Intayoberana, Juno Kizigenza na Ambassadors basusurukije abitabiriye Gen-Z Comedy - AMAFOTO +VIDEO

Imyidagaduro - 24/07/2026 7:36 AM
Share:

Umwanditsi:

Intayoberana, Juno Kizigenza na Ambassadors basusurukije abitabiriye Gen-Z Comedy - AMAFOTO +VIDEO

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 23 Nyakanga 2026, Camp Kigali yongeye kwakira igitaramo cya Gen-Z Comedy, gisanzwe gihuriza hamwe abakunzi b’urwenya, umuziki n’imyidagaduro. Icyakora, kuri iyi nshuro ntabwo abantu bari baje guseka gusa, ahubwo banahawe umusogongero w’ibitaramo bikomeye bitegerejwe mu minsi iri imbere.

Abitabiriye iki gitaramo banyuzwe n’ibitaramo byatanzwe n’Itorero Intayoberana, Juno Kizigenza ndetse na Ambassadors of Christ Choir, buri wese akaza afite ubutumwa n’intego yo kwegera abakunzi be mbere y’ibitaramo bikomeye ateganya gukor

By’umwihariko, kuri Intayoberana na Ambassadors of Christ Choir, ni ubwa mbere bari batumiwe mu gitaramo cya Gen-Z Comedy, mu gihe Juno Kizigenza asanzwe ari umwe mu bahanzi bagiye bagaragara muri ibi bitaramo mu bihe bitandukanye.

Gen-Z Comedy itegurwa na Fally Merci ikaba iba kabiri mu kwezi, ikomeje kuba urubuga ruhuza urwenya, umuziki n’ibindi bikorwa by’imyidagaduro, ari na byo bituma ikomeza gukurura abantu benshi b’ingeri zitandukanye.

Intayoberana yahaye abantu umusogongero wa "Gira u Rwanda"

Itorero Intayoberana ryageze kuri Gen-Z Comedy rifite intego yo gutumira Abanyarwanda kuzitabira igitaramo cyaryo "Gira u Rwanda", kizabera muri Kigali Serena Hotel ku wa Gatandatu tariki 25 Nyakanga 2026.

Ni igitaramo cya munani iri torero ritegura, kikaba kizahurirana no kwizihiza imyaka 12 rimaze riteza imbere umuco nyarwanda binyuze mu mbyino n’indirimbo.

Abategura iki gitaramo bavuga ko bahisemo kukita "Gira u Rwanda" kugira ngo bongere kwibutsa Abanyarwanda ko gukunda igihugu bitangirira ku gukunda no gusigasira umuco wacyo.

Mu gihe isi ikomeje guhinduka ku muvuduko mwinshi, Intayoberana ivuga ko kubungabunga umuco bisaba kuwukunda, kuwutoza abakiri bato no kuwugira ishingiro ry’iterambere ry’igihugu.

Bavuga ko abazitabira iki gitaramo batazishimira imbyino gusa, ahubwo bazanagira umwanya wo kongera gusobanukirwa n’agaciro k’umuco nyarwanda n’uruhare rwawo mu kubaka igihugu.

Abifuza kuzitabira iki gitaramo bari kugura amatike ya 10,000 Frw, 20,000 Frw na 25,000 Frw mu myanya y’icyubahiro, mu gihe ameza y’abantu umunani ari kugura 200,000 Frw.

Ku munsi w’igitaramo, ibiciro bizahinduka aho amatike azaba ari 15,000 Frw, 25,000 Frw na 35,000 Frw, naho ameza agurishwe 250,000 Frw.

Juno Kizigenza yakomeje kwamamaza Album ye nshya

Umuhanzi Juno Kizigenza nawe yakoresheje urubuga rwa Gen-Z Comedy mu gukomeza kwegera abakunzi be, abaha amakuru ku rugendo rwa Album nshya ari gutegura gushyira hanze.

Yanaboneyeho gusobanura birambuye indirimbo ye nshya "Ntaribi", aherutse gushyira hanze, agaragaza ubutumwa buyikubiyemo ndetse n’icyo yifuzaga kugeza ku bayumva.

Ambassadors of Christ yatumiye abantu mu gitaramo cy’imyaka 30

Ambassadors of Christ Choir na yo yitabiriye iki gitaramo igamije gutumira abantu kuzitabira igitaramo cy’amateka kizabera muri BK Arena ku wa 30 Kanama 2026, mu rwego rwo kwizihiza imyaka 30 imaze ikora umurimo w’ivugabutumwa binyuze mu muziki.

Iyi korali ibarizwa mu Itorero ry’Abadiventiste b’Umunsi wa Karindwi rya Remera, ivuga ko imyiteguro y’iki gitaramo igeze kure.

Ibirori bizasozwa n’igitaramo cyiswe "30 Years of Ambassadors of Christ", gifite insanganyamatsiko igira iti "God Painted Our Story", mu Kinyarwanda bisobanura ngo "Imana Ni Yo Yanditse Amateka Yacu."

Ni igitaramo gitegerejwe n’abakunzi ba Gospel benshi kuko kizahuza abaririmbye muri iyi korali mu bihe bitandukanye, abayikunda n’abakunzi b’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana.

Amatike yamaze kujya hanze aho Upper Zone iri kugura 5,000 Frw mbere y’igitaramo na 10,000 Frw ku munsi wacyo. Lower Zone iri kugura 10,000 Frw mbere y’igitaramo na 15,000 Frw ku munsi wacyo.

Hari kandi Ground Floor ya 20,000 Frw, Premium ya 25,000 Frw, CIP ya 30,000 Frw ndetse na Platinum Zone ya 50,000 Frw.

Gen-Z Comedy yakomeje kuba ihuriro ry’imyidagaduro

Igitaramo cya Gen-Z Comedy cyongeye kugaragaza ko kitakiri urubuga rw’urwenya gusa, ahubwo cyabaye ahahurira ibikorwa bitandukanye by’imyidagaduro.

Ku ruhande rumwe, abakunzi b’urwenya babonye ibyo bishimira, mu gihe ku rundi ruhande abakunzi b’umuziki n’umuco bahawe uburyo bwo kumenya ibitaramo bikomeye bibategereje muri iyi minsi.

Mu buryo bumwe cyangwa ubundi, Intayoberana, Juno Kizigenza na Ambassadors of Christ Choir bakoresheje uru rubuga nk’ikiraro kibahuza n’abakunzi babo, babaha umusogongero w’ibitaramo bitegerejwe, banabasaba kuzabashyigikira mu rugendo rwabo rw’umuziki, umuco n’ivugabutumwa.

Amafoto ya Juno Kizigenza mu gitaramo cya Comedy Comedy aho yatangarije ibijyanye na Album ye

Amafoto y'Itorero Intayoberana bitegura igitaramo "Gira u Rwanda" kizaba ku wa Gatandatu tariki 25 Nyakanga 2026


Amafoto ya Ambassadors of Christ mu gitaramo cya Gen-z Comedy cyabereye muri Camp Kigali mu ijoro ryo ku wa 23 Nyakanga 2026






VIDEO: Paul/ InyaRwanda


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...