Iyi
ndirimbo yahuriyemo icyamamare Shakira n’umuhanzi w’Umunya-Nigeria Burna Boy,
yakomeje kwerekana imbaraga zayo ku isi yose, aho ubu yamaze kuba indirimbo
y’Igikombe cy’Isi yageze ku mwanya wo hejuru kurusha izindi zose muri Billboard
Hot 100.
Mu
cyumweru cya Billboard cyo ku wa 1 Kanama 2026, "Dai Dai" yazamutse
iva ku mwanya wa 42 igera ku wa 17, iba indirimbo ya mbere yemewe n’Igikombe
cy’Isi yinjiye muri ‘Top 20’ ya Billboard Hot 100.
Ibi
byatumye ishyira ku ruhande amateka yari amaze imyaka 16 afitwe na Shakira
ubwe, kuko indirimbo ye "Waka Waka (This Time for Africa)" yakoranye
na Freshlyground, yari yarageze ku mwanya wa 38 mu 2010 ubwo habaga Igikombe
cy’Isi muri Afurika y’Epfo.
Mu
gihe cy’icyumweru cyo kuva tariki 17 kugeza ku ya 23 Nyakanga 2026 muri Leta
Zunze Ubumwe za Amerika, iyi ndirimbo yakusanyije: Miliyoni 8.6 z’aba-‘stream’
(izamuka rya 69%), Abantu miliyoni 13.9 bayumvise kuri radiyo (izamuka rya
11%), Kopi 7,000 zaguzwe mu buryo bwemewe (izamuka rya 322%).
Iyi
mibare igaragaza uburyo "Dai Dai" yakomeje gukundwa cyane nyuma y’imikino
ya nyuma y’Igikombe cy’Isi.
Ku
wa 11 Kamena 2026, Shakira na Burna Boy bayiririmbye mu muhango wo gufungura
iri rushanwa wabereye muri Stade Azteca i Mexico City, imbere y’abarenga
ibihumbi 80.
Nyuma
yaho, ku wa 19 Nyakanga 2026, yongeye kumvikana mu gitaramo cya mbere cyigeze
gikorwa mu karuhuko ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi, cyabereye muri
MetLife Stadium muri Leta ya New Jersey.
Iki
gitaramo cyahuje amazina akomeye arimo Shakira, Burna Boy, Justin Bieber, BTS
na Madonna, ibintu byongeye gutuma "Dai Dai" yongera gukundwa ku
rwego rwo hejuru.
Nta
wundi muhanzi umaze kugira uruhare rukomeye mu ndirimbo z’Igikombe cy’Isi nka
Shakira.
Mu
2010, "Waka Waka" yabaye imwe mu ndirimbo zakunzwe cyane mu mateka
y’iri rushanwa. Nyuma y’imyaka 16, yongeye kwandika amateka mashya abikesha
"Dai Dai", agaragaza ko agifite ubushobozi bwo gukora indirimbo
zihuza siporo n’umuziki bigakora ku mitima y’abatuye isi.
Kubera
"Dai Dai", Shakira ubu yujuje indirimbo 13 zimaze kugera muri ‘Top 40’
ya Billboard Hot 100, mu rugendo rumaze hafi imyaka 25. Ku ruhande rwa Burna
Boy, iyi ni indirimbo ye ya kabiri yinjiye muri ‘Top 40’, ndetse ni yo ya mbere
ayoboye nk’umuhanzi mukuru.
Kuva
FIFA yatangira kugira indirimbo zemewe z’Igikombe cy’Isi mu 1990, ni indirimbo
nke cyane zabashije kwitwara neza muri Billboard Hot 100.
"Dai
Dai" ntabwo yabaye gusa indirimbo yakunzwe ku mbuga zicururizwaho umuziki
no kuri Radiyo, ahubwo yanabaye iya mbere igeze ku rwego rwo hejuru kurusha
izindi zose zabanje.
Ibi
birushaho kwerekana ko umuziki ugenda uba kimwe mu bice bikomeye byongera
ubukana n’ubwamamare bw’Igikombe cy’Isi, aho indirimbo nziza ishobora gukomeza
kubaho no gukundwa igihe amarushanwa yarangiye.
Mu gihe amateka menshi yanditswe mu kibuga n’abakinnyi barimo Lionel Messi, Kylian Mbappé na Cristiano Ronaldo, no hanze y’ikibuga Shakira na Burna Boy na bo basize izina ryabo mu mateka y’umuziki, aho "Dai Dai" yabaye indirimbo ya mbere y’Igikombe cy’Isi igeze aho nta yindi yari yarigeze igera kuri Billboard Hot 100.

Indirimbo
y'Igikombe cy'Isi cya 2026 yitwa ‘Dai Dai’ y'umuhanzi w'Umunya-Nkigeria, Burna
Boy, n'Umunya-Colombia, Shakira, yabaye iya mbere y’igikombe cy’Isi igeze kuri ‘Billboard
Hot 100’
