Intambara hagati y’Amerika na Iran irashoboka cyane

Hanze - 03/04/2025 4:29 PM
Share:

Umwanditsi:

Intambara hagati y’Amerika na Iran irashoboka cyane

Minisitiri w’Ububanyi n'Amahanga w’u Bufaransa, Jean-Noel Barrot, yavuze ko intambara hagati y’Amerika na Iran ‘ishoboka cyane’ keretse ibihugu byombi bigerageje kugirana amasezerano kuri gahunda ya nucleaire.

Aya magambo yagiye hanze nyuma y'uko Donald Trump ashyize hamwe ingufu za gisirikare mu gace k’ibiyaga bya Perse, aho harimo n’indege za gisirikare zifite ubushobozi bwo gutera ibisasu bikomeye.

Trump yashyize imbere igitekerezo cyo kuganira na Iran ku birebana na gahunda yayo ya nucleaire, ariko avuga ko nibatabyemera, igihugu cye kizakoresha ingufu za gisirikare. Yavuze ko Iran igomba kugirana amasezerano, cyangwa igahura n’ingaruka zikomeye zishobora kubaho mu gihe hataboneka ubwumvikane.

Minisitiri Barrot yavuze ko intambara hagati ya Amerika na Iran izagira ingaruka mbi ku mutekano w'akarere kose, ndetse no ku isi yose. Yongeyeho ko ibihugu by’Uburayi bikomeje gushishikazwa no kugerageza kugera ku masezerano azagabanya ibikorwa bya Iran byo gutunganya uranimum.

Mu gihe ibi byose biba, Amerika ndetse na Isirayeli barategura igitero gikomeye ku gihugu cya Iran mu rwego rwo kwihorera kubera ibitero byo muri Yemen byatewe n’imitwe y’abahouthis ifashwa na Iran, byateje umutekano muke mu Burasirazuba bwo Hagati.

Trump, mu rwego rwo kugabanya ibyago by'intambara, yavuze ko atifuza gukoresha ingufu, ariko avuga ko "hazabaho ibitero bikomeye" niba Iran ittabashije kumvikana. 

Muri ibi bihe, Amerika irimo kugemura indege za gisirikare za B-2 stealth bombers hamwe n’ingabo zayo kugira ngo zitegure igitero gikomeye, ibi bikaba byerekana ubushake bwo kugenzura no kuburizamo ibikorwa bya Iran.

Iran nayo yasubije igitutu cya Amerika, ivuga ko izakora ibitero bikomeye ku ngabo za Amerika n’izindi ntwaro zayo, mu gihe uburenganzira bw’umutekano bwayo bwaba buhungabanyijwe.

Amerika irimo kongera ingufu za gisirikare mu karere, izana ibikoresho birimo indege za B-2 ku birindiro bya Diego Garcia, ndetse n'ubundi bushobozi bwo kugaba ibitero bikomeye mu gihugu cya Iran. 

Ibi byose bigamije kugaragaza ko hari igihe Amerika ishobora gufata ibyemezo bikomeye mu gihe ikomeje kubona ko Iran irenga ku masezerano ya nucleaire cyangwa igashyira mu bikorwa ibikorwa by’intambara.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...