Inkoko iri iwabo ishonda umukara- Kigali Boss Babes isubiza ababahanganishije na Zari-AMAFOTO

Imyidagaduro - 29/12/2023 7:39 AM
Share:

Umwanditsi:

Inkoko iri iwabo ishonda umukara- Kigali Boss Babes isubiza ababahanganishije na Zari-AMAFOTO

Abagize Kigali Boss Babes batangaje ko bateguye ibirori by’abo badategendeye ku kuba umunyamideli Zari The Boss Lady nawe yari yamaze gutangaza ko azakorera i Kigali ibirori bizafasha abakunzi be kurangiza neza umwaka wa 2023 no kwinjira mu 2024.

Babigarutseho mu kiganiro bagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Kane tariki 28 Ukuboza 2023, cyabereye kuri B-Hotel i Nyarutarama mu Mujyi wa Kigali.

Umuherwekazi w’umunya- Uganda, ariko ubarizwa muri Afurika y’Epfo, Zari yari aherutse gutangaza ko tariki 29 Ukuboza 2023 azataramira muri Kigali.

Iyi tariki yayihuje n’abo muri Kigali Boss Babes, kuko nabo  ku wa Kabiri tariki 20 Ukuboza 2023, ari bwo batangaje ko habura iminsi 9 icyenda kugira ngo bahuze abakunzi babo mu birori.

Ni ubwa mbere, Kigali Boss Babes bagiye gukora ibirori byabo bwite, ndetse bagaragaza ko bigamije gufasha abakunzi babo kuzishimira iminsi Mikuru isoza umwaka wa 2023.

Na Zari agaragaza ko ashaka kurangiza umwaka ari mu Rwanda, mu birori bigamije kwifatanya n’abakunzi be b’i Kigali.

Umuyobozi wa The Wave Lounge, Owere Godfrey aherutse kubwira InyaRwanda ko batumiye Zari nk’umwe mu banyamideli bazwi bifuza ko azabafasha kurangiza neza umwaka wa 2023.

Yavuze ati “Zari azaba ahari, twaramutumiye ari nayo mpamvu ubona twamaze kubitangaza."

Mu kiganiro n’itangazamakuru, Amb.Alliah Cool yavuze ko intego z’ibi bitaramo zitandukanye, bityo ko nta muntu wari ukwiye kubahanganisha na Zari, cyangwa se kumva ko bateguye ibi birori bagendeye ku kuba Zari nawe agiye gukorera i Kigali ibirori nk’ibi.

Yavuze ati "Kubyerekeranye no gutegura igitaramo tariki 29 ku munsi Zari nawe yateguyeho ibirori, ntekereza nk'uko ahabera ibitaramo ari henshi mu gihugu ni nako n'abantu bategura ibitaramo bagomba kuba benshi."

Alliah Cool yavuze ko nk’uko ahabera ibitaramo ari henshi, n’umubare w’abategura ibitaramo ukwiye kwiyongere.

Akomeza ati "Ntabwo nibaza ko kuba umuntu yateguye 'events' (ibirori) bishobora gutera ubwoba abanyagihugu bose kugirango badakora 'events'. Nk'umunyarwandakazi mfite uburenganzira bwo gukora 'events' igihe cyose ashakiye nk'abanyarwandakazi dufite uburenganzira bwo gukora 'events' igihe dushakiye, twatekereje umunsi utatubangamiye tuzakora 'events'.

Yisunze umugani wa Kinyarwanda, Alliah Cool yavuze ko hari itandukaniro hagati y’ibirori bateguye n’ibyo Zari azakora.

Ati “Niba hari abantu baduhanganisha, sinzi impamvu baduhanganisha nawe niba babona tumeze kimwe ntabwo mbizi... uko byagenda kose ntabwo wahangana n'umuntu uvuye hanze wowe uri iwawe, muba mugomba guhangana, inkoko iri iwabo igomba gushonda umukara."

Ni ubwa mbere, Kigali Boss Babes bateguye igitaramo cyangwa se ibirori byabo. Ni nyuma y’amezi atandatu ashize bahuje imbaraga mu rugendo rugamije kumenyekanisha ibikorwa byabo, birimo na filime mbarankuru izagaruka ku rugendo rw’ubuzima bwabo.

Kigali Boss Babes yagarutsweho cyane mu itangazamakuru, buri wese yibaza ku mikorere yabo, ariko bagaragaye cyane mu bitaramo n’ibirori batumiwe.

Iri tsinda rivuga ko iki gitaramo cyabo bise ‘The KBB All Black Party’ kizabera mu busitani bwa Century Park i Nyarutarama mu Mujyi wa Kigali. Ni hamwe mu hantu hazwi hakunze gusohokera ibyamamare mu mpera z’icyumweru.

Kwinjira ni ukwishyura mu myanya isanzwe (Earl Birds) ni 30,000 Frw ni mu gihe uzagura itike ku munsi w’ibi birori ari ukwishyura 50,000 Frw.

Bavuze ko ku meza ya ‘Premium’ ari ukwishyura Miliyoni 5 Frw, ku meza azwi nka ‘Diamond’ ni ukwishyura Miliyoni 3 Frw, ku meza ya ‘Gold’ ni ukwishyura Miliyoni 2 Frw n’aho ku meza ya ‘Sliver’ ni ukwishyura Miliyoni 1 Frw.

Uraranganyije amaso ku mafoto anyuranye yagiye asohoka ya buri umwe ugize itsinda rya Kigali Boss Babes ubona ko ari abagore/abakobwa b’ikimero. Kandi bagaragara mu buzima bw’abanyamafaranga koko!

Mu kiganiro na Kiss Fm, Queen La Douce yigeze kuvuga ko basanzwe ari inshuti z’igihe kirekire, ku buryo ubwo mu minsi ishize basohokeraga hamwe mu hantu muri Kigali, bifata amashusho na telefoni zabo baganira, basangira ari bwo bagize igitekerezo cyo gushinga iri huriro.

Yavuze ko bakimara kwiyemeza gushinga ihuriro bahise bafungura konti ya Instagram. Camilla Yvette uri kubarizwa mu muhanga niwe wazanye izina rya ‘Kigali Boss Babe’ baryemeranyaho bose, hanyuma babona kubitangaza.

Uyu mugore yunganirwa na Isimbi Alliance uvuga ko ‘turi inshuti z’igihe kirekire’. Isimbi yavuze ko ‘Dukorana Business twiyemeza kugira icyo twakorana cyadufasha natwe kikatugurira akamaro’.

Kigali Boss Babes yashinzwe muri Mata 2023 isanzwe ibarizwamo: Gashema Sylvie, Queen Douce, Christella, Camille Yvette, Ishimwe Alice [Alice La Boss] na Alliah Cool. 

Alliah Cool yatangaje ko badatewe ubwoba no kuba igitaramo cyabo kizaba ku munsi umwe n'uw'igitaramo cya Zari 

Christelle aganira na Alliah Cool bahuriye muri Kigali Boss Babes


La Douce yavuze ko bateguye ibi birori kubera ko bashaka kumurika filime mbarankuru ku buzima bw'abo 


Kwinjira mu birori bya Zari itike ya menshi ni ukwishyura Miliyoni 1.5 Frw


Kwinjira mu birori bya Kigali Boss Babes itike ya menshi ni Miliyoni 5 Frw
 

Kanda hano urebe amafoto yaranze ikiganiro Kigali Boss Babes yagiranye n’itangazamakuru

AMAFOTO: Ngabo Serge-InyaRwanda.com


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...