Uyu munsi, nyuma y’imyaka umunani
ishize batangiye urugendo rwabo ku giti cyabo, bari ku rwego rushya rw’ubuzima
n’umuziki.
Ni inkuru y’abakobwa babiri
bamenyekanye bakiri abana, bakundirwa impano yabo idasanzwe, banyura mu bibazo
by’umwuga n’ubuzima bwite, ariko bagakomeza kugumana izina rikomeye mu muziki
wa Gospel nyarwanda.
Album
yabaye amateka y’ubuzima bwabo
Mu Ukuboza 2022, Vestine na Dorcas
bamuritse album yabo ya mbere bise “Nahawe Ijambo”, igikorwa cyari gikubiyemo
imyaka myinshi y’imbaraga, amasengesho, amasomo n’urugendo rw’umuziki.
Icyo gihe, Kamikazi Dorcas yabwiye
itangazamakuru ko iyo album itari urutonde rw’indirimbo gusa, ahubwo yari
amateka y’ubuzima bwabo.
Yasobanuye ko bayikoze bakiri
abanyeshuri, bahora bahanganye n’amasomo, ibizamini, imyitozo y’indirimbo n’ingendo
zitandukanye zijyanye n’umuziki.
Yagize ati: "Ni amateka kuri
twe. Twari tukiri ku ntebe y’ishuri ariko tugakomeza gukora umuziki kugeza
album irangiye. Byasabaga kwiga no gukora umuziki icyarimwe."
Iyo album yari iriho indirimbo
zakunzwe zirimo Si Bayali, Ibuye, Arakize, Simpagarara, Adonai, Papa na
Nzakomora, zafashije gukomeza kububakira izina rikomeye mu muziki wo kuramya no
guhimbaza Imana.
Inkuru
yatangiriye muri Sunday School
Mbere y’uko izina rya Vestine na
Dorcas rimenyekana mu Rwanda hose, bari abana basanzwe bakomoka mu Karere ka
Musanze.
Bavukiye mu muryango wubaha Imana
wa Nizeyimana Mazimpaka na Uzamukunda Elizabeth. Bakuranye n’abandi bavandimwe
bane, baba abana batandatu mu rugo.
Nk’abana benshi bo mu miryango
y’abakristo, urugendo rwabo rwatangiriye muri Sunday School no muri Goshen
Choir yo mu Itorero rya ADEPR.
Ababakurikiranye kuva kera bavuga
ko impano yabo yatangiye kugaragara bakiri bato cyane. Amajwi yabo n’uburyo
bahuzaga kuririmba byatumye bakundwa mu rusengero mbere y’uko bagera ku
rubyiniro runini.
Mu 2018 bahisemo gutangira gukora
umuziki ku giti cyabo, batangira basubiramo indirimbo z’abandi bahanzi. Izo ‘cover’
zakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, zituma abantu benshi batangira kubamenya.
MIE
yinjira mu rugendo rwabo
Mu gihe impano yabo yari ikomeje
kugaragara, Murindahabi Irène yabonye amahirwe yo kuyifasha kugera kure.
Iyo ndirimbo yafunguye imiryango
mishya. Batangira gutumirwa mu bitaramo bikomeye, itangazamakuru ritangira
kubitaho, ndetse izina ryabo ritangira kuvugwa no hanze y’u Rwanda.
Ku rwego rw’umwuga, benshi bemera
ko uruhare rwa M. Irène rwabaye ingenzi cyane mu kububakira inzira yo kugera ku
rwego bagezeho.
Mbere y’icyo gihe, umuryango wabo
ntiwari uzwi cyane mu ruhando rw’imyidagaduro, ndetse na bo ubwabo bari abana
b’abanyeshuri bafite impano ariko batarabona uburyo bwo kuyigeza kure.
Kumenyekana
bakiri bato: umugisha n’ikigeragezo
Igihe batangiraga gukorana na MIE,
Vestine yari afite imyaka 16 mu gihe Dorcas yari afite imyaka 15.
Kubera ko bari bakiri bato,
amasezerano ya mbere yakorwaga mu izina ryabo yasinywe n’umubyeyi wabo.
Kumenyekana ukiri umwana bishobora
kuba amahirwe adasanzwe, ariko nanone bikagira ingaruka nyinshi.
Abenshi mu bahanzi batangiye bakiri
bato bagira igihe kigoye cyo guhuza gukura kwabo nk’abantu, amashuri, ubuzima
bwite n’umwuga ubashyira imbere y’imbaga.
Ni
kimwe mu byo Vestine na Dorcas na bo banyuzemo.
Mu myaka itanu ishize, bagiye
bagarukwaho mu nkuru zitandukanye zirimo impaka ku miyoborere yabo, ibihuha
byakwirakwiriye ku mbuga nkoranyambaga ndetse n’ibibazo byihariye byagarutsweho
cyane cyane kuri Vestine.
Ariko nubwo ibyo byose byabayeho,
umuziki wabo ntiwahagaze. Igihe izina ryabo ryabaga rinini kurushaho.
Mu gihe bamwe bibandaga ku nkuru
zavugwaga hanze y’umuziki, bo bakomeje gukora.
Indirimbo zabo zakomeje kugera no
ku bantu badakoresha imbuga nkoranyambaga, ibintu bitorohera abahanzi benshi bo
mu gihe cya none.
Byatumye bahinduka bamwe mu
bahanzikazi bafite abakunzi benshi mu muziki wa ‘Gospel’ mu Rwanda.
Mu 2025 bongeye kugaragara cyane mu
