Inganzo Ngari bateguje gucana umucyo mu gitaramo ‘Tubarusha Inganji’ kizaganura ibigwi by’u Rwanda -VIDEO

Imyidagaduro - 30/07/2025 8:33 PM
Share:

Umwanditsi:

Inganzo Ngari bateguje gucana umucyo mu gitaramo ‘Tubarusha Inganji’ kizaganura ibigwi by’u Rwanda -VIDEO

Mu rwego rwo kwizihiza Umuganura, Itorero Inganzo Ngari ryateguye igitaramo gikomeye bise “Tubarusha Inganji”, kizabera muri Camp Kigali ku wa 1 Kanama 2025. kitezweho kuba umwanya w’ikirenga wo guha icyubahiro ibyagezweho n’u Rwanda mu rugendo rw’imyaka 31 ishize, no guha umwanya umuco n'indangagaciro byaranze Abanyarwanda kuva kera.

Iki gitaramo kije mu gihe Inganzo Ngari yizihiza imyaka 19 imaze ishinzwe, ikaba yaratangijwe mu 2006. Ni rimwe mu matorero y’icyitegererezo yabyaye abahanzi, abaririmbyi n’ababyinnyi bagiye bigaragaza mu ruhando mpuzamahanga, bakaba bagaragaza isura nshya y’umuco nyarwanda.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye kuri Hotel des Mille Collines kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Nyakanga 2025, ubuyobozi bwa Inganzo Ngari bwatangaje ko bahisemo izina “Tubarusha Inganji” nk’ubutumwa bufite imizi mu mateka y’u Rwanda n’iterambere rwagezeho.

Nahima Serge, Umuyobozi w’itorero, yavuze ko ari uburyo bwo guhuriza hamwe urugendo rw’itorero n’urwa sosiyete bagenda batsinda inzitizi, bagashaka ibisubizo byubaka igihugu.

Yagize ati “Igitaramo kizahuza amateka y’igihugu n’ibyo Abanyarwanda bagezeho. Ku Muganura wa kera, Abanyarwanda baraganuraga ibyagezweho mu buhinzi, ubworozi n’umutekano. Ubu turaganura impinduka nziza twagezeho mu bice byose by’iterambere: umuco, uburezi, ikoranabuhanga, ubumwe n’ubwiyunge. Ni na byo tuzagaragaza ku rubyiniro binyuze mu mbyino, indirimbo n’imivugo.”

Yakomeje avuga ko icyo gitaramo kizaba ku rwego rurenze ibyakozwe mbere. Akomeza agira ati “Urwego ubushize twariho ntabwo ari ko tumeze ubu, yaba mu mitegurire, mu myambarire, no mu buryo igitaramo kizanyuzwa imbere y’abanyarwanda. Ntabwo uzabibona tubivuze gusa, uzabibona uhageze.”

Itorero ryatangaje ko amatike yo kwinjira mu gitaramo yamaze kujya ku isoko, hakabaho ibyiciro bitatu: Indende: 10,000 Frw, Inyamarere: 20,000 Frw, ndetse n’Abaterambabazi: 30,000 Frw

Aha buri cyiciro cyagenewe inyito ishingiye ku buhanga bw’itorero mu gukoresha amagambo y'umuco nyarwanda yuje ubusobanuro.

Umuganura ni umunsi ufite amateka akomeye mu mibereho y’Abanyarwanda, aho baganuraga imyaka, amatungo n’ibihe by’iterambere ry’imiryango n’igihugu.

Uyu munsi wanahindutse ishingiro ry’umwanya wo gusigasira umuco n’indangagaciro, no gusuzuma aho igihugu kigeze mu rugendo rw’ubwigenge n’iterambere.

Mu nyito “Tubarusha Inganji”, Inganzo Ngari ishaka kwerekana ko n’ubwo “twahuye n’amateka akomeye, Abanyarwanda bashoboye kwikura mu nzitizi no gutsinda ibikomeye.”

Icakanzu Contente, umwe mu bagize b’Itorero Inganzo Ngari uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yavuze ko umuco wa kinyarwanda ugomba kugera no kuri Diaspora, bityo bagafata iya mbere mu gutegura ibitaramo bizagera no mu mahanga.

Ati “Turatekereza uko twagera ku Banyarwanda bose, yaba abari mu gihugu cyangwa hanze. Twifuza kwagura ibitaramo byacu tukagera ku mitima y’Abanyarwanda bose.”

Iki gitaramo kizagaragaza amateka, intambwe yatewe mu guharanira ubumwe n’amahoro, ibyagezweho mu iterambere ndetse n’inshingano zo gukomeza gusigasira umuco wacu. Hazaba hari imbyino z’umuco, indirimbo, imivugo ndetse n’amakuru y’amateka azahuzwa n’imyiyereko ya kijyambere.


Serge Nahimana, Umuyobozi wa Inganzo Ngari, asobanura ibikubiye mu gitaramo “Tubarusha Inganji” kizaba ku munsi w’Umuganura. 

Nahimana yavuze ko iki gitaramo kizaba ku rwego rwo hejuru ugereranyije n'ibyabanje, kikaba kizagaragaza ibigwi by’Igihugu binyuze mu muco. 

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Serge yagaragaje ko intego nyamukuru ari ugufasha Abanyarwanda gusubiza amaso inyuma no kwishimira aho bageze

Icakanzu Contente, umwe mu bahagarariye Inganzo Ngari muri Diaspora, yagaragaje ko bafite gahunda yo kugeza ibitaramo byabo ku Banyarwanda baba mu mahanga


Hilde Cannoodt, umaze imyaka ari umwe mu bagize Inganzo Ngari, yagaragaye mu myiteguro y’igitaramo “Tubarusha Inganji.”

 

Hilard yemeza ko umuco nyarwanda wamwinjiyemo mu buryo bwimbitse, akaba yarahisemo kuwusangira n’abandi biciye mu mbyino

Ababyinnyi b’Itorero Inganzo Ngari barimo Patrick na Gasigwa bataramiye abanyamakuru mu rwego rwo kugaragaza aho bageze imyiteguro

Umubyinnyi akaba n'umutoza, Patrick yagaragaje ko bageze kure imyiteguro y'iki gitaramo bazakorera muri Camp Kigali


Iki gitaramo kizabera muri Camp Kigali kuri uyu wa Gatanu tariki 1 Kanama 2025 mu rwego rwo kwizihiza Umunsi w'Umuganura


KANDA HANO UREBE IBYARANZE IKIGANIRO N'ITANGAZAMAKURU

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'NKUNDIRA' Y'ITORERO INGANZO NGARI


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...