Inkomoko y’amafaranga y’icyuzi Nyiramajyambere Esperance yishyuzaga

Amakuru ku Rwanda - 02/10/2025 2:53 PM
Share:

Umwanditsi:

Inkomoko y’amafaranga y’icyuzi Nyiramajyambere Esperance yishyuzaga

Nyuma y’uko Nyiramajyambere Esperance avuzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga ku bwo gusaba ko ahabwa amafaranga ye y’icyuzi, umukobwa we Mutuyimana Consolee yavuze ubuzima bw’umubyeyi we anahishura ko yitabye Imana mu mwaka wa 2023, akaba hari nyuma y’uko abonye amafaranga ye y’icyuzi.

Mutuyimana Consolee avuga ko umubyeyi we (Nyiramajyambere Esperance) yitabye Imana afite imyaka 43 yitaba Imana tariki ya 13 Werurwe 2023 umunsi umwe n’umubyeyi we (Papa we) aho bombi bashyinguwe tariki ya 14 Werurwe 2023.

Mutuyimana avuga ko amafaranga y’icyuzi bayahawe mu kwezi kwa Gicurasi nyuma y’igihe bayishyuza hanyuma Nyiramajyambere yitaba Imana mu mwaka ukurikiyeho mu kwezi kwa Werurwe.

Mutuyimana avuga ko bari bibumbiye muri Koperative bita “Turengere Ibidukikije” babumba amashyiga ya ‘Canarumwe’ na ‘Hisha vuba’ bakaba bari baribumbiye muri iyi koperative kugira ngo biteze imbere.

Ubwo iyi koperative yatekerezaga ubundi buryo bwo kwiteza imbere, batekereje ku butaka bari barahawe na Leta kuba babubyaza umusaruro ariko hagati y’ubwo butaka harimo icyuzi.

Mu gushaka uko babyaza umusaruro icyo cyuzi, batekereje uburyo bwo kugura umurama w’amafi ngo batangire korora amafi bihaze mu biribwa ndetse babone n’indyo yuzuye irimo n’inyama z’amafi.

Nyuma y’uko bari bakataje mu mushinga wabo wo korora amafi, haje kunyura umuhanda hanyuma cya cyuzi baragisenya nuko bababwira ko bazishyurwa amafaranga y’ingurane.

Nyuma y’uko bemerewe kuzahabwa ay’ingurane, hatanzwe icyiciro cya mbere ariko abari muri koperative ‘Turengere ibidukikije’ ntibayabona, icya kabiri biba uko, icya gatatu biba uko nuko Nyiramajyambere abona ko bashaka kwamburwa.

Ubwo yabonaga itangazamakuru ryari ryaje mu birori byo gutaha inzu zari zubakiwe abatishoboye, ni bwo yatangiye kuvugana naryo asaba ko bishyurwa amafaranga yabo y’icyuzi kuko bayakobokeye.

Nyuma y’igihe, amafaranga y’icyuzi baje kuyahabwa mu cyiciro cya kane bahabwa amafaranga yabo yose uko ari Miliyoni eshanu n’igice ndetse Mutuyimana akemeza ko uyu mubyeyi yitabye Imana amafaranga ye yarayabonye ndetse yarayariye.

Nyiramajyambere Esperance yitabye Imana azize kanseri y’umwijima ayirwara amezi atatu akaba ari nayo yazize. Nyiramajyambere yareraga abana 5 n’abuzukuru 4 bose hamwe bakaba 9 bose akabatunga wenyine.


Mutuyimana Consolee umukobwa w'imfura wa Nyiramajyambere Esperance avuga ko umubyeyi we yitabye Imana nyuma yo guhabwa amafaranga y'icyuzi


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...