Ni mu gitaramo cyihariye yise “Icyambu 4”, cyabaye mu ijoro
rya Noheli, kuri uyu wa Kane tariki 25 Ukuboza 2025, aho yahaye abakristu
n’abakunzi b’umuziki we Noheli itandukanye n’izindi, yuzuyemo ishimwe,
ibyishimo n’umwuka wo kuramya Imana.
Iki gitaramo cyitabiriwe n’abantu barenga 10.300, bari buzuye
BK Arena mu mpande zose kuva hasi mu kibuga kugera hejuru ku myanya yo hejuru,
bigaragaza uko Israel Mbonyi akomeje kwiyubakira igikundiro kidasanzwe.
Israel Mbonyi yageze ku rubyiniro Saa 7:46 PM, aririmba
adahagarara kugeza Saa 9:34 PM, afata akaruhuko k’iminota 30, agaruka Saa 10:07
PM kugeza asoje Saa 12:07 AM.
Mu masaha ane yamaze ku rubyiniro, ntiwabonaga abakunzi be
barambirwa; imbaraga zari zose, indirimbo ku yindi, ibyishimo bigakomeza
kwiyongera.
Mu ndirimbo nyinshi yaririmbye, hari izagaragaje mu buryo
bugaragara ko BK Arena “yanyeganyejwe”, ku buryo umuziki, amajwi
n’amarangamutima byahinduraga isura y’icyumba uko indirimbo yashiraga indi
igatangira.
1.
Sitamuacha
"Sitamuaca" cyangwa “Naramufashe Sindekura”
yahinduye ibintu muri BK Arena.
Iyi ni imwe mu ndirimbo nshya Mbonyi yasohoye muri uyu mwaka
2025 yishimiwe cyane kuri album ye nshya “Hope”.
Indirimbo "Sitamuaca (Naramufashe sindekura)",
yishimiwe bidasanzwe kubera uburyo yihuta, aho yahagurukije abantu bose bari
muri BK Arena babyinana na Israel Mbonyi.
Ni indirimbo aririmbamo agira ati "Ni iki
kizantandukanya n’urukundo rwe? Amakuba n’ibyago ntibyabishobora. Iby’uyu munsi
n’iby’ejo na byo ntibyabishobora. Yego naramufashe, sindekura. “Ayeee
Naramufashe Sindekura.x2”
2.Hari
ubuzima
Iyi niyo indirimbo yapfundikiye iki gitaramo cya Israel
Mbonyi yishimiwe cyane n’abari basigaye muri BK Arena ku buryo uwari ufite
ikintu mu ntoki nk’umupira cyangwa agatambaro kose yahitaga akazamura mu kirere
akakazunguza.
Ni indirimbo yasohotse mu 2017 aririmbamo agira ati
"Mumaranishe imibabar' ukubwirana ibi byanditswe. Kuko mu gicuku cya nyuma
ari bwo twe tuzarema; Muririmbe za ndirimbo z'ihumure, Nyuma y'ibihe n'ibicu
hariyo ubundi. buzima iyo hoho (hari ubuzima iyolele)”
3.Nina
Siri
"Nina Siri" yo mu 2023 ni imwe mu ndirimbo zazamuye
izina rya Mbonyi muri Afurika ku buryo budasanzwe.
Iki gitaramo cyarimo abanya-Kenya, Tanzania na Uganda aha
bafashijwe cyane kurushaho dore ko kuba iri mu Giswahili bituma n’abo
bayisangamo cyane.
4.Sinzibagirwa
Iyi ni ndirimbo Mbonyi yashyize hanze mu 2017 ni imwe mu
ndirimbo abantu hafi yabose babyinye ndetse baririmbana ijambo ku rindi kuva
itangiye kugeza irangiye.
Iyi nayo ni imwe mu ndirimbo yanyeganyeje inkuta za BK Arena
kuva kubari hasi no hejuru bayibyinye aho ntan umwe wasigaye.
Ndirimbo igizwe n’amagambo agira ati “Ayiyeeee,
ndatangayeehehe!
5.Icyambu
Ubwo byari bigeze mu saa 11: 50PM nibwo Israel Mbonyi
yaririmbye indirimbo "Icyambu" yo mu 2022.
Iyi ni indirimbo ifite amateka akomeye kuri uyu muhanzi dore
ko ariyo yakomoyeho izina ry’ibi bitaramo akora kuri buri Noheli kuva mu 2022.
Ubwo yazamuraga iyi ndirimbo abari bakiri muri BK Arena
bahise bongera kuba bashya, bakomeza gufatanya na we kuririmba ubona ko binjiye
mu wundi mwuka.
Ni ndirimbo aririmba agira ati “Yesu n’inkoni yanjye
ngenderaho.
6.Nzibyo
Nibwira
Mu gihe bamwe basaga n’abananiwe nyuma yo kuririmba indirimbo
zirimo “Urwo Rutare”, Israel Mbonyi yakurikijeho “Nzibyo Nibwira” yagaruriye
imbaraga abari muri BK Arena bari batangiye kwicara.
Ku bazi Mbonyi iyi ni imwe mu ndirimbo bazi cyane iri
muzatumye yamamara cyane.
Mu magambo yayo, hari aho agira ati “Nzi ibyo nibwira…Ngaho
mugende mubwire abababaye, muhumurize abakomeretse, mubabwire ko dufite Imana
itajya ihinduka.”
Ibintu byahinduye isura kurushaho ubwo Mbonyi yari ameze
nkuyirangije nyuma y’iminota 7 yari amaze ayiririmba, Mbonyi yahise ayisirimbana
n’abari mu gitaramo, ibintu biba ibindi bindi.
7.Yaratwimanye
Iyi ni indirimbo ya kabiri Israel Mbonyi yaririmbye ubwo yari
ageze ku rubyiniro.
Abakunzi be bose bahagurutse bafatanya na we kuririmba, yewe n’abari mu myanya y’icyubahiro nta n’umwe wari wicaye.

