madederi nyuma y’uko filime ye ‘Inkomoko’ yashyizwe kuri Zacu TV

Imyidagaduro - 23/04/2026 6:55 AM
Share:

Umwanditsi:

Inzozi zishingiye ku ntego ntizibura inzira – Madederi nyuma y’uko filime ye ‘Inkomoko’ yashyizwe kuri Zacu TV

Umunyamuryango wa sinema nyarwanda, Dusenge Clenia wamamaye nka Madederi muri filime Papa Sava, ari mu byishimo bikomeye nyuma y’uko filime ye yise ‘Inkomoko’ igiye gutangira kwerekanwa kuri Zacu TV.


Ibi byishimo bije bikurikira amasezerano Madederi yasinyanye na Nelly Wilson Misago uyobora Zacu Entertainment, amasezerano azatuma iyi filime igeze ku gace ka 97 itangira kunyuzwa kuri televiziyo, aho izajya iboneka kuri Canal+ Channel 3.

Ni amasezerano yashyizweho umukono ku wa 22 Mata 2026, agaragaza indi ntambwe ikomeye kuri uyu mukinnyi wa filime umaze igihe agaragaza ko afite impano n’icyerekezo mu mwuga wa sinema.

Mu butumwa bwe yashyize ku rubuga rwa Instagram, Madedeli yagaragaje amarangamutima yuzuye ibyishimo n’icyizere, asobanura ko "inzozi zishingiye ku ntego ihamye zidapfa kubura inzira zinyuramo".

Mu magambo ye, yumvikanishije ko urugendo rwa filime ‘Inkomoko’ rutari rworoshye, ahubwo rwatangiriye ku gitekerezo, rukavamo inkuru, kugeza igihe igeze ku rwego rwo kwerekanwa kuri televiziyo.

Yaboneyeho kuvuga ko iyi ari intambwe irenze kuba igikorwa cyagezweho gusa, ahubwo ari igihamya cy’iterambere, kwihangana no kwizera impano ye.

Yavuze ko uru rugendo rugikomeje, kandi ko ibyo agezeho ari intangiriro y’ibindi byinshi bigiye kuza, ashimangira ko gukomeza gukora cyane ari byo bizatuma arushaho gutera imbere mu mwuga we.

Filime ‘Inkomoko’ yari isanzwe itambuka kuri YouTube, biteganyijwe ko izatangira kwerekanwa kuri Zacu TV haherewe ku bice byari bisanzwe bisohoka, mbere y’uko hanatangira ibice bishya bizakorwa mu buryo bugezweho.

Madederi asanzwe azwi cyane muri filime Papa Sava ya Niyitegeka Gratien, ari na yo yamugize icyamamare mu Rwanda, ariko ubu arimo kwandika amateka mashya nk’umukinnyi ufite n’imishinga ye bwite igenda igera ku rwego rwo hejuru.

Iyi ntambwe yo kwinjira kuri televiziyo ni ikimenyetso cy’uko sinema nyarwanda ikomeje gutera imbere, aho abakinnyi n’abatunganya filime bagenda barushaho kubona amasoko mashya yo kugeza ibihangano byabo ku bakunzi babyo.

Madederi yerekana amasezerano yasinyanye na Zacu TV azatuma filime ye ‘Inkomoko’ itangira gutambuka kuri iyi televiziyo

Madederi ashyira umukono ku masezerano yo kugeza filime ‘Inkomoko’ ku Zacu TV, intambwe ikomeye mu rugendo rwe muri sinema

Madederi ari kumwe na Nelly Wilson Misago nyuma yo gusinya amasezerano yo kwerekana ‘Inkomoko’ kuri Zacu TV



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...