Indangururamajwi yamujabutse, aserukana ‘Kagoma’: Ibintu 5 byaranze igitaramo cya Rema

Imyidagaduro - 06/09/2026 11:02 AM
Share:

Umwanditsi:

Indangururamajwi yamujabutse, aserukana ‘Kagoma’: Ibintu 5 byaranze igitaramo cya Rema

Umuhanzi w’Umunya-Nigeria Divine Ikubor wamamaye nka Rema, yasize ibihumbi by’Abanyarwanda bari buzuye muri BK Arena mu byishimo, nyuma yo kubataramira mu gitaramo cyabaye ku wa Gatandatu tariki 5 Nzeri 2026.


Rema yageze ku rubyiniro ahagana saa 21:35, atangira igitaramo ari kumwe n’ababyinnyi, maze mu gihe cy’isaha n’iminota 30' ashimisha abafana mu ndirimbo zakunzwe hirya no hino ku Isi.

Ni ubwa Gatatu Rema yari agarutse i Kigali, nyuma y’uruzinduko rwa Kabiri rwabaye mu Ukwakira 2023.

Kuri iyi nshuro, yakiriwe mu buryo budasanzwe, abafana bamwe bazanye ibyapa, abandi bandika ubutumwa kuri telefone zabo kugira ngo abone ko bari bamutegereje.

Muri iryo joro, hari ibintu bitandukanye byatumye igitaramo cya Rema kiba ikidasanzwe.

1. Indangururamajwi yamujabutse, asubira mu rwambariro

Rema yatangiye igitaramo ahagana saa 21:35, ariko ntiyarenze ku munota umwe ku rubyiniro mbere y’uko asubira inyuma.

Indangururamajwi yari afite ntiyakoreraga neza, ku buryo atashoboraga kuyikoresha uko bikwiye. Yahise asubira mu rwambariro kugira ngo ikibazo gikemurwe, mbere yo kongera kugaruka imbere y’abafana.

Nyuma yo gutunganya ibikoresho, Rema yagarutse ku rubyiniro akomeza igitaramo, nk’aho nta kibazo cyabaye.

Ibi ntibyabujije abari muri BK Arena gukomeza kumwakirana ibyishimo, kuko benshi bari bategerezanyije amatsiko kubona uyu muhanzi ku rubyiniro.

2. Rema yongeye kwerekana umwihariko we akoresha ‘Kagoma’ n’igisamagwe

Kimwe mu byagaragaye cyane mu gitaramo ni uburyo Rema yakoresheje amashusho n’ibishushanyo by’inyamaswa mu gutaka no kubaka ishusho y’urubyiniro.

Hateguwe ibibumbano bigaragaza ‘Kagoma’ ndetse n’ikindi kigaragaza ‘Tiger’ cyangwa igisamagwe, biherekeza Rema mu gihe yataramiraga abafana.

Gukoresha amashusho nk’aya si ibintu bishya ku muhanzi. Rema amaze imyaka yubaka umwihariko we mu buryo yigaragaza ku rubyiniro, aho ibishushanyo, imyambarire, amatara n’ibindi bikoresho bihurizwa hamwe mu gukora igitaramo gifite isura yihariye.

Mu gitaramo yakoreye muri O2 Arena London mu 2023, Rema na bwo yakoresheje ibishushanyo binini birimo ifarashi, igisiga kinini ndetse n’ibindi bimenyetso byari byateje impaka.

Icyo gihe, Rema yasobanuye ko ibyo bitagomba gufatwa nk’ibimenyetso bya Illuminati cyangwa ubupagani, ahubwo ko bifitanye isano n’umuco n’amateka y’Abedo bakomokamo muri Nigeria, ndetse n’uburyo we ubwe akoresha ubuhanzi mu kwigaragaza.

Ni muri uwo murongo kandi ibishushanyo bya ‘Kagoma’ n’igisamagwe byagaragaye i Kigali bishobora kurebwa nk’igice cy’uburyo Rema yubaka igitaramo cye n’ishusho y’umuhanzi.

