Inzika y’imyaka irenga 15! Eliel Sando yagaragaje Riderman ku isabukuru ye nk’intama, Neg G abitera utwatsi

Imyidagaduro - 10/03/2022 6:10 PM
Share:
Inzika y’imyaka irenga 15! Eliel Sando yagaragaje Riderman ku isabukuru ye nk’intama, Neg G abitera utwatsi

Niyonzima Eliel [Eliel Sando] wamamaye muri 'Jingle' ya InyaRwanda.com yumvikana mu ndirimbo nyinshi z’abanyarwanda usigaye atunganya amashusho y’abahanzi batandukanye, yatakagije Riderman amuvuga ubukaka, Neg G abitera utwatsi avuga ko nta keza ke.

Ukivuga injyana ya Hip Hop mu Rwanda ku bayikunda n'abayikurikirana, benshi bahita bumva Riderman kubera byinshi yakoze mu kuyubaka birimo n'ibyo Eliel Sando yagarutseho nyamara ibyo yakora byose nta na rimwe bijya binyura Neg G babanye muri UTP Soldier bakaza gutandukana. Neg G yongeye kubigaragaza abinyujije mu nyunganizi yashyize ku butumwa bwa Eliel Sando.

Eliel Sando yagize ati: "Isabukuru nziza ku muhanzi nagiriyeho umugisha udasanzwe wagiye ungaragariza ubumuntu mu buryo butandukanye, gukunda impano ya Riderman byatumye nisanga ndi kumushyigikira mu kwamamaza ibihangano bye, birangira ngize igitekerezo cyo gushyigikira uko nshoboye n’abandi banyempano."

Nyuma yo gusobanura uko Riderman yamukundishije gufasha abanyempano, Eliel Sando yakomeje agira ati: "Naje kwisanga ku Inyarwanda.com nkora na Jingle ya INYARWANDA nkajya nyishyira ku ndirimbo nabaga nakunze umwimerere wazo nkaziha n'aba Djz batandukanye. Igihe cyarageze ndabihagarika kuko nabikoraga byo kwitangira abanyempano."

Akomeza agira ati: "Njya mu bya Video production nabyo nakunze kubera kujya muri shootings z'abahanzi batandukanye, ibintu byose nisanzemo imbarutso yabaye Riderman impano ye yarantangaje cyane ituma ntangira kubona ko no mu Rwanda dufite abanyempano bihariye, kandi Riderman nzi neza ko yafunguye amaso ya benshi cyane."

Eliel Sando agaruka ku mpano ya Riderman ukuntu yatumye akora ibidasanzwe mu ruhando rw’imyidagaduro n’umutima mwiza agira ati: "Ni we muhanzi wujuje Petit stade bwa mbere turumirwa.. none ubu umuziki ugeze ku rundi rwego... Ni byinshi navuga kuri Riderman ariko sinakwibagirwa gushimangira ko buretse kuba ari umuhanzi afite n'undi mutima wihariye, dufasha abantu bo twabakeneraho ikintu bakatugora ariko ibyo sibyigeze bimbaho kuri Riderman he's true Rasta."

Ashimangira ukuntu Ridermana ari umunyabuntu ati:"Amaze gutwara Guma Guma namukoreye Video y'indirimbo yitwa INDURU, nagiye kubona amperekeje ntashye ampa amafaranga y'ishimwe ntatekerezaga kuri njye yari menshi, hari igihe banyibye Phone bitunguranye Riderman amfasha kugura iyo mba nkoresha, hari igihe yaguze Camera njye akajya ayimpa inshuro zose nyishatse for free (ku buntu) nta mananiza, imigisha myinshi kuri Riderman, ubahwa!

Eliel Sando akimara gushyira ubutumwa kuri Instagram, Neg G yahise anyura mu nyunganizi (comment) agira ati: "Impyisi yari yiteye uruhu rw’intama #Cyambarantama#Kimirantare, ibyo uvuze njye nzi contrary yabyo!! And I nurtruted dat boi!! Anyway u don't haffi dread to be Rasta by Morgan heritage."

Ubutumwa bwa Neg G buvuguruza kure ibyo Eliel Sando yavuze. Neg G yagaragaje Riderman nk’umuntu byo ku rwego rwo kuba ikirura, ibi akaba abivuze mu gihe haciye imyaka irenga 15 batagikorana mu itsinda bababayemo rya UTP Soldiers babanye guhera muri 2005 bakaza gutandukana muri za 2007, ibintu byazamuye umwuka kugeza n'ubu.

Ridermana wizihiza isabukuru y'amavuko y'imyaka 35

Riderman na Video Producer Eliel Sando wamuvuze ibigwi 

Video Producer Eliel Sando uhamya ko Ridermana ari umuntu udasanzwe n'urugero ku bandi banyampanoNeg G The General ntavuga rumwe na Riderman

Igitecyerezo cya Neg G The General avuguruza ibyavuzwe na Eliel SandoNeg G The General na Riderman babanye neza nyamara ibyabo byaje kuzamo urunturuntu 

Ubutumwa bwa Eliel Sando

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO INDURU YA RIDERMAN YATUNGANIJWE NA ELIEL SANDO

">


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...