Iyi
gahunda izatwara miliyari 49 z’Amafaranga y’u Rwanda, igamije kugabanya
ubushomeri, guteza imbere ubushabitsi, kongerera urubyiruko ubumenyi ngiro,
kuborohereza kubona serivisi z’imari, ubuvuzi, ndetse no guteza imbere impano
n’uruhare rwabo mu iterambere ry’igihugu.
Intego
ni uguhanga imirimo no kugabanya ubushomeri
Iyi
gahunda igamije kugabanya ubushomeri mu rubyiruko buvuye kuri 20.8% bukagera
kuri 10.85% mu 2029. Abatari ku isoko ry’umurimo, batari mu mashuri cyangwa
amahugurwa (NEET) bazagabanuka bave kuri 32.9% bagere kuri 20.4%. Binyuze
muri iyi gahunda, hazajya hahangwa nibura imirimo 200 buri mwaka, hanazamurwe
umubare w’urubyiruko rubona inguzanyo bave kuri 16% bagere kuri 32%.
John
Bosco Kalisa, Visi Perezida w’Inama y’Igihugu y’Ibigo Bito n’Ibiciriritse
(CSMER), yavuze ko urubyiruko rukwiye gushishikarizwa kwihangira imirimo cyane
cyane mu nzego zifite ejo hazaza nko mu bugeni, ubuhinzi bw’imbuto n’indabo,
imyenda, ubudozi n’ubukerarugendo.
Kwagura
ubumenyi ngiro no kuzamura umubare w’abiga imyuga
Urubyiruko
ruzahabwa amahugurwa y’imyuga, rwongererwe ubushobozi mu ikoranabuhanga, ndetse
hashyirwe imbaraga mu mashuri ya tekiniki na za TVET. Umubare w’abayigamo
uzazamuka uvuye kuri 43% ugere kuri 60%, naho ababona akazi nyuma yo
kuyirangiza bave kuri 62% bagere kuri 72%. Buri mwaka, abarenga 15,000
bazahabwa amahugurwa y’ubumenyingiro, bavuye ku 10,688.
Kwita
ku buzima bwiza n’imibereho myiza
Iyi
gahunda iteganya kugabanya ubwandu bwa SIDA mu rubyiruko buvuye kuri 2.4%
bukagera kuri 0.6%, ndetse n’abaterwa inda batarageza ku myaka y’ubukure bave
kuri 5% bagere kuri 2.5%. Abari munsi y’umurongo w’ubukene bazagabanuka bavuye
kuri 29.6% bagere kuri 20%.
Guteza
imbere ikoranabuhanga n’imirimo ishingiye kuri digitale
Mu
rwego rwo gushishikariza urubyiruko kwinjira mu bukungu bushingiye ku
ikoranabuhanga, hazahangwa nibura imirimo 1,500 mu ikoranabuhanga mbere ya
2029. Urubyiruko ruzagira ubumenyi mu ikoranabuhanga ruzava kuri 13.1% rugere
kuri 63%.
Gushyira
imbaraga mu buhinzi, kurengera ibidukikije no guteza imbere inganda nto n'iziciriritse
Hazatezwa
imbere ubuhinzi bugezweho burimo ubuhinzi bw’indabo n’imbuto zoherezwa mu
mahanga (horticulture), kongera ubumenyi mu bworozi binyuze mu guhugura
abajyanama 5,250 mu gutera intanga, no guha amahugurwa abasaga 12,000 mu
gukoresha ikoranabuhanga mu kurinda amatungo.
Hanateganyijwe
imishinga 228 y’ubucuruzi burengera ibidukikije, n’abasaga 4,800 bazahugurwa mu
buryo bwo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.
Guteza
imbere impano, ubuhanzi n’imikino
Hazubakwa
ibigo bine bishya by’ubuhanzi, byunganira ishuri rya Nyundo, hagamijwe gufasha
abahanzi bato kuzamura impano no kuzibyaza inyungu. Abahanzi 812
bazashyigikirwa binyuze mu bikorwa binyuranye. Hanitezwe ko 5% by’imirimo yose
izaba ishingiye ku buhanzi, bitange 2% by’umusaruro mbumbe w’igihugu (GDP).
Mu
mikino, ibikorwa remezo ku bigo by’urubyiruko biziyongeraho 15%, hanatezwe
imbere abakinnyi 250 bafite impano kugira ngo babone amahirwe y’amasezerano ku
rwego mpuzamahanga.
Kunoza
imiyoborere n’ubwitabire bw’urubyiruko
Hazakomeza
gahunda za YouthConnekt, aho abazitabira bazava ku 36,892 bakagera kuri 51,000,
ndetse abakorerabushake mu bikorwa bitandukanye bazaba barenga miliyoni 1.67.
Ubufatanye
n’ibigo by’imari n’ishoramari
Hagiye
gushyirwaho Youth Investment Facility (YIF) izafasha urubyiruko kubona
inguzanyo ku nyungu nkeya, iborohereze kubona ingwate no kugira ubumenyi mu
micungire y’imari. Buri mwaka abasaga 22,000 bazahabwa amahugurwa ku kwihangira
imirimo.
Ingengo
y’imari izakoreshwa
Iyi gahunda izatwara miliyari 49 Frw mu gihe cy’imyaka itanu, igabanyijwe ku buryo bukurikira: Miliyari 8 Frw mu mwaka wa mbere, 8.8 mu wa kabiri, 9.8 mu wa gatatu, 10.7 mu wa kane, na miliyari 11.6 mu mwaka wa nyuma (2029).
Leta
y’u Rwanda yashyizeho ingengo y’imari ya miliyari 49 Frw igenewe guteza imbere
urubyiruko mu gihe cy’imyaka itanu