Muri
Repubulika ya Santarafurika, iki gikorwa cyabereye mu bice bitandukanye birimo
Bangui, Bria na Bossembélé, aho Ingabo z’u Rwanda zikorera mu butumwa
bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro (MINUSCA).
Uyu
muhango witabiriwe n’abayobozi b’ingabo, abasirikare mu nzego zitandukanye,
abakozi ba MINUSCA ndetse n’abayobozi ba Leta ya Santarafurika.
Mu
bitabiriye harimo Umunyamabanga Mukuru w’Intara ya Fertit, Magloire Balepoed,
wavuze ko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ari igikorwa gikomeye cyo guha
icyubahiro abazize Jenoside no gukomeza gusigasira ukuri ku mateka.
Yashimangiye
ko ububabare bw’Abanyarwanda atari ubwabo gusa, ahubwo ari ikibazo kireba
inyokomuntu yose, anasaba abayobozi n’abaturage gukomeza kwamagana ivangura
iryo ari ryo ryose no kurwanya abashishikariza ivangura.
Ku
ruhande rw’Ingabo z’u Rwanda, Col Muganga Dr. Christian Mukwesi, uyobora
Ibitaro byo ku rwego rwa kabiri by’u Rwanda bikorera muri MINUSCA i Bria, yagaragaje
ko Jenoside yakorewe Abatutsi itatunguranye muri Mata 1994, ahubwo yabanjirijwe
n’imyaka myinshi y’ihohoterwa n’ivangura.
Yagize
ati: “Tariki ya 7 Mata 1994 ni bwo umugambi wa Jenoside wari warateguwe igihe
kirekire washyizwe mu bikorwa. Aya mateka adusigira inshingano zo kurinda
ikiremwamuntu no gukora ibishoboka byose kugira ngo bitazongera ukundi.”
Yakomeje
ashimangira ko Jenoside yahagaritswe n’ubutwari bw’Ingabo za RPA-Inkotanyi
ziyobowe na Perezida Paul Kagame, zari ku rugamba rwo kubohora igihugu.
Uyu
muhango watangijwe n’urugendo rwo kwibuka, rwahaye umwanya abitabiriye
gutekereza ku mateka no kongera kwiyemeza indangagaciro z’ubumwe, amahoro no
kubahiriza agaciro ka muntu.
Hagati
aho, no muri Sudani y’Epfo, Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro hamwe
n’Abanyarwanda bahatuye, bifatanyije n’abahagarariye imiryango mpuzamahanga mu
gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 32.
Iki
gikorwa cyabereye mu murwa mukuru Juba, mu kigo cya Loni cya Tomping, gihuriza
hamwe Ingabo z’u Rwanda zikorera mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri
Sudani y’Epfo (UNMISS), abayobozi ba Loni, abahagarariye Guverinoma ya Sudani
y’Epfo ndetse n’imiryango mpuzamahanga.
Abitabiriye
bibukijwe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, banazirikana amasomo akomeye
yasigiye Isi, by’umwihariko akamaro ko guharanira amahoro, kurwanya urwango no
kubaka ubumwe.
Ibi bikorwa byabaye umwanya wo gukomeza gushimangira umuhigo wo gukumira Jenoside n’ibindi byaha byibasiye inyokomuntu, no kongera kwerekana uruhare Ingabo z’u Rwanda zigira mu kurinda abasivili no kugarura amahoro arambye aho zikorera hose ku Isi.






Amafoto y’Abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bwa UN bwo kugarura amahoro muri Repubulika ya Santarafurika bafatanyije n’abari muri iki gihugu kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994




Amafoto
y’Ingabo z'u Rwanda ziri mu butumwa bw'amahoro n'Abanyarwanda baba muri Sudani
y’Epfo, bafatanyije n’abahagarariye Umuryango mpuzamahanga mu gikorwa cyo
kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
