Intsinzi igomba kubonekera hakurya hariya i Lubumbashi - Gen Mubarakh Muganga abwira abakinnyi ba APR FC

Imikino - 06/09/2026 5:40 AM
Share:

Umwanditsi:

Intsinzi igomba kubonekera hakurya hariya i Lubumbashi - Gen Mubarakh Muganga abwira abakinnyi ba APR FC

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mk Mubarakh akaba n’umuyobozi w’icyubahiro wungirije wa APR F.C, yayisuye mbere y’uko ijya gukina na FC Les Aigles du Congo yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyi kipe yahagarutse mu Rwanda mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru tariki ya 06 Nzeri 2026 yerekeza i Lubumbashi muri DRC aho iri bukinire uyu mukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League saa Cyenda.

Mbere y’uko ihaguruka, Ejo ku wa Gatandatu yasuwe na Gen Mubarakh Muganga aho isanzwe iba i Shyorongi. Mu butumwa bwongerera imbaraga yageneye abagize iyi kipe, yongeye kubibutsa ko ari ugukotana, maze umuhigo bakawuhigurira hakurya.

Yagize ati: ”Mufite umukino ku munsi w'ejo uwo mukino ni nka Finale kuri twe kandi intsinzi igomba kubonekera hakurya hariya Lubumbashi, ibindi tukazahurira ku kibuga cy’Indege tuje kubakirana ubwuzu ku bwo guhesha ishema Ikipe n’Abakunzi bacu”.

Yongeye kubibutsa ko gutsinda umukino ubanza ari rwo rufunguzo. Yagize ati: ”Bibe byiza mwitwaye neza mu mukino ubanza kuko ni rwo rufunguzo rwa byose, uwo kwishyura tuzawukine twararangije ibyacu dufite n’Umushyitsi Mukuru. APR F.C, Intsinzi iteka…”


Gen Mubarakh Muganga yibukije abakinnyi gukotana maze umuhigo bakawuhigurira hakurya i Lubambashi




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...