3. ‘Soweto’ yatumye BK Arena ihinduka urubyiniro rumwe

Mu ndirimbo zakuruye cyane abafana harimo ‘Soweto’, indirimbo Rema yakoranye na Victony, Tempoe na Don Toliver.

Ubwo iyi ndirimbo yatangiraga, abafana benshi bayifatanyije na Rema, bayiririmba ijambo ku rindi. Byagaragaje ko indirimbo ze zitamenyerewe gusa mu Rwanda, ahubwo ko hari umubare munini w’abazi n’amagambo yazo.

Rema yakomeje gutanga ibyishimo binyuze mu zindi ndirimbo zirimo ‘Azaman’, ‘Bounce’, ‘Holiday’, n’izindi zamufashije kubaka izina rikomeye muri Afrobeats.

4. ‘Dumebi’ yatumye Rema yikuramo imyenda

Mu gihe cy’igitaramo, Rema yageze ku ndirimbo ‘Dumebi’, imwe mu ndirimbo zamufashije kumenyekana cyane kuva mu ntangiriro z’umwuga we.

Iyi ndirimbo yasohotse mu 2019, kandi ubwo yayiririmbaga i Kigali, Rema yakoze igikorwa cyakuruye cyane abafana: yikuye imyenda yari yambaye maze akomeza kuririmba ari kumwe na bo.

Abari muri BK Arena bakomeje kumufasha kuririmba, bigaragara ko iyi ndirimbo ikiri mu zo abafana be bibukiraho ibihe bitandukanye by’umuziki we.

5. Rema yasoreje kuri ‘Ozeba’, ashimira Kigali

Nyuma y’isaha n’iminota 20 ari ku rubyiniro, Rema yasoreje igitaramo ku ndirimbo ‘Ozeba’.

Yasabye abafana kuyibyina no gukomeza kwishimira umuziki we, maze asoza igitaramo ashimangira ko yishimiye cyane kongera gutaramira i Kigali.

Mu magambo ye, Rema yavuze ko ubwo yaherukaga i Kigali yari akiri muto, afite imyaka 22, ariko kuri ubu akaba afite imyaka 26. Ibi byagaragaje ko we ubwe yabonaga ko kuva mu 2023 kugeza mu 2026 umwuga we n’ubuzima bwe byari byarateye indi ntambwe.

Rema yavuye ku rubyiniro nyuma yo guha abafana igitaramo cyaranzwe n’imbaraga, indirimbo zakunzwe n’imyiyereko itandukanye.

Saràh Phenom na we yahuye n’imbogamizi mbere yo kuririmba

Mbere y’uko Rema afata urubyiniro, abahanzi Nyarwanda barimo Kivumbi King, Kenny Sol na Saràh Phenom bari mu bari bateganyijwe gususurutsa abitabiriye, mu gihe abavanga imiziki nka DJ Senshi na DJ Marnaud na bo bagize uruhare mu gutuma igitaramo gikomeza kuba kiza.

Saràh Phenom, umuhanzi w’Umunyarwandakazi ukorera umuziki mu Bwongereza, ni umwe mu byaje kuvugwaho cyane nyuma y’igitaramo.

Uyu muhanzi yagaragaje ko atishimiye uburyo umuntu wo muri BK Arena yagerageje kumubuza kujya ku rubyiniro, kandi yari ku rutonde rw’abahanzi bari bateganyijwe kuririmba.

Nyuma y’igitaramo, Saràh Phenom yashyize amashusho kuri Instagram avuga ko ikibazo cyari gikomeye ku buryo byasabye bamwe mu bari kumwe na Rema ndetse n’abandi bahanzi kugira uruhare kugira ngo abashe kuririmba.

