Indirimbo izasohoka ariko sinshyizeho igihe – Bruce Melodie kuri "Pom Pom” yakoranye na Diamond

Imyidagaduro - 08/09/2025 7:06 AM
Share:

Umwanditsi:

Indirimbo izasohoka ariko sinshyizeho igihe – Bruce Melodie kuri "Pom Pom” yakoranye na Diamond

Bruce Melodie yavuze ko indirimbo ye na Diamond izasohoka ariko atavuga ngo izasohokera iki gihe kubera ko ari indirimbo nini irimo abahanzi bakomeye ndetse isaba kwitonda kugira ngo ishyirwe hanze.

Hari mu kiganiro Sunday Choice Live aho hishimirwaga ko channel ya The Choice Live yagarutse nyuma hafi y’imyaka ibiri iyi channel yari yaravuyeho aho Phil Peter avuga ko ibura ry’iyi channel ryatewe n’umwe mu bahanzi bakomeye mu Rwanda.

Bruce Melodie yavuze ko indirimbo ye na Diamond ndetse na Brown Joel izajya hanze gusa abazwa niba ari mbere y’uko uyu mwaka urangira nawe avuga ko ari umushinga munini bisaba ubwitonzi.

Yagize ati “Izaza vuba. Ni umushinga munani uri kumfata ingufu ntabwo byoroshye kuba nahuriza abahanzi batatu mu ndirimbo ngo ize vuba.”

Niba yazasohoka mbere y’uyu mwaka, Bruce Melodie yageze ati “Indirimbo yo izasohoka naho gushyiraho igihe ntabwo byoroshye kubera ko irimo abantu benshi.”

Abajijwe icyo yaba ahomba mu gihe indirimbo ye na Diamond Platnumz itasohoka, Bruce Melodie yasubije aca ku ruhande ati “Ubundi se musanze atari nawe twakoranye?”

Iyi ndirimbo “Pom Pom” yamaze gufatirwa amajwi n’amashusho aho igice kimwe cyafatiwe muri Tanzania ikindi gice gifatirwa mu Rwanda ndetse byari byitezwe ko yajya hanze mu mpeshyi y’uyu mwaka ariko irinze yirenga nta bimenyetso by’uko iyi ndirimbo ijya hanze.

Bruce Melodie yavuze ko indirimbo ye na Diamond Platnumz izajya hanze ariko atakwemeza igihe izagira hanze

Pom Pom yatangiye gukorwaho tariki ya 06 Mata 2025 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...