González w’imyaka 52 y’amavuko azatangira inshingano
nshya muri iyi kipe nyuma yo kubona uruhushya rwo gukorera muri Leta Zunze
Ubumwe za Amerika.
Inter Miami yabitangaje kuri uyu wa Kane, ivuga ko
Hoyos azakomeza kuyobora iyi kipe “by’agateganyo kugeza igihe umutoza mushya
n’itsinda rye ry’abatoza bazagerera muri iyi kipe”.
Hoyos w’imyaka 63 yari yarahawe inshingano zo gutoza
Inter Miami muri Mata 2026, nyuma y’uko Javier Mascherano avuye ku mwanya
w’umutoza.
Kily González yongeye guhura na Messi
Kily González aje muri Inter Miami afite umwihariko wo
kuba yarigeze gukinana na kapiteni w’iyi kipe, Lionel Messi, mu Ikipe y’Igihugu
ya Argentina.
Aba bakinnyi bombi bakinnye imikino ibiri yo gushaka
itike y’Igikombe cy’Isi mu Ukwakira 2005. Icyo gihe Messi yari amaze gukina
umukino we wa mbere mu ikipe nkuru ya Argentina, mu gihe González yari ari hafi
gusoza urugendo rwe mu ikipe y’igihugu.
González abaye undi mutoza wa Inter Miami wigeze
gukorana cyangwa gukinana na Messi. Mbere ye, iyi kipe yatojwe na Gerardo
“Tata” Martino ndetse na Javier Mascherano, bombi bakaba barigeze gukorana na
Messi muri Barcelona cyangwa Argentina.
Kily González yakinnye umupira w’amaguru mu gihe
cy’imyaka 18, aho yanyuze mu makipe akomeye arimo Rosario Central, Boca
Juniors, Valencia ndetse na Inter Milan.
Uyu wahoze akina ku ruhande rw’ibumoso mu kibuga
yanakiniye Ikipe y’Igihugu ya Argentina imikino 56, ayitsindira ibitego 10.
Muri iyo kipe ni ho yakiniye hamwe na Lionel Messi.
Nyuma yo guhagarika gukina, González yinjiye mu mwuga
wo gutoza. Muri Argentina, yatoje amakipe atatu arimo Rosario Central, Club
Atlético Unión na Club Atlético Platense.
Kugeza ubu, Inter Miami iri ku mwanya wa kabiri mu
Burasirazuba bwa MLS, ariko iracyafite ikinyuranyo cy’amanota 10 ku ikipe ya
mbere, Nashville SC.
Nashville SC kandi ni yo kipe iheruka gutsinda Inter Miami, aho yayitsinze ibitego 4-1 ku itariki ya 15 Kanama 2026.