Ati: “Ndashaka kubabwira y’uko hari umuntu utifuzaga ko njya ku rubyiniro. Kugeza ubwo abo mu ikipe ya Rema babigiyemo, n’abandi bahanzi baringinga cyane. Ikipe ya Rema yakuyeho ibyo byose, mbona kujya ku rubyiniro.”

Ibi byatumye igitaramo cya Rema gikomeza kuvugwa no nyuma y’uko amatara yo kuri BK Arena bayazimya, kuko uretse umuziki n’imyidagaduro byagaragaye kuri urwo rubyiniro, hanavuzwe ibibazo byabaye mbere y’uko bamwe mu bahanzi babona umwanya wo kuririmba.

Muri rusange, igitaramo cya Rema cyagaragaje umuhanzi ufite umwihariko ukomeye mu kubaka ibitaramo bye, guhuza umuziki n’amashusho, ndetse no gukoresha ababyinnyi n’ibindi bikoresho kugira ngo buri ndirimbo ibe igice cy’inkuru iri kuvugirwa ku rubyiniro.

Kuri benshi mu bari muri BK Arena, iri joro ryasize urwibutso rw’indirimbo zakunzwe, ibyishimo n’imyiyereko ya Rema, mu gihe uyu muhanzi yerekanye impamvu akomeje gufatwa nk’umwe mu bahanzi bakomeye mu muziki wa Afrobeats ku rwego mpuzamahanga.

Rema, umuhanzi wakuze vuba mu ruhando mpuzamahanga

Rema ni umwe mu bahanzi bagaragaje uburyo umuziki wa Nigeria, by’umwihariko Afrobeats, wakomeje kwigarurira amatwi y’abakunzi b’umuziki ku isi.

Yamenyekanye cyane mu ndirimbo nka ‘Iron Man’, indirimbo yaje no gushyirwa na Barack Obama, wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ku rutonde rw’indirimbo yakunze mu 2019.

Kuva icyo gihe, izina rya Rema ryakomeje kuzamuka.

Uyu muhanzi yavukiye mu Mujyi wa Benin muri Nigeria. Mu 2018, yasubiyemo indirimbo ‘Gucci Gang’ ya D’Prince, bituma uyu muraperi amwitaho ndetse amufasha kwinjira muri Jonzing World.

Ni muri uru rugendo Rema yatangiye kubaka izina rye nk’umwe mu bahanzi bakiri bato bafite ubushobozi bwo guhuza injyana za Afurika n’amasoko mpuzamahanga.

Mu 2019 yasohoye EP yamwitiriwe, ndetse indirimbo ‘Dumebi’ iba imwe mu zamufashije kumenyekana cyane.

Yaje no kwegukana igihembo cya Next Rated muri Soundcity MVP Awards, igihembo gihabwa umuhanzi uba wagaragaje kuzamuka no kugira ubushobozi bwo gutegeka umuziki mu myaka iri imbere.

Kugeza ubu, Rema abarizwa muri Jonzing World, label ifitanye isano na Mavin Records, imwe mu nzu zikomeye mu muziki wa Nigeria.

Mu ndirimbo ze zizwi harimo ‘Soundgasm’, ‘Spiderman’, ‘American Love’, ‘Ginger Me’ n’izindi, mu gihe umuziki we wakomeje kumwinjiza mu marushanwa n’ibikorwa bikomeye ku rwego mpuzamahanga.

Rema yavuze ko yaherukaga i Kigali afite imyaka 22 y'amavuko, none ubu arizihiza imyaka 26 ishize abonye izuba

Rema yataramanye n'ababyinnyi bo muri Sherrie Silver Foundation ku rubyiniro yaherukagaho mu 2023

Rema yari yateguriwe ikibumbamo gishushanya 'Kagoma' iguruka, iruhande rwayo hari 'igisamagwe' mu gitaramo yakoreye muri BK Arena


Ku rubyiniro, Rema yerekanaga ibimenyetso birimo umusaraba, inkota, amababa y'inyoni ya 'Kagoma' n'ibindi





Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...