Uyu muhanzi
watangiye kumenyekana nyuma yo gusoza amashuri yisumbuye, yinjiye mu muziki
anyuze muri Igitangaza Music Label, inzu
itunganya umuziki yashinzwe na Bruce Melodie. Iyi Label ni na yo yamubereye
urubuga rwa mbere rwamufashije kwigaragaza, ndetse ahahurira n'abahanzi barimo
Kenny Sol.
Mu gihe yakoreraga
muri Igitangaza Music Label, Juno yasohoye indirimbo zamufashije kubaka izina
rye, anagirana imikoranire ya hafi na Bruce Melodie. Bombi bahuriye mu ndirimbo
zitandukanye zirimo Igitangaza, yakoranyemo na Kenny Sol, kimwe mu bihangano byakiriwe neza
n'abakunzi b'umuziki.
Nyuma y'igihe,
Juno yafashe umwanzuro wo gutangira urugendo rushya nk'umuhanzi wigenga, ava
muri Igitangaza Music Label. Kuri ubu akorana na Nando usanzwe ari umujyanama
we, ndetse yanashinze Huha Records, sosiyete yifuza gukuzamo impano nshya
no gufasha abandi bahanzi nk'uko nawe yigeze gufashwa.
Mu rwego rwo
gushyira mu bikorwa icyo cyerekezo, Huha Records isanzwe ikorana n'umuhanzikazi
France Mpundu, mu gihe Juno akomeza no guteza imbere ibikorwa bye bwite.
Mu kiganiro
cyihariye yagiranye na InyaRwanda,
Juno yavuze ko iyo asubije amaso inyuma, ahora ashimira Bruce Melodie ku ruhare
rukomeye yagize mu gutuma yinjira neza mu muziki.
Yagize ati: "Bruce
Melodie yashyize itafari rinini cyane ku rugendo rwanjye. Kuko mu rugendo rwanjye
cyane cyane mu kuza kwanjye yabigizemo uruhare kugirango iyo ntsinzi ibeho.
Numva rero yarangiriye akamaro, kandi akamaro yangiriye nifuza kuzakitura
abandi."
Aya
magambo agaragaza ko n'ubwo buri muhanzi aba afite inzozi ze, hari abantu baba
bafite uruhare rukomeye mu kuzubaka. Kuri Juno Kizigenza, Bruce Melodie si uwo
bakoranye gusa, ahubwo ni umwe mu bantu bafunguye amarembo y'urugendo
rwamugejeje ku rwego ariho uyu munsi.
Ni na yo mpamvu
uyu muhanzi avuga ko intego ye atari ugutsinda wenyine, ahubwo ari ugukomeza
guha amahirwe abandi banyempano. Yemeza ko nk'uko Bruce Melodie yamubaye hafi
akamwizeramo, nawe yifuza kuzagira uruhare mu kuzamura abandi bahanzi binyuze
muri Huha Records.
Mu gihe umuziki nyarwanda ukomeje kubona impano nshya, amagambo ya Juno Kizigenza agaragaza ko gufashanya no guhererekanya amahirwe bishobora kuba imwe mu nkingi zituma uru ruganda rurushaho gukomera no gutanga umusaruro urambye.

Juno Kizigenza yatangaje ko Bruce Melodie yubatse urugendo rwe rw’umuziki, kandi azahora amushimira

Juno
Kizigenza yavuze ko ineza yagiriwe na Bruce Melodie yiteguye kuzayitura abandi
