Inkuru y’u Rwanda yo kwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi iri kugera mu bihugu by’Abarabu binyuze muri sinema

Amakuru ku Rwanda - 08/06/2026 8:08 PM
Share:

Umwanditsi:

Inkuru y’u Rwanda yo kwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi iri kugera mu bihugu by’Abarabu binyuze muri sinema

Mu gihe u Rwanda rukomeje ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, inkuru y'urugendo rw'igihugu rwo kwibuka, kwiyunga no kongera kwiyubaka iri kugera ku bindi bice by'isi binyuze muri sinema.

Umuhanga mu gukora filime mbarankuru, Zion Sulaiman Mukasa Matovu, yahagarariye u Rwanda mu Iserukiramuco Mpuzamahanga rya Filime rya Dakhla riri kubera muri Maroc, aho yitabiriye abicyesha ikorwa rya filime ye mbarankuru yise "Beyond the Genocide", igaruka ku rugendo rw'u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Iyi filime yibanda ku mateka y'igihugu cyanyuze mu bihe bikomeye, ariko kikabasha kongera kubaka ubumwe bw'Abanyarwanda, kwimakaza ubwiyunge no gushyira imbere iterambere rishingiye ku mahoro n'ubumwe.

Mu gikorwa cyabaye ikimenyetso gikomeye muri iri serukiramuco, inkuru ivuga kuri iyi filime ndetse n'umuyobozi wayo yashyizwe mu kinyamakuru cy'iri serukiramuco, itangazwa mu ndimi eshatu zirimo Icyarabu, Igifaransa n'Icyongereza. Ibi byatumye ubutumwa bukubiye muri iyi filime bugera ku bantu bo mu mico n'indimi zitandukanye.

Icyo gitangazamakuru gisobanurira abasomyi uburyo u Rwanda rwahisemo inzira yo kwibuka, kubabarira, kwiyunga no guha urubyiruko inshingano zo kubungabunga amateka no kurwanya urwango kugira ngo Jenoside itazongera kubaho ukundi.

Matovu yabwiye InyaRwanda, ko kuri we iki atari igikorwa gisanzwe cyo kwitabira iserukiramuco rya filime, ahubwo ari amahirwe yo kugeza inkuru y'u Rwanda ku bantu benshi batari basanzwe bazi amateka yarwo.

Yagize ati: "Kuri njye, ibi birenze kuba filime yanjye yaratoranyijwe ngo yerekanwe. Ni amahirwe yo gutuma inkuru y'u Rwanda irenga imipaka ikagera mu biganiro by'abantu bashobora kuba batarigeze bamenya amateka yacu.

Kubona inkuru y'u Rwanda itangazwa mu Cyarabu, Igifaransa n'Icyongereza mu iserukiramuco mpuzamahanga ni ikimenyetso gikomeye cyerekana ko kwibuka n'ubumuntu bishobora guhuza abantu bo mu mico itandukanye."

Iri serukiramuco ryahuriyemo abakora filime, abanyamakuru, abahanzi n'abayobozi mu rwego rw'umuco baturutse muri Afurika, u Burayi ndetse no mu bihugu by'Abarabu.

Ryabaye urubuga rwo gusangizanya inkuru zitandukanye binyuze muri sinema no kuganira ku ngingo zifite aho zihuriye n'amateka, umuco n'iterambere ry'ibihugu.

Kwitabira iri serukiramuco kwa Zion Sulaiman Mukasa Matovu ni ikimenyetso cy'uko sinema nyarwanda ikomeje kwagura imbibi no kumenyekana ku rwego mpuzamahanga.

Ni na bumwe mu buryo inkuru y'u Rwanda ikomeza gusangizwa amahanga, igaragaza imbaraga z'igihugu mu kwiyubaka, ubumwe n'icyerekezo cyo kubaka ejo hazaza harangwa n'amahoro n'ubudaheranwa.

Zion Sulaiman Mukasa wakoze filime “Beyond the Genocide” [Uri ibumoso] yatangaje ko yanyuzwe no guserukana filime ye mu iserukiramuco

 

Zion avuga ko kuba filime ye “Beyond the Genocide” yarashyizwe mu rurimi rw’iCyarabu, Igifaransa n'Icyongereza biri mu murongo wo kugeza kure ubutumwa bwayo


Muri Kanama 2025, Filime "Beyond the Genocide" igaruka kuri Jenoside yakorewe Abatutsi yakozwe na Zion Sulaimanyegukanye igihembo cya filime nziza mu iserukiramuco rya ‘The Impact DOCS’

“Sinema si ukwidagadura gusa, ni n’ururimi rutwara inkuru z’imibereho y’abantu n’amateka yabo ku isi yose.” – Zion Sulaiman Mukasa Matovu

KANDA HANO UREBE 'TRAILER' YA FILIME 'BEYOND THE GENOCIDE'


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...