Indirimbo za Israel Mbonyi zitezweho guhembura benshi mu “ijoro ry’icyambu "

Imyidagaduro - 25/12/2022 2:49 PM
Share:
Indirimbo za Israel Mbonyi zitezweho guhembura benshi mu “ijoro ry’icyambu "

Israel Mbonyi agiye gukorera igitaramo cy’amateka muri BK Arena, anafasha abantu gukomeza kwizihiza iminsi mikuru cyane uwa Noheli.

Kuba umuhanga ni ikintu gikomeye ariko bikarushaho kugira ubugi iyo bifite aho bihuriye n’inkuru nziza y’ijambo ry’Imana, kuko ariyo ihuza ibiriho hari ababyinjiramo bakaba bafite amavuta koko maze bikabahira.

Israel Mbonyi ari muri abo kuri ubu wanavuga ko ari igisobanuro cy’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana ufasha imitima ya benshi, yaba mu bihe bikomeye no mu by’umunezero.

Uyu musore w’imyaka 30 ahanzwe amaso mu ijoro amurikiramo Album ebyiri, ashyigikiwe n’abahanzi nabo bahagaze neza barimo Janet Murava, Danny Mutabazi, kimwe na James na Daniella.

Album Mbonyi agiye kumurikira hamwe zikaba zirimo iyitwa ‘Mbwira’ na ‘Icyambu’ biza gutuma ahita agira agahigo gafite mbarwa mu muziki nyarwanda, ko kumurika Album zigera kuri enye harimo izo amurika none n’iyo yahereyeho yitwaga ‘Number One’ na ‘Intashyo’.

N’ubwo byakugora kubona indirimbo za Israel Mbonyi zitakunzwe ariko twagerageje kwegeranya zimwe, zitezweho guhembura imitima y’abitabira iki gitaramo kitezweho gukubita kikuzura.

Muzo twabateguriye ku ikubitiro hariho indirimbo ‘Ibihe’ iri mu zitajya zitakaza icyanga, n’ubu uyumvise yumva uburyohe ifite nk’ubwo yahoranye igisohoka kubera amagambo ayigize n’uburyo irimo inkomezi mu bihe byose bya muntu.

Hari kandi indirimbo ‘Karame’ iri mu zifite umunyu udakayuka igaruka ku bwiza bw’Imana n’uburyo ihora ihamagarira uyizera kuyisanga, n’ubwo yaba atejejwe ariko ko iba imwifuza ngo yongere kuba hafi y’ukuri nyako aribwo buntu bwayo.

Indirimbo ‘Baho’ nayo ni imwe mu zitezweho guhagurutsa benshi, iyi ikaba ari imwe mu zifite icyanga gikomeye aho Israel Mbonyi aba yibutsa abantu agaciro kubatizwa ko ari igihango gikomeye cyo kuba umwe na Yesu Kristo, bityo ko ari bwo buzima nta gutinya.

Iyitwa ‘Yaratwimanye’ yo ifite n’umwihariko wo kuba iri muzo uyu muhanzi aheruka gushyira hanze, byumvikanisha ko iri bidasubirwaho mu mitwe ya benshi bityo iza gutuma abantu barushaho kujya mu mwuka bakishimira imurikwa ry’uruhurira rw’imizingo n’ubwo by’umwihariko ari igitaramo cy’iyitwa ‘Icyambu’ igezweho none.

Biragoye kuba watandukanya indirimbo ebyiri mu bwiza Israel Mbonyi yahisemo kwitirira Album nshya ze ebyiri, harimo iyitwa ‘Bwira’ na ‘Icyambu’ kuko izi ndirimbo zose zanafashe imitima ya benshi gusa iyo yitiriye izina rye rya “Mbonyicyambu " yarushijeho gukurura benshi kuko bashakaga kumenya mu kuri ubu butumwa buyirimo.

Mu busanzwe Israel Mbonyi yabonye izuba mu 1992 mu gihugu cya Congo Kinshasa, aza kuza mu Rwanda n’umuryango we mu mwaka wa 1997. 

Umuziki we watangiye kwifatira imitima ya benshi muri 2014, ubwo yigaga mu gihugu cy’Ubuhinde.

Umuziki we ufite umwihariko wo kuba ari uwo kuramya no guhimbaza Imana, ariko uhujwe n’isi ya none [Ujyanye n’Igihe] bituma abantu b’ingeri zose bawisangamo kandi bagahora banyotewe no kumwumva.

Israel Mbonyi yitezweho igitaramo cy'amateka muri BK Arena

Ari mu bahanzi bafite igikundiro cyo hejuru yaba mu muziki usanzwe no muwo kuramya no guhimbaza Imana

KANDA HANO WUMVE UNAREBE INDIRIMBO 'ICYAMBU' N'IZINDI ZA ISRAEL MBONYI

">


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...