Inzigo imaze imyaka 8! Paji nshya mu mubano wa Muyoboke na Dj Pius izandikwa?

Imyidagaduro - 30/06/2026 2:16 PM
Share:

Umwanditsi:

Inzigo imaze imyaka 8! Paji nshya mu mubano wa Muyoboke na Dj Pius izandikwa?

Hari amakimbirane amara igihe gito akarangira, ariko hari n'ahinduka amateka mu ruganda rw'imyidagaduro. Mu Rwanda, imwe mu mpaka zakomeje kuvugisha benshi imyaka myinshi ni iyahuje Alex Muyoboke na Dj Pius, abantu bombi bagize uruhare mu rugendo rw'umuziki nyarwanda, umwe nk'umujyanama w'abahanzi undi nk'umuhanzi ndetse na DJ.

Nyuma y'imyaka umunani baterana amagambo ku mugaragaro bapfa amateka y'indirimbo Agatako, ubu hatangiye kugaragara ikimenyetso gishobora gufungura umuryango w'ubwiyunge.

Ni nyuma y'uko Alex Muyoboke, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 30 Kamena 2026, anyujije ubutumwa kuri Instagram atangaza ko yafashe icyemezo cyo kutazongera kuvuga kuri Dj Pius kugeza igihe bazahurira imbona nkubone bakaganira nk'abagabo, bagakemura ikibazo kimaze imyaka umunani kibatanya.

Mu butumwa bwe, Muyoboke yabanje gushimira abantu bose bakomeje gushyigikira uruganda rw'imyidagaduro kuva kera kugeza n'ubu.

Yagize ati: "Mbere na mbere ndashimira mbikuye ku mutima buri wese wakomeje kudushyigikira no gushyigikira uruganda rw'abahanzi mu myaka yose ishize kugeza n'uyu munsi."

Yakomeje ashimira Coach Gael, avuga ko ibiganiro bagiranye byamuhinduye imyumvire ku kibazo afitanye na Dj Pius. Ati: "Ndashaka kandi gushimira byimazeyo uyu mugabo udasanzwe, Karomba Gael uzwi nka Coach Gael. Nyuma yo kunyegera tukaganira mu kuri ku kibazo maze imyaka umunani mfitanye na Rukabuza Pius, ubuhanga bwe n'inama ze byatumye nongera kureba ibintu mu bundi buryo."

Mu gusoza ubutumwa bwe, Muyoboke yijeje abakurikira imyidagaduro ko atazongera kuvuga kuri Dj Pius kugeza igihe azagarukira mu Rwanda.

Ati: "Uyu munsi ndabizeza ko ntazongera kuvuga kuri Pius kugeza igihe azagarukira mu Rwanda, tukicara tukaganira imbonankubone nk'abagabo, tugakemura iki kibazo."

Aya magambo akurura ibitekerezo bya benshi, kuko ari ubwa mbere Muyoboke agaragaje ubushake bwo guhagarika intambara y'amagambo yari imaze imyaka umunani.

Amakimbirane hagati ya Alex Muyoboke na Dj Pius yatangiye nyuma y'uko Muyoboke avuze ko yagize uruhare mu itunganywa ry'indirimbo Agatako, imwe mu ndirimbo zakunzwe cyane yahuriyemo Dj Pius n'umuhanzi wo muri Uganda, Jose Chameleone.

Muyoboke yavuze ko yafashije Dj Pius muri uwo mushinga binyuze muri sosiyete ye yitwaga Decent Entertainment, ndetse ko hari uruhare rugaragara yagize kugira ngo iyo ndirimbo ibashe gukorwa.

Icyakora, Dj Pius ntiyabyakiriye neza.

Ahubwo yasohoye ubutumwa burebure ashinja Muyoboke gutangaza ibinyoma no kwiyitirira ibikorwa atigeze agira uruharemo.

Mu magambo ye, Dj Pius yavuze ko Muyoboke yageze muri studio indirimbo yaramaze gukorwa.

Yagize ati: "Icya mbere wageze muri studio saa tatu z'ijoro witwaje akayoga ko kwiyerurutsa kubera amafaranga wari waraye utwambuye. Jose Chameleone yageze muri studio saa tanu na mbere yanjye, wowe wahageze saa tatu z'ijoro indirimbo yarangiye."

Yakomeje amushinja kwiyitirira ibikorwa by'abandi, agira ati "Umva nkubwire n'abatabizi bumvireho, uri umuntu mubi. Kwiyitirira imirimo utavunikiye yaba mu mbaraga z'ubwenge n'ubushobozi."

Nyuma y'aya magambo, Alex Muyoboke na we yakomeje gusohora ibyo yise ibimenyetso bigaragaza uruhare yagize muri uwo mushinga, ibintu byakomeje kongera ubukana bw'impaka hagati yabo.

Mu myaka yakurikiyeho, ikibazo cyabo nticyigeze kirangira.

Buri ruhande rwakomeje gushimangira ko ari rwo rufite ukuri, rimwe na rimwe rukifashisha ibiganiro n'itangazamakuru cyangwa imbuga nkoranyambaga.

Coach Gael yaba yabaye ikiraro cy'ubwiyunge?

Alex Muyoboke yavuze ko ibiganiro bagiranye ari byo byatumye afata icyemezo cyo guceceka no gutegereza guhura na Dj Pius bakaganira nk'abagabo.

Nubwo Coach Gael ubwe ataragira icyo atangaza kuri ubu buhuza, amagambo ya Muyoboke agaragaza ko yabaye umwe mu bantu bagerageje kuzimya amakimbirane yari amaze imyaka umunani.

Niba ibyo biganiro bizabaho igihe Dj Pius azaba agarutse mu Rwanda, bishobora kurangiza imwe mu ntambara y’amagambo yari amaze igihe kirekire mu ruganda rw'imyidagaduro nyarwanda.

Ku rundi ruhande ariko, amaso y'abakurikiranira hafi uru ruganda ahanzwe icyo Dj Pius azavuga, kuko ari bwo hazamenyekana niba koko urugi rw'ubwiyunge rwatangiye gukinguka, cyangwa niba urugendo rwo kurangiza iyi nzigo ruzaba rugisaba indi ntambwe.


Muyoboke Alex yatangaje ko atazongera kuvuga kuri Dj Pius kugeza ubwo azagaruka mu Rwanda


Dj Pius ashinja mugenzi we Muyoboke Alex kwiyitirira ibikorwa byakozwe n’abandi




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...