Imyaka 22 irashize Brenda Fassie yitabye Imana; ijwi ryasize umurage w’umwamikazi wa Pop

Imyidagaduro - 09/05/2026 6:25 PM
Share:

Umwanditsi:

Imyaka 22 irashize Brenda Fassie yitabye Imana; ijwi ryasize umurage w’umwamikazi wa Pop

Ku wa 9 Gicurasi 2004, ni bwo Afurika n’Isi muri rusange byakiriye inkuru y’incamugongo y’urupfu rwa Brenda Fassie, umwe mu bahanzikazi bakomeye Afurika y’Epfo yigeze kugira ndetse waniswe “Umwamikazi wa Pop muri Afurika”.

Yitabye Imana afite imyaka 39 nyuma y’igihe yari amaze ari muri koma mu Bitaro bya Sunninghill i Johannesburg, nyuma y’uko yari yagize ikibazo gikomeye cy’ubuhumekero cyatewe n’indwara ya asima, bikaza kuvamo guhagarara ku mutima n’ubuhumekero.

Uyu muhanzikazi wari uzwi cyane nka “MaBrrr” mu bakunzi b’umuziki, yasize amateka akomeye mu muziki nyafurika ndetse aba ikimenyetso cy’impinduramatwara mu njyana ya Township Pop na Kwaito.

Nubwo ubuzima bwe bwiganjemo ibihe bikomeye, ibibazo by’ibiyobyabwenge n’inkuru zakundaga kuvugwa mu itangazamakuru, izina rye ryakomeje kuguma hejuru nk’umwe mu bahanzi bacuruje cyane umuziki muri Afurika y’Epfo.

Umwana wavukiye i Langa akavamo inyenyeri ya Afurika

Brenda Fassie yavukiye mu gace ka Langa mu Mujyi wa Cape Town mu 1964, ari umwana wa nyuma mu muryango w’abana icyenda.

Yatangiye kuririmba afite imyaka ine gusa, ahumekewe na nyina wakundaga umuziki ndetse acuranga piano. Mu buto bwe yashinze itsinda ry’abana ryitwaga “Tiny Tots”, ari na bwo urugendo rwe rw’umuziki rwatangiriye.

Amaze kugira imyaka 14, yimukiye i Johannesburg ashaka amahirwe mu muziki. Ijwi rye rikomeye, ubushake budasanzwe n’imbaraga yagaragarizaga ku rubyiniro byatumye atangira kwigarurira abakunzi b’umuziki mu myaka ya 1980, mu gihe Afurika y’Epfo yari iri mu bihe bikomeye by’ivanguramoko rya ‘Apartheid’.

Yamamaye cyane mu 1983 binyuze mu ndirimbo “Weekend Special” yakoranye n’itsinda The Big Dudes.

Iyo ndirimbo yabaye ikimenyabose muri Afurika y’Epfo ndetse inagera ku rwego mpuzamahanga, ikundwa muri Amerika, u Bwongereza, u Burayi, Brazil na Australia.

Kubera uburyo yahuzaga impano idasanzwe, imyitwarire itangaje n’ubwamamare bukomeye, Brenda Fassie yiswe “Madonna of the Townships”.

Yabaye ijwi ry’abirabura benshi bo muri Afurika y’Epfo bari bamaze imyaka babayeho mu gitugu cya ‘Apartheid’.

Mu ndirimbo ze, ntiyaririmbaga gusa iby’urukundo cyangwa ubuzima busanzwe, ahubwo yanagarukaga ku mibereho y’abaturage n’uburenganzira bwabo.

Indirimbo nka “Black President” yabaye ikimenyetso cy’icyizere ku birabura bari barambuwe amahirwe n’ubutegetsi bwa ‘Apartheid’.

Nubwo yari afite ubutumwa buremereye mu muziki, Fassie yanashoboye gutuma abantu babyina no kwishima.

Yari umwe mu bahanzi bake bashoboye guhuza abantu b’amabara yose binyuze mu muziki mu gihe Afurika y’Epfo yari igikomeje kubamo amacakubiri.

Ubuzima bwa Brenda Fassie ntabwo bwari bworoshye. Yahuye n’ibibazo byinshi birimo ibiyobyabwenge, ubutane, ibibazo by’urukundo ndetse no kubura inshuti ze za hafi.

