Imyiteguro igeze kure –Uko Riderman yiteguye gususurutsa ab'i Musanze muri MTN Iwacu Muzika Festival (VIDEO)

Imyidagaduro - 23/07/2026 4:47 AM
Share:

Umwanditsi:

Imyiteguro igeze kure –Uko Riderman yiteguye gususurutsa ab'i Musanze muri MTN Iwacu Muzika Festival (VIDEO)

Mu gihe hasigaye iminsi micye ngo MTN Iwacu Muzika Festival igere mu Karere ka Musanze, umuraperi Gatsinzi Emery wamamaye nka Riderman yavuze ko we ageze kure imyiteguro yo kuzataramira abafana, abasezeranya igitaramo kizaba cyuzuyemo ibyishimo n'ibihe bitazibagirana.

Uyu muraperi umaze imyaka 20 yubaka izina muri Hip Hop nyarwanda ni umwe mu bazongera guhurira ku rubyiniro n'abakunzi b'umuziki muri iki gitaramo gitegerejwe ku wa 25 Nyakanga 2026 kuri Sitade Ubworoherane i Musanze, aho azaririmba nk'umwe mu bahanzi batwaye irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Riderman yavuze ko imyiteguro iri kugenda neza, ndetse ko icyo yifuza ari ugutanga ibyishimo nk'ibisanzwe. Ati: "Imyiteguro imeze neza n'ubu turacyayirimo, ariko nk'ibisanzwe nditeguye gutanga ibyishimo ku bantu bazaba bahari."

Aya magambo agaragaza icyizere uyu muraperi afite mbere yo kongera guhura n'abakunzi be, cyane cyane abo mu Ntara y'Amajyaruguru bazaba bitabiriye iki gitaramo.

Riderman yavuze ko icyo yifuza kurusha ibindi ari ukubona abafana be bitabira ari benshi, bakaza bafite inyota yo kwishimana n'abahanzi.

Yagize ati: "Bazaze ari benshi, bazaze biteguye gususuruka, baze biyumvamo igitaramo. Cyane cyane ko turi kumwe na MTN kandi 'nicyo gihe', hanyuma no kuri Primus 'icyaka ntikibaho', ni inzoga y'abantu bishimye. Ni ibintu bibiri bigiye guhura kandi byose bitanga vibes."

Ni ubutumwa buhuza neza n'insanganyamatsiko y'ibi bitaramo bimaze imyaka biranga impeshyi y'Abanyarwanda, aho umuziki, imyidagaduro n'abafana bihurira ku rubyiniro rumwe.

Nubwo Riderman amaze imyaka 20 mu muziki, yavuze ko gutegura urutonde rw'indirimbo azaririmba bitajya byoroha, bitewe n'ubwinshi bw'ibihangano bye ndetse n'ubwoko butandukanye bw'abafana baza mu bitaramo.

Yasobanuye ko ahora ashaka guhuza abakuranye n'indirimbo ze za mbere ndetse n'urubyiruko rwamenyanye na we mu myaka ya vuba.

Ati: "Ntabwo biba byoroshye guhitamo indirimbo, ariko umuntu areba izo dushobora guhurizaho turi benshi. Yaba ari iz'urubyiruko ndetse n'abacyera. Ku buryo wa muntu wa cyera aza kumva zimwe mu ndirimbo zanjye za cyera, ariko n'abo muri iki gihe nabo bakiyumvamo. Ni ugushaka aho duhuriza, ku buryo buri wese uhagera agira indirimbo ya Riderman azi."

Ibi ni byo byatumye Riderman akomeza kuba umwe mu bahanzi bake bashobora guhuza ibisekuru bitandukanye ku rubyiniro rumwe, aho indirimbo ze za kera n'izo aheruka gukora zikomeza gukundwa.

Igitaramo cya Musanze kizahuza abahanzi bamaze kwigarurira imitima ya benshi barimo Ross Kana, Amalon, Marina, Davis D, Bushali, Kivumbi King, Chriss Eazy na Kenny Sol, bazahurira ku rubyiniro rumwe na Riderman mu gitaramo gitegerejwe n'abatari bake.

Biteganyijwe ko kizaba kimwe mu bitaramo bikomeye bya MTN Iwacu Muzika Festival 2026, by'umwihariko kubera uburyo abaturage bo mu Majyaruguru basanzwe bagaragaza urukundo rwihariye ku muziki no ku bitaramo byo ku rwego rw'igihugu.

MTN Iwacu Muzika Festival 2026 iri kuba ku nshuro ya karindwi, itegurwa na East African Promoters (EAP) ku bufatanye na MTN Rwanda na Bralirwa binyuze muri Primus.

Yatangiye ku wa 20 Kamena 2026 i Huye, ikomeza i Ngoma, Muhanga, Karongi na Nyagatare, mbere yo kugera i Musanze ku wa 25 Nyakanga 2026, naho izasorezwa i Rubavu ku wa 1 Kanama 2026.

Nyuma y'uko ibitaramo byabanje byitabiriwe n'imbaga y'abakunzi b'umuziki hirya no hino mu gihugu, amaso menshi ubu ahanzwe i Musanze, aho Riderman n'abandi bahanzi biteguye kongera kwandika amateka y'iri serukiramuco ryabaye kimwe mu bikomeye mu Rwanda.


Riderman yatangaje ko yiteguye gususurutsa abakunzi b’umuziki binyuze muri MTN Iwacu Muzika Festival


Riderman yasabye abafana kuzitabira ku bwinshi iki gitaramo kizabera i Musanze ku wa 25 Nyakanga 2026


Riderman azaririmba muri ibi bitaramo nk’umwe mu batwaye Primus Guma Guma Super Stars


KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE N'UMURAPERI RIDERMAN


KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'ESE WARIKINIRAGA' RIDERMAN YASUBIYEMO YA KING JAMES


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...