U Buhinde: Minisitiri w'Uburezi yeguye nyuma y'igitutu cy'urubyiruko

Uburezi - 25/07/2026 10:56 AM
Share:

Umwanditsi:

U Buhinde: Minisitiri w'Uburezi yeguye nyuma y'igitutu cy'urubyiruko

Minisitiri w'Uburezi w'u Buhinde, Dharmendra Pradhan, yeguye ku mirimo ye nyuma y'ibyumweru byinshi by'imyigaragambyo y'urubyiruko rwari rumaze iminsi rusaba ko ava ku mwanya kubera ikibazo cy'isakazwa ry'ibizamini mbere y'igihe.

Ubu bwegure bufatwa nk'imwe mu ntsinzi zikomeye z'umutwe wa Cockroach Janta Party (CJP) umaze amezi uyoboye imyigaragambyo ikomeye hirya no hino mu Buhinde.

Ku wa 25 Nyakanga 2026, Dharmendra Pradhan yatangaje ko yeguye ku mwanya wa Minisitiri w'Uburezi, avuga ko yafashe icyo cyemezo kugira ngo ikibazo cyari kimaze igihe kivugwa kitazongera guteza umwuka mubi mu gihugu.

Mu butumwa yashyize ku rubuga X, Pradhan yavuze ko yohereje ibaruwa y'ubwegure kuri Minisitiri w'Intebe Narendra Modi, ashimangira ko yubashye ibyifuzo n'amarangamutima y'urubyiruko rw'u Buhinde.

Yagize ati: "Nubaha ibyifuzo n'ibitekerezo by'urubyiruko rw'igihugu cyacu. Sinshaka ko hari abantu bakoresha iki kibazo mu nyungu za politiki cyangwa ngo abanyeshuri bahure n'ingaruka z'amategeko aho gukomeza kubaka ejo hazaza habo."

Ubwegure bwe bwahise butera ibyishimo mu bihumbi by'abigaragambyaga bari bateraniye i Jantar Mantar mu murwa mukuru New Delhi, aho abaturage batangiye kuririmba no kwishimira ibyo bafashe nk'intsinzi y'amajwi yabo.

Umuyobozi wa Cockroach Janta Party (CJP), Abhijeet Dipke, yavuze ati: "Twabigezeho. Twatsinze." Ku mbuga nkoranyambaga, CJP na yo yatangaje ubutumwa bugira buti: "Cockroaches batsinze... Demokarasi yatsinze."

Nubwo Minisitiri yeguye, CJP yavuze ko urugamba rutararangira. Uyu mutwe watangaje ko ugifite ibisabwa bitatu birimo guha imiryango y'abanyeshuri biyahuye indishyi zingana na miliyoni 1 z'ama-Rupees kuri buri muryango, kutagira umuntu ukurikiranywaho uruhare mu myigaragambyo ndetse no gusaba ko polisi ya Delhi isaba imbabazi ku mugaragaro kubera gukoresha ingufu ku bigaragambyaga.

Iyi myigaragambyo yatangiye nyuma y'ibibazo bikomeye by'isakazwa ry'impapuro z'ibizamini bya NEET, kimwe mu bizamini bikomeye byinjiza abanyeshuri mu mashuri y'ubuvuzi. Nyuma y'uko ibizamini bisubiwemo, umujinya w'urubyiruko wakomeje kwiyongera, ugera ku rwego rwo guteza imyigaragambyo mu gihugu hose.

Mu minsi ishize, polisi yakoresheje ibyuka biryana mu maso (tear gas) n'inkoni mu gutatanya abigaragambyaga bashakaga kugera ku Nteko Ishinga Amategeko, ibintu byakajije umurego w'uburakari bw'abaturage.

Guverinoma ya Modi yari yatangiye gutangaza ko iri gutegura amategeko mashya agamije guhana bikomeye abakwirakwiza ibizamini mbere y'igihe ndetse no gushyiraho inkiko zihuse zizajya zikemura ibyaha nk'ibi.

Ubwegure bwa Dharmendra Pradhan ni bwo bwa mbere guverinoma ya Narendra Modi itanze nk'igisubizo ku myigaragambyo ikomeye y'urubyiruko.

Nubwo abigaragambya babufata nk'intsinzi ikomeye, bavuga ko bazakomeza gusaba impinduka zifatika mu mikorere y'uburezi no mu buryo ibizamini bitegurwa, kugira ngo ikibazo cy'isakazwa ry'impapuro z'ibizamini kitazongera kubaho.

Source:Al Jazeera


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...