Uyu
muhanzi, amazina ye nyakuri akaba ari Ruhumuriza James, yigeze gutangaza mu
2022 ko ari gutegura igitaramo i Rusizi, ariko icyo gihe nticyabaye.
Ubwo
muri Kamena 2025 yatangazwaga nk’umuhanzi mukuru muri MTN Iwacu Muzika
Festival, yabwiye InyaRwanda ko ari iby’agaciro kuba agiye gutaramira mu turere
dutandukanye cyane cyane i Rusizi, akarere yagiye yifuza kugeramo ariko bikajya
biba inzozi gusa.
Yagize
ati “Hariya i Rusizi bizaba biteye ubwoba. Nzasaba igihe kinini kugira ngo
nisanzure ndirimbane n'abantu, kubera igihe cyose twamaze tubitegereje. Nzasaba
igihe kinini kugira ngo mbikore uko mbitekereza.”
Nyamara, aya
mahirwe yagaragaraga nk’ukuri, yaje kongera kuyoyoka.
Mu
itangazo East African Promoters Ltd bashyize hanze kuri uyu wa Mbere tariki 4
Kanama 2025, batangaje ko igitaramo cya MTN Iwacu Muzika Festival cyagombaga
kubera kuri Rusizi Stadium ku wa Gatandatu tariki ya 9 Kanama 2025, cyimuriwe
kuri Muhanga Stadium ku munsi umwe.
Impamvu
y’iyi mpinduka ni imirimo y’ubwubatsi iri gukorerwa kuri sitade ya Rusizi,
ituma hadashobora kwakirwa igitaramo gikomeye nk’iki. Bityo, bahisemo Muhanga
nk’ahantu hizewe, hagaragaza icyizere cy’umutekano, ituze n’ubushobozi bwo
kwakira abantu benshi.
Bagize
bati “Iyi mpinduka igamije koroshya ubwitabire no guharanira ko serukiramuco
rikomeza gutanga serivisi zisumba izisanzwe, cyane cyane ku bijyanye
n’umutekano, ituze n’imyidagaduro nk’uko bisanzwe bigaragara muri MTN Iwacu
Muzika Festival.”
Iki
kigo cyiseguye ku bafana bose n'abafatanyabikorwa ku mbogamizi iyi mpinduka
ishobora guteza, ndetse bashimira uburyo bakomeje kwihangana no gushyigikira
iri serukiramuco ryamaze gushinga imizi mu ruganda rw’umuziki nyarwanda.
Nubwo
King James atazabasha kuririmbira i Rusizi nk’uko yabiteganyaga, azahurira ku
rubyiniro rwa MTN Iwacu Muzika Festival n’abahanzi b’ibyamamare barimo
Riderman, Ariel Wayz, Juno Kizigenza, Bull Dogg, Nel Ngabo, na Kivumbi King.
Muhanga Stadium izakira iki gitaramo cya tariki ya 9 Kanama 2025, kikazaba ari undi mwanya wo guhuriza hamwe Abanyarwanda mu munezero, umuco n’indirimbo, nk’uko intego y’iri serukiramuco ibigaragaza.
King James yari aherutse kubwira InyaRwanda, ko yiteguye kuzasaba umwanya uhagije ataramira i Rusizi, ariko inzozi ze zakomwe mu nkokora
King
James yashimangiye ko agifite igikundiro mu Banyarwnda ubwo yataramiraga i Huye
mu gitaramo cyasize inkuru
Ubuhanga
n’imyitwarire ya King James ku rubyiniro i Huye byagaragaje impamvu akiri umwe
mu bahanzi bakunzwe cyane
Abafana i Huye baririmbanaga na King James mu ndirimbo ze zinyuranye yashyize hanze mu bihe bitandukanye
I
Huye, King James yagaragaye yishimiye cyane gusangiza abafana be ibihe
by’umunezero n’ubusabane
Itangazo
rya East African Promoters rigaragaza ko iki gitaramo cyari kubera i Rusizi
kimuriwe i Muhanga
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO ‘MOWONA’ YA KINGA JAMES
KANDA HANO UREBE UBWO KING JAMES YAVUGAGA UKO YITEGUYE KUZATARAMIRA I RUSIZI