Inkuru y’urukundo rwabo yanditswe mu gitabo! Judence na Andreas bakoze ubukwe –AMAFOTO

Imyidagaduro - 23/02/2026 2:01 PM
Share:

Umwanditsi:

Inkuru y’urukundo rwabo yanditswe mu gitabo! Judence na Andreas bakoze ubukwe –AMAFOTO

Umwanditsi w’umunyarwandakazi, Judence Kayitesi wanditse ibitabo byamenyekanye nka “A Broken Life”, “The Unity Quest”, yakoze ubukwe n’umukunzi we Andreas mu birori binogeye ijisho. Inkuru y’urukundo rwabo bombi inagaragara mu gitabo ‘‘Letters of Forever’.

Si ubukwe busanzwe. Ni ubukwe bwuzuye amarangamutima, buvuga inkuru y’urukundo rwanditswe mu mabaruwa, rukaza no guhinduka igitabo cyiswe Letters to Forever, cyasohotse mu Ukwakira 2025.

Iki gitabo gikubiyemo inkuru y’ukuri y’urugendo rwabo, aho amagambo y’urukundo yabaye imbarutso y’umubano w’iteka.

Ibirori by’ubukwe bwabo byabereye mu Busitani bwa Golden Garden ku i Rebero mu Mujyi wa Kigali, ku wa Kane tariki 19 Gashyantare 2026.

“Ndi uwawe, ubu n’iteka ryose”

Mu muhango wo gusezerana imbere y’Imana, Andreas yavuze amagambo akomeye yakoze ku mitima y’abari bitabiriye ibirori.

Yabwiye Judence ati: “Judence nkunda, Kayitesi wanjye. Iyo ndi kumwe nawe numva ndi mu rugo. Numva nishimye kandi nkwishimira cyane. Kuva twahura nahindutse undi muntu. Numva turiho kubera undi, nk’uko indangagaciro z’Ubumuntu zibivuga. Wanyakiriye uko ndi, unshyigikira igihe cyose bikenewe, kandi hari n’igihe umpa imbaraga z’inyongera iyo bibaye ngombwa.”

Akomeza agira ati: “Urakoze kuba warazanye uburyohe mu buzima bwanjye bwari bumaze imyaka myinshi bubura icyo cyuzuzo. Twahuriye mu Budage hashize imyaka igera kuri itandatu. Wanyeretse u Rwanda wavukiyemo ukanakuriramo n’ishema. Wamenyesheje umuryango wawe, wampaye umugisha ako kanya. Wanyeretse inshuti zawe ziri hirya no hino ku Isi, bituma mbona ko u Rwanda rushobora kuba ahantu hose. Wanyeretse uwo uri we nyakuri, umutima wawe mugari n’urukundo ukunda abantu.”

Asoza agira ati: “Izi ni zimwe mu mpamvu zatumye nkwikundira nta yandi mananiza. Ndagusezeranya ko ibi bizahoraho. Ndagusezeranya ko nzagushyigikira muri buri gitekerezo cyawe. Nishimiye ko twizihije uyu munsi turi kumwe n’imiryango n’inshuti zacu zo hirya no hino ku Isi, tugaragariza bose ko twiyemeje kubaka ejo hazaza hamwe. Judence, Kayi, nzahora ndi uwawe.”

“Nguhisemo uyu munsi n’iteka”

Judence nawe yahaye Andreas isezerano rye mu magambo yuzuye ituze n’ubupfura. Yagize ati “Andreas rukundo rwanjye, uyu munsi mpagaze iruhande rwawe umutima wanjye wuzuye amahoro. Wansanze mu bugwaneza, atari mu kumwenyura kwanjye gusa, ahubwo no mu gihe cy’agahinda, mu mateka yanjye no mu bikomere byanjye. Nta na rimwe wansabye kwibagirwa aho nkomoka. Ahubwo wahisemo kugendana nanjye uko ndi.”

Ati “Ndi kumwe nawe, nize ko urukundo rushobora kuba rwuje ituze kandi rukaba rukomeye icyarimwe. Ndi kumwe nawe numva mfite umutekano. Numva ndi mu rugo. Ndagusezeranya ko nzahora nguhitamo buri munsi, mu byishimo, mu bihe by’ituze no mu bihe bikomeye. Ndagusezeranya kugendana nawe, kukumva nitonze no kugukunda mu bwubahane n’ubugwaneza. Nzashyigikira inzozi zawe. Nzagufata ukuboko. Nzaba urugo rwawe.”

Asoza agira ati “Nguhaye umutima wanjye. Ndaguhitamo. Ndaguhitamo twe bombi. Uyu munsi n’iteka ryose. Iri ni isezerano ryanjye.”

Urukundo rwanditswe mu gitabo

Mu gitabo Letters to Forever, Judence agaragaza ko rimwe na rimwe ijambo rimwe ry’urukundo rishobora gukiza ibyo imyaka myinshi itabashije gukiza. Ni inkuru yanditswe mu mabaruwa n’ubutumwa byabaye intangiriro y’urugendo rwabo.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Judence yavuze ko iki gitabo ari kimwe mu byo yanditse byamukoze ku mutima kurusha ibindi.

Yagize ati “Nanditse Letters to Forever nshaka kugaragaza ko urukundo ari urugendo rutwigisha gukira, kwiyunga no kubaka ejo hazaza. Ni igisubizo cy’ukuri ku buzima bwanjye, ariko kandi ni impano ku basomyi bose bashaka kwibuka ko gukunda no gukundwa ari intangiriro y’ibyiringiro bishya.”

Yakomeje asobanura ko abenshi bamumenyereye mu bitabo bivuga ku gukira no kwiyubaka birimo A Broken Life, Choosing Resilience na Unity Quest, ariko ubu yafunguye indi paji y’umutima.

Ati “Iki si igitabo cyo kurokoka, ni igitabo cy’urukundo. Ni urukundo nyakuri rwanditswe mu mabaruwa, rugaragaza uko umutima ushobora kongera gukunda no kongera kwizera. Ndifuza ko abasoma iki gitabo bibuka ko kwihangana atari uguhagarara mu bibazo gusa, ahubwo rimwe na rimwe ari no kwiyemeza gukunda.”

Igitabo cyamaze kujya ku masoko yo kuri Internet binyuze ku rubuga rwa Inzozi Publishers no ku mbuga nkoranyambaga ze.

Ubukwe bwa Judence na Andreas si ihuriro ry’abantu babiri gusa, ahubwo ni ihuriro ry’imico, ibihugu n’imitima yahuye ikiyemeza kubaka ubuzima hamwe.

Ni inkuru y’urukundo itangirira mu mabaruwa, igakomereza ku isezerano, igasorezwa ku nzozi zo kubana iteka.