Indege ya gisirikare ya Colombia yakoze impanuka, ihitana abantu 66

Inkuru zishyushye - 24/03/2026 12:42 PM
Share:

Umwanditsi:

Indege ya gisirikare ya Colombia yakoze impanuka, ihitana abantu 66

Indege ya gisirikare yo mu gihugu cya Colombia yakoze impanuka nyuma gato yo guhaguruka, ihitana abantu nibura 66 ndetse abandi benshi barakomereka, nk’uko abayobozi babitangaje.

Umuyobozi w’ingabo zirwanira mu kirere, Carlos Fernando Silva Rueda, yavuze ko muri iyo ndege hari harimo abasirikare 114 n’abakozi bayo 11 bayikoragamo.

Iyo ndege yo mu bwoko bwa C-130 Hercules, yakozwe n’uruganda rwo muri Amerika, yakoreshwaga mu gutwara abasirikare. Yaguye hafi y’agace ka Puerto Leguízamo mu ntara ya Putumayo, mu majyepfo y’igihugu.

Abashinzwe Ubutabazi bahise boherezwa aho iyo mpanuka yabereye, batangira gushakisha abarokotse mu bisigazwa by’iyo ndege. Icyateye iyo mpanuka ntikiramenyekana, ariko kiri gukorwaho iperereza.

Minisitiri w’Ingabo wa Colombia, Pedro Sánchez, yavuze ko iyo ndege yakoze “impanuka ikomeye kandi ibabaje cyane” mu gihe yari igitangira guhaguruka, itwaye abasirikare b’inzego z’umutekano.

Yakomeje avuga ko iyi mpanuka yabereye hafi y’umupaka wa Peru ari inkuru ibabaje cyane ku gihugu cyose.

Nyuma byaje gutangazwa ko hari umuriro wavutse muri iyo ndege, ugatuma amasasu yari atwawe ayiturikamo, bikaba byarushijeho gukaza ubukana bw’iyo mpanuka.

Amakuru aturuka mu gisirikare avuga ko abasirikare 58 bapfuye, hamwe n’abakozi b’ingabo zirwanira mu kirere 6 n’abapolisi 2, bituma umubare w’abapfuye ugera kuri 66.

Iyi mpanuka ibaye imwe mu zikomeye kurusha izindi zabaye mu mateka ya vuba y’ingabo zirwanira mu kirere za Colombia.

Amashusho yakwirakwijwe n’ibitangazamakuru byo muri ako gace agaragaza umwotsi mwinshi uzamuka aho iyo ndege yaguye, ndetse n’imodoka zitwaye abasirikare zerekeza aho impanuka yabereye.

Hari n’amashusho agaragaza abaturage bafasha gutwara abakomeretse babajyana kwa muganga bakoresheje moto nk'uko bitangazwa na BBC ducyesha iyi nkuru.

Perezida wa Colombia, Gustavo Petro, yavuze ko iyi mpanuka ari “iteye ubwoba kandi itagombaga kuba,” anenga imikorere mibi mu buyobozi (bureaucracy) yavuze ko idindiza gahunda yo kuvugurura ibikoresho by’ingabo zirimo n’indege.

Yagize ati: “Sinzemera ko hakomeza kubaho ubukererwe, kuko ubuzima bw’urubyiruko rwacu buri mu kaga,” nubwo atigeze asobanura neza icyateye iyo mpanuka.

Mu kwezi gushize, indi ndege yo mu bwoko bwa C-130 Hercules yo mu gihugu cya Bolivia nayo yakoze impanuka ihitana abantu nibura 20, bikomeza kugaragaza impungenge ku mutekano w’izi ndege za gisirikare.




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...