Inkuru y’umugabo watumijeho indaya akazanirwa mwishywa we yahindutse igice cya filime ya Rugaba na Madederi

Cinema - 04/06/2026 7:52 AM
Share:

Umwanditsi:

Inkuru y’umugabo watumijeho indaya akazanirwa mwishywa we yahindutse igice cya filime ya Rugaba na Madederi

Hari inkuru zimwe umuntu yumva akabanza gukeka ko ari imigani cyangwa ikinamico yanditswe n’abahanga mu guhanga udushya. Ariko hari n’izibaho mu buzima busanzwe ku buryo zigusiga wibaza aho isi igeze. Ni imwe muri izo nkuru yahaye imbaraga umukinnyi wa filime akaba n’umuhanzi Rugaba Emmanuel, maze ayibyaza igice cya filime cyakuruye impaka n’ibitekerezo byinshi ku mbuga nkoranyambaga.

Mu minsi ishize, igice cya filime Inkomoko cyiswe “Mbega imico mibi ya Rugaba”, cyahuriyemo Rugaba na Madederi, cyabaye kimwe mu byavugishije benshi.

Bamwe bagitangiye baseka, abandi bagasigara bibaza niba ibyakinywemo bishoboka mu buzima busanzwe. Icyakora, nyiri ugukina iyo filime yemeza ko ibyabaye muri iyo nkuru bifite inkomoko mu buzima nyabwo.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Rugaba yavuze ko igitekerezo cy’iyo filime yagikuye ku mugabo wamubwiye inkuru y’ibyamubayeho ubwo yari yagiye muri hoteli ashaka kwishimisha n’umukobwa wo kwicuruza. Uwo mugabo ngo yasabye ko bamuzanira umukobwa mwiza, ariko ibintu bihinduka mu buryo atigeze atekereza.

Yavuze ati: “Ni inkuru numvise y'umuntu wagiye kugura indaya, ariko kuryama ahantu atumizaho indaya. Ntabwo haje umugore we ariko haje umwishywa we. Ni umuntu wambwiye iyo nkuru, yasabye ko bamuzanira umukobwa mwiza, agiye kubona abona haje umwana wa Mushiki we. Yarabimbwiye ndatungurwa."

Ni inkuru avuga ko yamutunguye cyane, cyane ko yayibwiwe n’uwabigizemo uruhare ubwe. Uwo mugabo ngo yamusabye kuzayikina muri filime kugira ngo ibe isomo ku bandi.

Asobanura ati: "Uwabimbwiye ni we byabayeho. Arambwira ati iyi nkuru uzambabarire uyikine. Ndamubaza nti ese byakubayeho? Ati yego, naramubonye nkubitwa n'inkuba (abona umwana wa Mushiki we) ndavuga nti kambayeho."

Nubwo iyo nkuru ari yo yabaye ishingiro ry’igice cya filime, Rugaba yavuze ko atayikinnye uko yakabaye. Mu rwego rwo kuyihuza n’inkuru ya filime no kuyongeramo ubutumwa, yahinduye bamwe mu bakinnyi n’aho ibintu bibera.

Muri filime, Rugaba agaragara nk’umugabo watumije umukobwa wo kwishimisha, ariko aho kugira ngo azanirwe uwo yari yiteze, asanga bazanye umugore we, wakinwe na Madederi. Icyo gice cyasize benshi batunguwe, ariko cyari kigamije gutanga ubutumwa bwimbitse kurushaho.

Rugaba avuga ko yashakaga kugaragaza ingaruka z’imyitwarire bamwe bafata nk’aho nta cyo itwaye, nyamara ishobora kubagarukira mu buryo butunguranye.

Ati "Nandika iriya nkuru nashakaga kugaragaza ukuntu umuntu ashobora kujya mu ngeso mbi atari uko ari ikirara [...] Uriya mugore aza kwicuruza, agasanga ni njye watumijeho."

Uyu mukinnyi wa filime asanga inkuru nk’izi zerekana neza isura y’ibibazo biri muri sosiyete, cyane cyane ibijyanye n’ubusambanyi n’ubuzima bwo kwicuruza bukomeje gufata indi ntera mu bice bitandukanye by’isi.

Nubwo bamwe bashobora kubona iyo nkuru nk’urwenya cyangwa inkuru ikwiye gukinwa muri filime gusa, Rugaba avuga ko we itamutunguye kuko ari ibintu yumvaga bisanzwe bibaho. Ati “Biriya mba mbizi ko bibaho. Ntabwo byantunguye rero,”

Mu gihe igice cya Inkomoko gikomeje kuvugisha benshi, kiranibutsa ko rimwe na rimwe filime nziza zitangira ku nkuru z’abantu basanzwe.

Inkuru umuntu yabwira inshuti ye ari mu kabari, cyangwa ayiganira n’umuhanzi, ishobora kuvamo igice cya filime gikora ku mitima ya benshi, kigasekesa ariko nanone kigasigira abantu isomo rikomeye ku buzima babamo buri munsi.


Rugaba yatangaje ko ibyo yaganiriye n’inshuti ye ari byo byavuyemo igice gishya cya filime ‘Inkomoko’

 

Madederi yakinnye ari umugore we Rugaba amusanga mu kabari nk’umukobwa watumijweho

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA RUGABA

KANDA HANO UREBE IGICE GISHYA CYA FILIME ‘INKOMOKO’


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...