Mu
ntangiriro z’iki cyumweru, abahanzi barimo Bwiza na The Ben ni bwo bageze mu
Bubiligi naho ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, Chriss Eazy nawe afata
rutemikirere imwerekeza i Burayi by'umwihariko mu gihugu cya Sweden.
Si
aba gusa ahubwo benshi mu bari ku ruhembe rw’imyidagaduro mu Rwanda bari i Burayi ku
mpamvu zo gushaka amafaranga binyuze mu bitaramo bizenguruka ibihugu
bitandukanye i Burayi.
Dore
abahanzi n’abandi bari mu myidagaduro nyarwanda berekeje i Burayi
1. The
Ben
Kuri
uyu wa 08 Werurwe 2025, The Ben arataramana na Bwiza mu Bubiligi mu gitaramo
cyo kumenyekanisha album ‘25Shades’ y’umuhanzikazi Bwiza. Nyuma y’aho, ku wa 22
Werurwe 2025, The Ben azataramira mu Budage mu gitaramo cye cyo kumenyekanisha
album ‘Plenty Love’.
2. Bwiza
Kuri
uyu wa 08 Werurwe 2025, Bwiza arakorera igitaramo mu Bubiligi kigamije
kumenyekanisha album ye yise ‘25Shades’ akaba yaratumiyemo abarimo The Ben,
Ally Soudy na Luck Nzeyimana.
3. Chriss
Eazy
Uyu
muhanzi waraye afashe rutemikirere kuri uyu wa kane, yerekeje mu gihugu cya
Sueden aho ataramira kuri uyu wa 08 Werurwe 2025 akagaruka mu Rwanda gato
hanyuma agasubira i Burayi mu bitaramo bizazenguruka u Burayi. Hari amakuru
avuga ko uyu muhanzi abanza guca mu Bubirigi akaramutsa umukunzi we.
4. Ishimwe
Josh
Uyu
musore wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana gusa akaba ari mu
nzira zo kuva mu busiribateri, amaze iminsi ku mugabane w’i Burayi aho
yanasabiye umukobwa bakundana kuzamubera umufasha.
Uyu
musore arataramana na Aline Gahongayire ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu mu
gihugu cy’Ububirigi ahitwa Rue Stroobants.
5. Aline
Gahongayire
Ni
we wagize uruhare mu itumirwa rya Ishimwe Josh mu gitaramo baza gukorana ku
mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu mu Bibiligi. Ni mu gitaramo yise ‘Ndashima Live
Concert’.
6. Lucky
Nzeyimana
Uyu
munyamakuru ni umwe mu bazaba ari abashyushyarugamba mu gitaramo cya Bwiza
kirabera mu Bubiligi kuri uyu wa 08 Werurwe 2025. Ni igitaramo kiririmbwamo na
The Ben.
7. Ally
Soudy
Uyu
mugabo usanzwe utuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse akaba ari n’umwe
mu bategura bakanayobora ibitaramo, araba ari mu Bubiligi mu gitaramo cya Bwiza
kigamije kumenyekanisha album ‘25Shades’.
8. Junior
Giti
Junior
Giti yaherekeje Chriss Eazy mu bitaramo azakorera muri Sueden ndetse bakaba
bazanakomezanya mu bindi bitaramo arimo ateganya gukora bizenguruka umugabane w'u Burayi.
9. David
Bayingana na Muyoboke Alex
Aba
bagabo bakunda kugendana na The Ben, ni bamwe mu bamuherekeje mu Bubiligi aho
agiye gutaramira afasha Bwiza kumvisha abafana be album ‘25Shades’ ndetse The
Ben we akazakomeza gukora ibitaramo bitandukanye i Burayi.
Bwiza na The Ben barataramira mu Bubirigi kuri uyu wa gatandatu
Chriss Eazy yerekeje i Burayi mu gihugu cya Sueden
David Bayingana yaherekeje The Ben i Burayi