8.Ku
marembo y’Ijuru
Ku Marembo Y’Ijuru’ na yo yaririmbanye ijambo ku rindi
n’abitabiriye dore ko amaze imyaka irenga umunani ayishyize ahagaragara,
byumvikanisha ko bayizi cyane.
Yanabaye indirimbo idasanzwe mu rugendo rwe rw’umuziki, kuko
mu bitaramo byinshi yagiye ayifashisha mu gushyushya abantu, no kumvikanisha
neza umuhamagaro we.
9.Ndakubabariye
Iyi ni indirimbo iremamo icyizere uwagitakaje wibwiraga ko
Imana itamubabarira.
Ni ndirimbo uyu muhanzi yaririmbye ubwo yasaga n’usoje
indirimbo ya gatanu amatara ya BK Arena yahise azimywa.
Abitabiriye igitaramo benshi bahise bacana amatoroshi ya
telefoni zabo, Mbonyi akomeza kuririmba iyi ndirimbo nabo bakomeza kumwikiriza
kuburyo ntawe wabonaga ushaka kwicara.
10.Nzaririmba
Ni indirimbo Mbonyi yaririmbye ubwo yari agarutse mu gice cya
kabiri cy’igitaramo cye.
Uyu muhanzi wari wambaye imyenda y’umukara, yagarutse
yayihinduye yambara ishati y’umweru, ipantaro isa n’ubururu bwerurutse
n’inkweto z’umukara.
Yahise yinjirira ku ndirimbo yise "Nzaririmba"
yasohoye mu myaka itandatu ishize, nayo abakunzi bayizi ijambo ku rindi ku
buryo uko yayirimba kose yaba yihuta cyangwa igenda gake baba biteguye kujyana
nawe.
Mu gusoza, igitaramo “Icyambu 4” cyongeye kwerekana ko Israel
Mbonyi atari umuhanzi gusa, ahubwo ari umuyobozi w’umwuka n’umunyabigwi mu
gutegura ibitaramo byujuje ireme, bigahuza abantu mu byishimo no mu kuramya
Imana.
Ni amateka akomeje kwandikwa, BK Arena ikaba ihindutse
nk’icyambu cy’ibihe bya Noheli ku bakunzi b’umuziki wa Israel Mbonyi.
Mu bihugu bitandukanye ku Isi, Noheli ntikiri umunsi wo
kwibuka ivuka rya Yezu gusa, ahubwo yanabaye igihe Abakristu bahurira hamwe mu
bitaramo by’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, bigafasha benshi
kuyizihiza mu buryo bwimbitse kandi bufite igisobanuro.
Mu mijyi migari yo ku migabane itandukanye, amatorero
n’abahanzi b’indirimbo zo kuramya bategura ibitaramo bya Noheli byitabirwa
n’abantu ibihumbi n’ibihumbi. Ibi bitaramo biha Abakristu umwanya wo gusangira
umunezero, gushimira Imana no kongera kwibuka urukundo n’amahoro bizanywe n’ivuka
rya Kristu.
Ku bakristu benshi, kwitabira ibi bitaramo ni nko gusenga
binyuze mu muziki, aho indirimbo zibafasha gukira ibikomere by’umutima, kongera
icyizere no kwinjira mu mwaka mushya bafite imbaraga nshya zo kwizera. Biba ari
n’umwanya wo guhura n’abandi bemera Imana, bigatuma bumva ko bari mu muryango
mugari w’abizera.
By’umwihariko mu bihe Isi ihura n’ibibazo bitandukanye birimo
imvururu, ibikomere by’ubuzima n’ihungabana ry’imitima, ibitaramo bya Noheli
bihinduka icyambu cy’ihumure n’amahoro. Abitabiriye batahana ubutumwa
bw’icyizere n’isezerano ryo gukomeza kwizera ejo hazaza heza.
Ibi bitaramo bigaragaza ko Noheli atari umunsi wo kwinezeza
gusa, ahubwo ari igihe cyo gusubira ku nkomoko y’ukwemera, gukundana no
gusangira umunezero, bigahuriza hamwe Abakristu bo hirya no hino ku Isi mu
mwuka umwe wo kwizihiza ivuka rya Kristu.