Mu 1989 yashakanye na Nhlanhla Mbambo ariko baza gutandukana mu 1991 hagati y’amakuru yavugaga ihohoterwa ryo mu rugo.

Nyuma y’ubutane bwe, ubuzima bwe bwatangiye kujya mu manga. Yatangiye kujya mu bigo byita ku bantu bafite ibibazo by’ibiyobyabwenge, abura ibitaramo, agirana ibibazo n’abateguraga ibitaramo ndetse anasigara mu myenda.

Mu 1994, yabyutse asanga umukunzi we Poppie Sihlahla yapfuye nyuma yo gukoresha ibiyobyabwenge byinshi. Icyo gihe benshi batekereje ko ubuzima bwe bwo mu muziki bushobora kurangira, ariko ntiyacitse intege.

Kugaruka kwe gukomeye mu muziki

Mu 1996 Brenda Fassie yongeye gukora umuziki ku rwego rwo hejuru asohora album “Now Is The Time” yakoranyeho indirimbo ebyiri na Papa Wemba.

Nyuma yaho yongeye gukorana na Producer Sello “Chicco” Twala basohora album “Memeza” mu 1998.

Iyo album yariho indirimbo “Vulindlela” yabaye icyamamare muri Afurika yose ndetse imuhesha igihembo cya Kora Award nk’umuhanzikazi mwiza muri Afurika mu 1999.

Yakomeje gukora album zakunzwe cyane zirimo “Nomakanjani”, “Amadlozi”, “Mina Nawe”, “Myekeleni” na “Mali”.

Muri icyo gihe, Brenda Fassie yabaye umwe mu bahanzi bagurishije kopi nyinshi za album muri Afurika y’Epfo kurusha abandi benshi.

Nelson Mandela na Thabo Mbeki baramusuye mbere y’urupfu rwe

Mbere y’uko yitaba Imana, Brenda Fassie yari amaze icyumweru kirenga ari muri koma. Abayobozi bakomeye muri Afurika y’Epfo barimo Nelson Mandela na Thabo Mbeki bamusuye mu bitaro, bagaragaza uburyo yari umuntu ukomeye mu mateka y’umuco n’umuziki wa Afurika y’Epfo.

Urupfu rwe rwababaje benshi ku rwego rw’igihugu, aho abafana, abanyapolitiki n’abahanzi batandukanye bamushimiye uruhare yagize mu kuzamura umuziki nyafurika no gutanga ijwi ku baturage basanzwe.

Nubwo hashize imyaka 22 Brenda Fassie yitabye Imana, izina rye riracyafite uburemere bukomeye mu muziki wa Afurika. Yabaye urugero rw’umuhanzikazi utaratinye kuvuga ibyo atekereza, kwiyerekana uko ari no kurwanya imyumvire yari iganje muri sosiyete.

Indirimbo ze ziracyumvwa n’abatari bake, ndetse benshi bamufata nk’umwe mu bahanzi b’ibihe byose Afurika yigeze kugira.

Yafunguwe ku mugaragaro nk’icyitegererezo cy’umuziki wa Township Pop na Kwaito, ndetse uburyo yaririmbaga, kubyina no kwitwara ku rubyiniro byagize uruhare mu guhindura umuziki nyafurika.

Mbere y’uko apfa, Brenda Fassie yari yarigeze kuvuga amagambo yasigaye agarukwaho cyane n’abakunzi be ati: “I wanna be loved. I just wanna be loved”, bishatse kuvuga ngo “Icyo nshaka ni ugukundwa gusa.”

Uyu munsi, imyaka 22 nyuma y’urupfu rwe, Brenda Fassie aracyafatwa nk’ijwi ritazibagirana ryahinduye amateka y’umuziki muri Afurika.


Imyaka 22 irashize Brenda Fassie yitabye Imana, ariko ijwi rye n’umurage yasize mu muziki wa Afurika biracyariho kugeza uyu munsi


Brenda Fassie yasize amateka akomeye mu muziki nyafurika no mu rugamba rwo guha ijwi abirabura ba Afurika y’Epfo

KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO 'VULINDLELA' YA BRENDA FASSIE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...