Inter Miami ya Lionel Messi yashyizeho umutoza mushya bakinanye

Imikino - 28/08/2026 11:34 AM
Share:

Umwanditsi:

Inter Miami ya Lionel Messi yashyizeho umutoza mushya bakinanye

Ikipe ya Inter Miami yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko Cristian “Kily” González ari we mutoza mushya w’ikipe ya mbere, asimbuye Guillermo Hoyos wari umaze amezi ayitoza by’agateganyo.

González w’imyaka 52 y’amavuko azatangira inshingano nshya muri iyi kipe nyuma yo kubona uruhushya rwo gukorera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Inter Miami yabitangaje kuri uyu wa Kane, ivuga ko Hoyos azakomeza kuyobora iyi kipe “by’agateganyo kugeza igihe umutoza mushya n’itsinda rye ry’abatoza bazagerera muri iyi kipe”.

Hoyos w’imyaka 63 yari yarahawe inshingano zo gutoza Inter Miami muri Mata 2026, nyuma y’uko Javier Mascherano avuye ku mwanya w’umutoza.

Kily González yongeye guhura na Messi

Kily González aje muri Inter Miami afite umwihariko wo kuba yarigeze gukinana na kapiteni w’iyi kipe, Lionel Messi, mu Ikipe y’Igihugu ya Argentina.

Aba bakinnyi bombi bakinnye imikino ibiri yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi mu Ukwakira 2005. Icyo gihe Messi yari amaze gukina umukino we wa mbere mu ikipe nkuru ya Argentina, mu gihe González yari ari hafi gusoza urugendo rwe mu ikipe y’igihugu.

González abaye undi mutoza wa Inter Miami wigeze gukorana cyangwa gukinana na Messi. Mbere ye, iyi kipe yatojwe na Gerardo “Tata” Martino ndetse na Javier Mascherano, bombi bakaba barigeze gukorana na Messi muri Barcelona cyangwa Argentina.

Kily González yakinnye umupira w’amaguru mu gihe cy’imyaka 18, aho yanyuze mu makipe akomeye arimo Rosario Central, Boca Juniors, Valencia ndetse na Inter Milan.

Uyu wahoze akina ku ruhande rw’ibumoso mu kibuga yanakiniye Ikipe y’Igihugu ya Argentina imikino 56, ayitsindira ibitego 10. Muri iyo kipe ni ho yakiniye hamwe na Lionel Messi.

Nyuma yo guhagarika gukina, González yinjiye mu mwuga wo gutoza. Muri Argentina, yatoje amakipe atatu arimo Rosario Central, Club Atlético Unión na Club Atlético Platense.

Kugeza ubu, Inter Miami iri ku mwanya wa kabiri mu Burasirazuba bwa MLS, ariko iracyafite ikinyuranyo cy’amanota 10 ku ikipe ya mbere, Nashville SC.

Nashville SC kandi ni yo kipe iheruka gutsinda Inter Miami, aho yayitsinze ibitego 4-1 ku itariki ya 15 Kanama 2026.

Cristian “Kily” González wakinanye na Messi yagizwe umutoza wa Inter Miami



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...