Ingingo yemerera ab’imyaka 15 kuboneza urubyaro yo ntivugwaho rumwe: Ishiramatsiko kuri serivisi nshya z’ubuvuzi

Ubuzima - 06/08/2025 7:35 AM
Share:

Umwanditsi:

Ingingo yemerera ab’imyaka 15 kuboneza urubyaro yo ntivugwaho rumwe: Ishiramatsiko kuri serivisi nshya z’ubuvuzi

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, ku wa Mbere tariki ya 4 Kanama 2025, yemeje itegeko rishya ryita ku buzima rusange rigamije kunoza serivisi zitangwa, koroshya uburyo bwo kuzikorerwaho igenzura no kongerera abaturage uburenganzira bwo kubona serivisi z’ubuvuzi zinoze.

Iri tegeko rihurije hamwe ingingo zari zisanzwe zibarizwa mu mategeko atandukanye harimo iryo mu mwaka wa 2013 rijyanye n’ubwishingizi ku makosa y’abaganga n’irindi ryo mu 2016 ryarebaga ubuzima bw’imyororokere, rishyirwamo n’amahame mashya ajyanye n’igihe, harimo ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu buvuzi n’uburyo bushya bwo kuvura abantu batabyara.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yasobanuye ko iri tegeko ryitezweho gukuraho inzitizi abanyarwanda bahuraga na zo mu kubona serivisi z’ubuvuzi, by’umwihariko urubyiruko, abashakanye batabyara, abarwayi bakeneye serivisi zihuse n’abakenera gukurikiranwa hifashishijwe ikoranabuhanga.

Serivisi 10 nshya zikubiye mu itegeko:

1.     Serivisi z’ubuzima bw’imyororokere ku rubyiruko
Urubyiruko rufite kuva ku myaka 15 kuzamura rwemerewe kujya kwa muganga gusaba serivisi zijyanye n’ubuzima bw’imyororokere nko kubona amakuru nyayo, ibikoresho birinda inda zitateganyijwe n’inama, bitabaye ngombwa ko babanza gusaba uruhushya rw’ababyeyi. Ibi byitezweho kugabanya umubare w’inda ziterwa abangavu, zasagaga 22,000 mu 2023 na 2024.

Nubwo bimeze bitya ariko, abadepite bagaragaje impungenge ku ngingo yo kwemerera abana bafite imyaka 15 kwifatira ibyemezo kuri serivisi z’ubuvuzi harimo no kuboneza urubyaro, bavuga ko byakongera umubare w’abandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

2.     Ubuvuzi bufasha abafite ikibazo cy’uburumbuke
Itegeko ryemeje ubuvuzi bwo gufasha abashakanye batabyara, nk’uburyo bwa In-Vitro Fertilization (IVF). Ubu buvuzi buzajya bukorwa gusa mu bigo byemewe, bukurikiranwe n’inzego z’ubuzima kandi hajyeho komite igenzura ubunyamwuga, uburenganzira bw’abatanga intanga n’abababyarirwa.

3.     Kubyarirwa n’undi ku masezerano (Surrogacy)
Abantu bafite ibibazo by’uburwayi bibabuza kubyara bashobora gukoresha serivisi yo kubyarirwa n’abandi, hakoreshejwe amasezerano yemewe n’amategeko. Ibi bizakorwa gusa hagati y’abantu bashakanye kandi bifashishijwe ibizamini by’ubuvuzi. Itegeko riraburira abantu bose ko ibi bidakwiye guhinduka ubucuruzi (commercial surrogacy).

4.     Ubuvuzi bwifashishije ikoranabuhanga (Telemedicine)
Itegeko ryemera ko dosiye z’ubuvuzi zibitswe mu buryo bw’ikoranabuhanga (amateka y’umurwayi, amashusho, n'amajwi) zifite agaciro nk’inyandiko zisanzwe. Ibi bizafasha abarwayi cyane cyane abo mu byaro, kubona serivisi vuba na bwangu ndetse no mu gihe inzobere zitari hafi.

5.     Serivisi z'ubuvuzi bwihutirwa
Itegeko ryashyizeho uburyo busobanutse bw’uko abarwayi bahabwa ubutabazi bwihuse mu gihe cy'impanuka, indwara zidasanzwe n’ibindi bibazo bibashyira mu kaga. Abarwayi batabasha gutanga uburenganzira bwo kuvurwa, abaganga batatu bashobora kubifataho umwanzuro, byose bigakorwa mu nyungu zo kuramira ubuzima.

6.     Ubuvuzi buhambaye (Tertiary Care)
Iri tegeko risobanura ubuvuzi bukomeye busaba ubushobozi buhanitse n’ikoranabuhanga rirenze urwego rw’ibitaro by’ibanze n’iby'Akarere. Harimo nk’ubuvuzi bwa kanseri, imikurire y’ingingo z’imbere n’ibindi bikomeye.

7.     Ubwishingizi bw’ingaruka z’umwuga ku baganga bose
Abaganga n’ibigo by’ubuvuzi bose bazaba bafite inshingano zo kugira ubwishingizi bubafasha kwishyura abarwayi bagizweho ingaruka n’amakosa mu buvuzi. Ibi bizongera umutekano w’abagana serivisi z’ubuvuzi no gushyiraho igipimo cy’ubunyamwuga.

8.     Ubunyamwuga n’ubuziranenge mu buvuzi
Abatanga serivisi z’ubuvuzi bazajya babanza kwemezwa n’inzego zibishinzwe kandi basabwe kuba bafite impamyabumenyi zujuje ibisabwa. Ibi bigamije kurinda ko habaho abakora ubuvuzi batabifitiye ubushobozi cyangwa uburenganzira.

9.     Abajyanama b’ubuzima bemejwe nk’abafatanyabikorwa bemewe
Abajyanama b’ubuzima bo mu midugudu bashyizwe mu rwego rw’abatanga serivisi za mbere z’ubuvuzi. Bazakomeza guhabwa amahugurwa n’ubushobozi bujyanye n’uruhare rwabo, rugomba gusobanurwa mu mabwiriza ya Minisiteri y’Ubuzima.

10.Uruhare rw’umurwayi mbere yo kuvurwa (Informed Consent)
Nta murwayi wemerewe kuvurwa atabanje gusobanurirwa imiterere, ibyiza, n’ibishobora guterwa n’ubuvuzi ahabwa. Umuganga afite inshingano yo gutanga amakuru yuzuye mbere yo gutangira serivisi. Ibi bizajyana no kubahiriza uburenganzira bw’umurwayi nk’ishingiro ry’ubuvuzi bugezweho.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...