Mu
bukangurambaga buri gukorwa mu mirenge igize akarere ka Nyagatare ikora ku
mipaka hasobanurwa icyaha cy’icuruzwa ry’abantu hagaragajwe ko bamwe bakoresha
imipaka nabi bakambuka bajya gushaka imirimo bikarangira bamwe baragiye
gucuruzwa.
Muri
ibi biganiro byabaye umwanya wo gusobanurira abaturage bo mu karere ka
Nyagatare ibyuho abantu bagwamo ndetse n’amayeri akoreshwa ngo abantu bajye
gucuruzwa. Beretswe ko ubucuruzi bw’abantu ari ubushabitsi abantu bagize bugari
kandi umuntu wese ashobora ku bugwamo.
Icyakoze
mu mayeri rusange yagaragajwe n’uko mu gihe abakora ubucuruzi bw’abantu bashaka
kubugushoramo bakwizeza inyungu z’umurengera kandi zihuse ari nabyo bikunze
gukururira benshi kumva ko nta cyabuza guhindurirwa imibereho.
Aha
iyo udashishoje ngo ugire amakenga utekereze biruseho niho usanga wagiye mu
bucuruzi bw’abantu kandi ingaruka zikurikira bikaba kwicuza ngo iyo mbimenya
simba narabihaye umwanya.
Mu
biganiro byatanzwe n’abakozi b’Ubugenzacyaha hagarutswe ku bantu bambuka
imipaka mu buryo butewemewe kandi bakabikora mu ibanga kenshi nibyo biteza
ibibazo biganisha ku gucuruzwa
Umuyobozi
ukorera mu ishami rishinzwe gukumira ibyaha n’ubushakashatsi, Njangwe Jean
Marie, yavuze ko ubu gucuruza abantu ntabwo ari icyaha gishya ariko ni ibidasanzwe
ku bantu bazi agaciro ku muntu.
Yagize
ati: “Ubusanzwe tuzi ko amatungo ariyo acuruzwa ariko ntibikwiye ko umuntu aba
igicuruzwa. Ubucuruzi bw’abantu kugeza ubu bwahinduwe ubushabitsi (business)
ngari irimo amafaranga menshi. Niyo mpamvu rero hafashwe ingamba zo kurwanya
ibi byaha kandi ibihano biraremereye.”
Patrick Ndemezo, Umugenzacyaha mu ishami rishinzwe gukumira ibyaha by’icuruzwa
ry’abantu yasobanuye ko icuruzwa ry’abantu rikorwa abantu bagamije kubajyana mu
bikorwa by’ubusambanyi, gukoreshwa amashusho y’urukozasoni, ndetse no
gukoreshwa imirimo y’agahato.
Akomeza
avuga ko ubu bucuruzi bw'abantu bugira ingaruka mbi zirimo kwicwa, gukurwamo
ingingo z'umubiri n'ibindi.
Muri
iki gihe rero ubu bucuruzi bw’abantu bukaba bukorerwa ku ikoranabuhanga, benshi
bakaba ariho bari gushukirwa bikarangira bacurujwe kubera kutagira amakenga no
kwizezwa inyungu zihindura ubuzima bwabo.
Bamwe
mu baturage bo mu murenge wa Matimba mu karere ka Nyagatare bavuze ko
basobanukiwe n’icyaha cy’icuruzwa ry’abantu ari naho baboneyeho gutanga amakuru
ku hantu hakunze kuboneka icuruzwa ry'abantu
Umwe
mu mboni z'umupaka yagize ati "Mu by'ukuri iki cyaha turakizi kandi tubona
abaza kwambuka imipaka yewe rimwe na rimwe tukamenya amakuru yabo bagasubizwa
mu miryango yabo. Ariko hari abaducika bakanyura ahandi bikarangira baragiye
gucuruzwa.”
Naho
Bayiringire Innocent agira ati: “Iki cyaha nka twe dutwara abantu usanga umuntu
agutega ngo ngeza hafi y'umupaka ukamukeka ariko ukabona agiye nko ku kabari
kari hafi yaho nyamara ukabona avuye kure ariko kugirango ube watahura ko agiye
kwambuka bigasaba ubundi bumenyi. Benshi nibo wumva ugasanga ngo bahuye
n'ibibazo bamaze kwambuka"
Ubu
bukangurambaga ku icuruzwa ry’abantu no gushakira inyungu ku bandi, buzibanda
ku turere 7 dufite imirenge ikora ku mipaka aritwo Gicumbi, Burera, Nyagatare,
Kirehe, Rubavu, Rusizi na Bugesera.

Umuyobozi w'Ubugenzacyaha mu karere ka Nyagatare, Bizumuremyi Philemon
Umuyobozi ukorera mu ishami rishinzwe gukumira ibyaha n’ubushakashatsi, Njangwe Jean Marie, yavuze ko ubu gucuruza abantu ntabwo ari icyaha gishya ariko ni ibidasanzwe ku bantu bazi agaciro ku muntu

Umugenzacyaha wakira ibirego mu biro ngendanwa (Mobile station) by’abaturage banyuranye muri iki gihe bari mu bukangurambaga ku kurwanya icyaha cy’icuruzwa ry’abantu

Abaturage bahawe umwanya wo gutanga ibitekerezo n’ibibazo, ndetse n’uko babona iki cyaha cyarwanywa mu maguru mashya

Umugenzacyaha mu ishami rishinzwe gukumira ibyaha by’icuruzwa ry’abantu, Patrick Ndemezo, yasobanuye ko icuruzwa ry’abantu rikorwa abantu bagamije kubajyana mu bikorwa by’ubusambanyi, gukoreshwa amashusho y’urukozasoni, ndetse no gukoreshwa imirimo y’agahato

Umuhanzi Tuyisenge Intore wamamaye mu ndirimbo zigaruka ku burere mboneragihugu, yasusurukije abitabiriye ubu bukangurambaga ku kurwanya icyaha cy’icuruzwa ry’abantu

