Inkomoko y’uyu munsi ishingiye ku myigaragambyo ikomeye yabereye mu mujyi wa
Chicago muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu mwaka wa 1886, aho abakozi
basabaga ko amasaha y’akazi agabanywa akava ku masaha menshi akagera ku munani
ku munsi. Icyo gihe, abakozi benshi bakoreshwaga amasaha 12 kugeza kuri 16 ku
munsi, ibintu byafatwaga nk’akarengane gakomeye.
Mu myigaragambyo yiswe “Haymarket Affair”, ibintu byaje gufata indi ntera
ubwo habagaho imvururu n’ikorwa ry’urugomo ryahitanye bamwe mu bakozi ndetse
n’abapolisi. Aya mateka yabaye ikimenyetso gikomeye cy’urugamba rw’abakozi ku
Isi yose, bituma tariki ya 1 Gicurasi yemerwa nk’umunsi mpuzamahanga wo
kuzirikana no guharanira uburenganzira bw’abakozi.
Mu 1889, inama mpuzamahanga y’abakozi yabereye i Paris mu Bufaransa yemeje
ko buri mwaka uyu munsi uzajya wizihizwa ku rwego rw’Isi yose. Kuva icyo gihe,
ibihugu byinshi byatangiye kuwizihiza nk’umunsi wihariye uha agaciro umurimo
n’abawukora.
Mu Rwanda, Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) yifurije abakozi bose Umunsi Mwiza w’Umurimo, ibashimira uruhare bagira mu guteza imbere igihugu no kubaka ubukungu bushingiye ku kazi gakorwa neza.
Ubutumwa bwayo bwagarutse
ku gushimira umurava, ubwitange n’uruhare rw’abakozi mu rugendo rw’iterambere
ry’u Rwanda, inashimangira ko umurimo unoze ari imwe mu nkingi zubaka igihugu
gikomeye.
MIFOTRA kandi yibukije ko Umunsi w’Umurimo atari umunsi wo kuruhuka gusa,
ahubwo ari n’umwanya wo kuzirikana agaciro k’umukozi, uburenganzira bwe, ndetse
no gukomeza guteza imbere imikorere inoze irangwa n’ubunyamwuga.
Nubwo uyu munsi usa n’uw’ibirori kuri benshi, usobanura byinshi birimo
amateka y’amaraso, ubwitange n’urugamba rwatumye umukozi agira uburenganzira busesuye
kurushaho. Ni umunsi wibutsa ko iterambere ryose rifite ishingiro ku murimo
unoze, ku bwubahane no ku gaciro gahabwa abakozi bose.
