Aba
bakobwa bakomoka mu Karere ka Ngoma, ariko ubu batuye ku Kicukiro mu Murenge
wa Nyanza, bavuga ko bahisemo gukoresha impano y’amajwi bafite mu kwamamaza
ubutumwa bw’Imana no gufasha abantu kubona ihumure binyuze mu ndirimbo zabo.
Itsinda
rya “Sando na Fofo” risanzwe risengera mu itorero rya ADEPR, rikaba rigizwe na
Mutesiwase Sandrine uzwi nka Sando ndetse na Iradukunda Florance uzwi nka Fofo.
Sando
yamaze kurangiza amashuri ye, aho yize amashuri abanza n’ayisumbuye muri GS
Nyamata mu ishami ry’Uburezi mbere yo gukomereza amasomo muri Kaminuza. Kuri
ubu ageze mu mwaka wa gatatu wa Kaminuza.
Murumuna
we Fofo nawe ari gusoza amashuri yisumbuye mu ishami ry’Uburezi muri TSS
Nyamata, aho ageze mu mwaka wa gatandatu. Amashuri abanza yayize ku kigo cya
Tetero.
Aba
bakobwa bavuga ko impamvu bahisemo gukora umuziki wa Gospel ari uko bashakaga
gutanga ubutumwa bw’ijambo ry’Imana bakoresheje impano y’amajwi meza bavuga ko
Imana yabahaye.
Bagize
bati: “Twahisemo Gospel kuko ariho abizera bose bahurira, kandi twifuza ko
ubutumwa bwacu bugera kure bugafasha abantu kwegera Imana.”
Ku
wa 25 Mata 2026 ni bwo bashyize hanze indirimbo yabo ya mbere bise “Ninde”,
yasohokeye icyarimwe ku mbuga za YouTube na Audiomack.
Iyi
ndirimbo igaruka ku muntu utakira Imana ayisaba kubana nawe mu bibazo
n’ingorane ahura nazo muri ubu buzima bwo ku Isi, bavuga ko bwamaze kwanduzwa
n’umubi Satani.
Iradukunda
Junior Kevin uri gufasha aba bakobwa muri iki gihe, yabwiye InyaRwanda, ko aba
bakobwa bafite intego yo gukomeza gukorera Imana binyuze mu muziki, bagakora
indirimbo zigera ku mitima y’abantu ndetse zigafasha benshi guhinduka no kubona
icyizere.
Mu
ntego bihaye harimo guhimbaza Imana no kwamamaza ubutumwa bwiza, gukora umuziki
ufasha abantu mu buzima bwa buri munsi, gukura mu mpano no kwagura ubumenyi
bwabo mu muziki, ndetse no guhindura ubuzima bw’abandi banyuze mu bihangano
byabo.
Nubwo
bakiri bato kandi urugendo rwabo rwa muzika rukiri mu ntangiriro, aba bakobwa
bavuga ko bafite icyizere cyo kuzagera kure mu muziki wa Gospel nyarwanda,
cyane cyane binyuze mu gukora cyane no gushyira imbere ubutumwa bwubaka abantu.
Indirimbo
yabo “Ninde” iri gukomeza kwakirwa n’abakunzi b’umuziki wa Gospel, cyane cyane
abakunda ubutumwa bwibanda ku kwizera no gusaba Imana kuba hafi y’umuntu mu
bihe bikomeye.

Sando na Fofo ni itsinda rishya ry’abakobwa bavukana binjiye mu muziki wa Gospel, bashyize hanze indirimbo “Ninde” igamije gusaba Imana kubana n’abantu mu bibazo banyuramo

Mutesiwase Sandrine ‘Sando’ ni umwe mu bagize itsinda “Sando na Fofo”, ari mu rugendo rwa Gospel music aho yifuza gukoresha impano ye mu kwamamaza ubutumwa bw’Imana no gufasha abantu kwegera Imana

Iradukunda
Florance ‘Fofo’ ni umukobwa ukiri mu mashuri yisumbuye, wiyemeje gukoresha
impano y’ijwi rye mu muziki wa Gospel binyuze mu itsinda “Sando na Fofo”,
agamije kugeza ubutumwa bw’Imana ku bantu benshi
KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO NSHYA Y’IRI TSINDA RYINJIYE MU MUZIKI