itangazamakuru ubwo Vestine yakoraga ubukwe bwavuzwe cyane mu gihugu.
Ubwo bukwe bwakurikiwe n’ibiganiro
n’indirimbo zagaragaje ko ubuzima bwabo butari bugizwe gusa n’ibyishimo
n’intsinzi, ahubwo ko na bo banyura mu bigeragezo nk’abandi bose.
Muri uwo mwaka kandi batsindiye
igihembo cy’Abaramyi b’Umwaka muri Diva Awards, ikimenyetso cy’uko nubwo
habayeho urunturuntu rutandukanye, abakunzi babo bari bagikomeje
kubashyigikira.
Imperuka
y’urugendo rw’imyaka itanu
Ku wa 13 Kamena 2026 ni bwo Vestine
na Dorcas batangaje ko bahagaritse imikoranire na MIE Music.
Ni icyemezo cyahise gitangira
kuvugisha benshi, cyane cyane kubera imyaka myinshi bari bamaze bakorana
n’umusaruro wari waragaragaye.
Mu gihe hari ababonaga ko ari
iherezo ry’inkuru yabo, amakuru yageze kuri InyaRwanda agaragaza ko bishobora
kuba ari intangiriro y’ikindi cyiciro gishya.
Kamikazi Dorcas yamaze kugera muri
Canada aho asanze mukuru we Ishimwe Vestine.
Amakuru ava mu babakurikiranira
hafi avuga ko muri icyo gihugu ari ho bashobora gukomeza ibikorwa byabo bya
muzika, bafashijwe n’abafatanyabikorwa bashya biteguye kubatera inkunga.
Hari kandi amakuru avuga ko muri
Kanama 2026 bashobora gutaramira mu Mujyi wa Quebec mu gitaramo gishobora
guhuriramo n’abahanzi barimo Prosper Nkomezi, Ben na Chance.
Ese
bazakomeza nk’uko wabamenye?
Vestine na Dorcas batangiye
urugendo rwabo ari abakobwa babiri bato, bafite intego imwe, bakorera mu gihugu
kimwe kandi bari mu buzima busa.
Vestine yamaze kubaka urugo. Ni
umugore wa Ouédraogo ukomoka muri Burkina Faso. Dorcas we aracyari umukobwa.
Ubuzima bw’umuntu washinze urugo
akenshi bugenda buhinduka, cyane cyane iyo akora umwuga usaba ingendo nyinshi,
amasaha menshi muri ‘studio’ n’ibikorwa byo kwamamaza umuziki.
Ni yo mpamvu amateka y’umuziki
agaragaza ko amatsinda menshi cyangwa abahanzi bakoranaga nk’umuryango rimwe na
rimwe bagera aho bagahitamo inzira zitandukanye.
Mu Rwanda, abantu benshi
baracyibuka ihagarikwa ry’amatsinda nka Dream Boys na Urban Boys. No hanze y’u
Rwanda hari amatsinda nka P-Square, Fifth Harmony na One Direction yigeze
gukundwa cyane ariko nyuma abanyamuryango bayo bagahitamo gukomeza ukwabo.
Icyakora ku ruhande rwa Vestine na
Dorcas, nta kimenyetso kiragaragaza ko bagiye gutandukana nk’itsinda.
Ahubwo ibimenyetso bihari byerekana
ko bashaka gukomeza urugendo rwabo bari kumwe, ariko mu rwego rushya, ahantu
hashya no mu mikoranire mishya.
Inkuru
itararangira
Mu myaka umunani ishize, Vestine na
Dorcas bakoze urugendo rurerure kuva muri Goshen Choir y’i Musanze kugeza ku
rubyiniro mpuzamahanga.
Bakoze umuziki bakiri abanyeshuri.
Barangije amashuri. Bamenyekanye igihugu cyose. Bakoreye ibitaramo mu Rwanda no
hanze yarwo. Banyuze mu byishimo, ibigeragezo, impaka n’intsinzi.
Uyu munsi bafunze igice cy’ingenzi
cyanditswe hamwe na MIE Music.
Ariko nk’uko album yabo ya mbere
yari amateka y’urugendo rwabo rw’ishuri n’umuziki, indi paji nshya yatangiye
kwandikirwa muri Canada.
Ntawe uzi neza uko izarangira. Icyakora ikintu kimwe ntigishidikanywaho: izina rya Vestine na Dorcas rimaze kuba kimwe mu bimenyetso byaranze umuziki wa Gospel mu Rwanda, kandi inkuru yabo iracyafite indi mirongo myinshi itarandikwa.

Mu myaka itanu ishize, Vestine na Dorcas bakoreye ibitaramo bikomeye muri Canada mu rwego rwo kugeza kure ibikorwa byabo

Aha baganiraga n'itangazamakuru bitegura kumurika Album yabo ya mbere mu gitaramo bakoreye muri Camp Kigali

Vestine na Dorcas, amazina yakuriye i Musanze, ariko yaje kuba ikimenyabose binyuze mu kuramya no guhimbaza Imana

Vestine na Dorcas batangiye umuziki muri 2018, basubiramo indirimbo z'abandi bahanzi, ibyatumye impano yabo imenyekana cyane

Vestine na Dorcas batangiye umuziki bari ku ntebe y'ishuri, ibikorwa byabo bikomeza kurandaranda ku rwego rw'Isi

Ku wa 23 Ukuboza 2025, Kamikazi Dorcas yakiriye igikombe itsinda 'Vestine na Dorcas' ryegukanye muri Isango na Muzika Awards
