Ibirori
byo kumurika iyi Album byabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 6 Werurwe
2026, bibera kuri Dove Hotel mu Mujyi wa Kigali, aho uyu muhanzi yabanje
kuganira n’itangazamakuru asobanura byinshi ku rugendo rwe n’icyo iyi Album
igamije.
Danny
Mutabazi yavuze ko Album “Waranzuye” igizwe n’indirimbo zirindwi (7), kandi ko
yazikoze mu gihe gito kitageze ku mezi abiri.
Yavuze
ko yayise “Waranzuye” ashingiye ku butumwa bukubiye mu ndirimbo ziyigize, cyane
cyane izigaruka ku rukundo rwa Yesu Kristo n’umusaraba.
Ati: “Ubutumwa buyigize cyane ni ubutumwa nkunda gutanga bw’umusaraba n’urukundo rwa
Kristo. Indirimbo eshanu muri zirindwi ziri kuri iyi Album zivuga ku rukundo
rwa Kristo. ‘Waranzuye’ bisobanuye ko twapfanye na Kristo tukazukana na we,
kuko yaducunguye akoresheje amaraso ye.”
Uyu
muhanzi yavuze ko mu rugendo rwe amaze gusohora indirimbo 16 zitabariwemo iziri
kuri iyi Album nshya, kandi ko akunda kwakira ubutumwa bwinshi bw’abakunzi
b’umuziki we bamubwira uburyo ibihangano bye byabakomeje mu bihe bikomeye.
Yavuze
ko hari abantu bamwandikiye bamubwira ko indirimbo ze zabafashije kureka
umugambi wo kwiyahura, abandi bakavuga ko zababereye impamvu yo kwegera Imana.
Ati: “Nta mezi menshi ajya ashira ntabonye ubutumwa nk’ubwo. Byabaye cyane ku
ndirimbo ‘Impamba y’urugendo’ na ‘Ufite uwo mwana’. Hari n’uwambwiye ati ‘Njye
nakijijwe nta Pasiteri unsengeye, ni indirimbo yawe yatumye negera Imana.’”
Mutabazi
yavuze kandi ko indirimbo ye “Amarira y’ibyishimo” nayo yagize uruhare mu
guhindura ubuzima bwa benshi, aho bamwe mu bayumvise bagiye bamubwira ko
yakiriye agakiza nyuma yo kuyumva.
Yasobanuye
ko urugendo rwe rwo kwandika indirimbo rwatangiye mu buryo budasanzwe mu 2013,
ubwo yumvaga agize ihishurirwa ryo gutangira kwandika indirimbo zigamije
kwamamaza ubutumwa bwiza.
Avuga
ko buri ndirimbo akora ayisengera mbere yo kuyisangiza abantu, kuko yemera ko
ubutumwa bwayo bugira imbaraga bitewe n’uko umuhanzi yayitangiye mu masengesho.
Danny
Mutabazi yaherukaga gusohora Album ye ya mbere yise “Calvary” mu 2019, nayo
yamurikiye kuri Dove Hotel i Kigali.
Uretse
gukora umuziki, uyu muhanzi azwi kandi nk’umwe mu bahanga mu kwandika
indirimbo, aho hari izo yandikiye abandi bahanzi mu muziki wa Gospel mu Rwanda.
Album
“Waranzuye” ije ikurikira iyitwa “Calvary”, mu gihe Danny Mutabazi akomeje
urugendo rw’imyaka irenga 11 mu muziki w’ivugabutumwa, aho akomeje kugaragaza
ko indirimbo ze zidakora ku matwi gusa ahubwo zikora ku mitima ya benshi.
Danny
Mutabazi yamuritse Album ye ya kabiri yise “Waranzuye” mu birori byabereye kuri
Dove Hotel i Kigali, nyuma y’imyaka 11 amaze mu muziki w’ivugabutumwa




KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'SINZARIMBUKA' YA DANNY MUTABAZI