Mu masaha ane yuzuye, Israel Mbonyi yahinduye BK Arena icyambu cy’ishimwe, aho indirimbo 10 ze zanyeganyeje inkuta z’iyi nyubako ku ijoro rya Noheli

“Sitamuaca (Naramufashe Sindekura)” ni imwe mu ndirimbo
zahagurukije BK Arena yose, abantu baririmba babyina nk’abafashe icyemezo cyo
kudasubira inyuma
Indirimbo “Hari Ubuzima” yaherekeje igitaramo cya ‘Icyambu 4’,
isiga imbaga irenga ibihumbi 10.300 yishimiye Noheli yuzuyemo ibyiringiro
“Nina Siri” yongeye kugaragaza impamvu Israel Mbonyi yambutse
imipaka y’u Rwanda, Abanya-Afurika bayiririmba ijambo ku rindi muri BK Arena




Indirimbo “Yaratwimanye” yatumye n’abari mu myanya
y’icyubahiro bahaguruka, BK Arena ihinduka urusengero runini rwa Noheli
“Ku Marembo y’Ijuru” yongeye kwibutsa benshi urugendo
rw’imyaka irenga 11 Mbonyi amaze mu muziki wo kuramya

Amatara azimye, amatoroshi ya telefoni yaka, “Ndakubabariye”
ihinduka isengesho rituje ryanyuze imitima ya benshi muri BK Arena
Agarutse mu gice cya kabiri, Israel Mbonyi yahinduye
imyambaro yinjira kuri “Nzaririmba”, indirimbo abakunzi bayizi ijambo ku rindi



BK Arena yuzuye abantu 10.300,...amasaha ane yo kuramya byasize amateka mashya ku izina rya Israel Mbonyi

‘Icyambu 4’ yagaragaje ko Israel Mbonyi ataririmba gusa,
ahubwo yubaka ibihe byibukwa binyuze mu ndirimbo ze
Mu bihe bya Noheli, ibitaramo by’indirimbo zo kuramya
bihinduka icyambu cy’umunezero, bigahuza Abakristu bo hirya no hino ku Isi mu
kwibuka ivuka rya Kristu


















Noheli igenda ihinduka igihe cy’ihumure n’umunezero binyuze mu bitaramo byujuje indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana

Umuhanzi w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Yvan Ngenzi wayoboye igitaramo "Icyambu 4"

Umuririmbyi Peace Hozy usanzwe ufasha Israel Mbonyi mu bijyanye n'imiririmbire ku rubyiniro



Itorero Indinzi ryasusurukije abantu mu murishyo w'ingoma wihariye bafasha Israel Mbonyi kwinjirira mu ndirimbo ye ya gakondo yise "Uri Yaa"

Pasiteri Aaron Ruhimbya uyobora Itorero Restoration Church ku Kimisagara niwe wagabuye ijambo ry'Imana muri iki gitaramo



Umuririmbyi Kevin Kade witegura igitaramo cye "The Last Night" tariki 31 Ukuboza 2025, ari kumwe na Muyoboke Alex mu gitaramo


Ababyeyi ba Israel Mbonyi (Bambaye Lunettes) bitabiriye igitaramo cy'umuhungu wabo

Dr. Charles Murigande uherutse kugirwa Senateri na Perezida Paul Kagame yitabiriye igitaramo cya Israel Mbonyi

Bamporiki Edouard wabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Urubyiruko n'iterambere ry'Ubuhanzi

Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane w'u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe

Umuramyi Prosper Nkomezi wakoranye indirimbo na Israel Mbonyi ari mu bamushyigikiye

Umunyabigwi mu muziki w'u Rwanda, Massamba Intore yashyigikiye umuramyi Israel Mbonyi

Umuyobozi wa RMC akaba n'umunyamakuru wa 'Mama Urwagasabo', Scovia Mutesi

Umusizi Junior Rumaga mu gitaramo cya Israel Mbonyi cyabereye muri BK Arena

Umuramyi Alex Dusabe n'abo mu muryango we bitabiriye igitaramo cya Israel Mbonyi




ESTHER NIYIFASHA WACURANZE INANGA YA KINYARWANDA MU GITARAMO YASHIMYE ISRAEL MBONYI
UKO BYARI BYIFASHE KURI BK ARENA MBERE Y'UKO ISRAEL MBONYI ATARAMIRA ABANTU 10.300
RUGAJU REAGAN YASOBANUYE UBURYO ISRAEL MBONYI YITWAYE KU RUBYINIRO N'UKUNTU IMANA YAMUHAGURUKIJE
Kanda hano ubashe kureba amafoto menshi yaranze igitaramo "Icyambu 4"
VIDEO: Director Melvin Pro/ InyaRwanda.com
AMAFOTO: Serge Ngabo/ Karenzi Rene: InyaRwanda.com
