Ingabire Diane wabaye Miss Congenialty yambitswe impeta na Ian, bemeza n’amatariki y’ubukwe –AMAFOTO

Imyidagaduro - 24/07/2025 8:41 AM
Share:

Umwanditsi:

Ingabire Diane wabaye Miss Congenialty yambitswe impeta na Ian, bemeza n’amatariki y’ubukwe –AMAFOTO

Ingabire Diane wegukanye ikamba ry’umukobwa wabaniye neza bagenzi be [Miss Congeniality] muri Miss Rwanda ya 2020, yambitswe impeta n’umukunzi we Coach Calvin Ian, umusore ukoresha imyitozo ngororamubiri, banahita batangaza amatariki y’ubukwe bwabo.

Uyu mukobwa wagaragaye abyina yishimye ubwo yambikwaga impeta, yashyize amafoto kuri Instagram ye agaragaza ibyishimo by’iki gikorwa, yandikaho amagambo agira ati “Navuze Yego” ndetse anongeraho “Uwanjye iteka ryose”, ashimangira icyemezo yafashe cyo gutangira urugendo rushya rw’ubuzima bw’urugo.

Bombi batangaje ko ubukwe bwabo buzaba hagati ya tariki ya 20 Nzeri kugeza ku ya 27 Nzeri 2025, ariko ntibatangaje aho buzabera cyangwa uko gahunda izaba iteye.

Ingabire Diane yabaye icyamamare mu 2020 ubwo yitabiraga Miss Rwanda, agahabwa ikamba ry’umukobwa wagaragaje ubumuntu n’ubushobozi bwo kubana neza n’abandi. Yari afite umushinga ugamije kurwanya inda zitateguwe ku bangavu.

Nyuma y’irushanwa, Ingabire yari amaze igihe atigaragaza cyane, ariko yongeye kugaruka mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga, cyane cyane mu kwamamaza ibikoresho by’ikoranabuhanga.

Ndetse yari aherutse gutangira urugendo rwo gukina filime. Aherutse kubwira InyaRwanda, ko yakabije inzozi zo kwinjira muri Sinema nyuma y’uko afashijwe n’umukinnyi wa filime Rukundo Arnold wamamaye nka Shaffy kuva ubwo atangira kugaragara mu bihangano binyuranye.

Uyu mukobwa yavuze ko gukabya inzozi zo gukina filime byaturutse ku kwitinyuka no gutera intambwe ya mbere agasaba Shaffy ko yamufasha gutangira Paji nshya mu rugendo rwe rw’ubuzima bwe.

Ati: “Mu busanzwe Shaffy ni inshuti yanjye. Naramwandikiye mubwira ko mfite impano yo gukina filime ubundi ampa gahunda turahura ankoresha isuzuma (Casting), abona ndashoboye. Ni uko yamfashije kwinjira muri Cinema."

Uyu mukobwa asobanura ko gukina muri filime ya Shaffy byatumye yizerwa n’abandi bafite filime, batangira kumwiyambaza muri filime z’abo.

Kuri we, avuga ko byanatumye umubano we n’abandi bakinnyi waguka, kandi agira n’ubumenyi bwamufashije kuvamo uwo ariwe muri iki gihe. Ati “Uyu munsi nishimira aho ngeze kuko byampaye ‘Connection’ yo kujya mu zindi ‘Filime’ Nyarwanda zifite izina kandi byabaye n’akazi kamfasha mu buzima bwa buri munsi."

Avuga ko umunsi wa mbere akina muri filime atorohewe no kwitwara neza imbere ya Camera. Ati “Buri muntu wese ugiye mu kintu gishya agira ubwoba cyane kuri Camera gusa kuko nakoraga ibintu nkunze kandi niyumvamo nanashoboye, byaranyoroheye guhita ngendana n’abandi kuko nari mfite ubushake."

Ingabire Diane avuga ko inzozi ze zitagarukira ku kugukina muri filime z’abandi, ahubwo arashaka gukora ku buryo azagera aho nawe azaba afite filime ye bwite.

Yavuze ko ashaka no kugira uruhare mu gufasha abakobwa bagenzi be bashaka kuzavamo abakinnyi ba filime b’ejo hazaza. Ati “Inzozi zanjye muri Sinema ni ukuzamuka nkagera kure ku rwego nanjye nagira filime yanjye ku giti cyanjye nkafasha n’abandi bafite inzozi nk’izanjye batarabona uko bagaragaza impano z’abo nabo bakazamuka."

Asobanura ko umukobwa ushaka kwinjira muri Sinema akwiye kugira intekerezo zagutse, kandi akumva ko yiteguye kugerageza amahirwe yose yabona.

Hejuru y’ibi, akwiye kwiyumvamo ko ashoboye, kandi akirinda ibicantege. Ati “Niba uri umwana w’umukobwa ukaba wiyumvamo impano yo gukina filime ugomba kugira intekerezo zagutse, ukumva ko byose bishoboka, ukitinyuka, ukumva ko ibyo ugiyemo bizagutunga ukabikorana umutwe kandi ubikunze."

Yungamo ati “Ukurinda abaguca intege, kuko iyo winjiye muri Cinema amagambo aba menshi ku bantu batandukanye yaba ukubwiza ukuri cyangwa nabi, wowe kurikira inzozi zawe kandi ukore."

Coach Ian yambitse impeta Ingabire Diane wabaye Miss Congeniality amuteguza kurushinga nk'umugabo n'umugore

Ingabire Diane yavuze ko yabwiye 'Yego' umukunzi we, mu gihe bitegura kurushinga tariki 20-27 Nzeri 2025

Yamubajije, aramubwira Yego

 

Ibihe byuzuye urukundo, amarangamutima n’ibyishimo by’ukuri

 

Impeta y’urukundo, intangiriro y’urugendo rushya



Ingabire Diane wambitswe impeta asanzwe ari umukinnyi wa filime kuko agaragara muri filime 'Bamenya' yamamaye 

Ingabire yavuze ko akimara kuva muri Rwanda 2020, yatangiye urugendo rwo gukabya inzozi zo kwinjira muri filime


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...