Intego ni ugutsinda! Abakinnyi b'u Rwanda bahigiye kwegukana Kigali International Peace Marathon

Imikino - 07/06/2024 12:05 PM
Share:

Umwanditsi:

Intego ni ugutsinda! Abakinnyi b'u Rwanda bahigiye kwegukana Kigali International Peace Marathon

Abakinnyi b'ikipe y'igihugu y'u Rwanda mu mukino wo gusiganwa ku maguru, bahigiye kwitwara neza muri Kigali International Peace Marathon rimwe mu marushanwa akomeye muri Afurika.

Kuri iki cyumweru tariki tariki 09 Kamena, nibwo mu Rwanda hazabera irushanwa ryo gusiganwa ku maguru rya Kigali International Peace Marathon. Iri rushanwa ngarukamwaka rigiye kuba ku nshuro ya 19, kuri iyi nshuro abakinnyi bazahagararira u Rwanda biyemeje guha abanyarwanda ibyishimo bishoboka.

Abakinnyi bazahagararira u Rwanda bari bamaze hafi ibyumweru bibiri mu Karere ka Bugesera ariho bakorera umwiherero, ndetse bakaba bashimangira ko imyitozo bakoze izabafasha kwegukana iri rushanwa.

Dushimirimana Gilbert Kapiteni w'ikipe y'igihugu ku ruhande rw'abagabo aganira n'itangazamakuru, yavuze ko biteguye ndetse ashima umwiherero bagize.Ati "Hano turi mu mwiherero mu Karere ka Bugesera, duhagaze neza. Icyo twakwizeza abanyarwanda ni uko uyu mwaka bazabona intsinzi muri Kigali Peace Marathon. Imyiteguro irasa naho igeze ku musozo, gusa twishimira ko uko twayikoze binaduha icyizere cyo gutsinda.

Ku ruhande rwa Imanizabayo Emeline Kapiteni w'ikipe y'igihugu y'abagore nawe avuga ko abanyarwanda bakwiye kwitega intsinzi.Ati " Ntabwo najya kure y'ibyo mugenzi wanjye yavuze, icyo abanyarwanda batwitegaho mbere na mbere ni intsinzi. Twiteguye kuzamura ibendera ry'igihugu tukimana igihugu kuko abo batumye turiteguye."

Karasira Eric utoza ikipe y'igihugu avuga ko abakinnyi biteguye ubu igisigaye ari mu mutwe gusa. Yagize Ati"Imyiteguro iri kugenda neza, ubu aho imyitozo igeze navuga ko ari ukwitegura mu mutwe. Hari abakinnyi bari bamaze iminsi bafite utubazo ariko abaganga bari kubitaho turizera ko bizagera ku wa Gatandatu bameze neza. Abanyarwanda twakwizera ko tuzabashimisha kuko umwaka ushize ntabwo byagenze neza, ariko uyu mwaka turabizeza ko tuzakora neza."

Kigali International Peace Marathon izitabirwa n'abantu baturuka mu bihugu 34 birimo n'u Rwanda, ubwo twandikaga iyi nkuru abantu basaga ibihumbi 8000 bakaba aribo bamaze kwiyandikisha ko aribo bazitabira. 

Abakinnyi basaga ibihumbi 8 nibo bamaze kwiyandikisha kuzitabira iri siganwa, mu gihe habura umunsi umwe hakaba hitezwe abantu basaga ibihumbi 10


Muri iri rushanwa habamo n'igice cyo gusiganwa abantu bishimisha

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...