Yitabye
Imana afite imyaka 39 nyuma y’igihe yari amaze ari muri koma mu Bitaro bya
Sunninghill i Johannesburg, nyuma y’uko yari yagize ikibazo gikomeye
cy’ubuhumekero cyatewe n’indwara ya asima, bikaza kuvamo guhagarara ku mutima
n’ubuhumekero.
Uyu
muhanzikazi wari uzwi cyane nka “MaBrrr” mu bakunzi b’umuziki, yasize amateka
akomeye mu muziki nyafurika ndetse aba ikimenyetso cy’impinduramatwara mu
njyana ya Township Pop na Kwaito.
Nubwo
ubuzima bwe bwiganjemo ibihe bikomeye, ibibazo by’ibiyobyabwenge n’inkuru
zakundaga kuvugwa mu itangazamakuru, izina rye ryakomeje kuguma hejuru nk’umwe
mu bahanzi bacuruje cyane umuziki muri Afurika y’Epfo.
Umwana
wavukiye i Langa akavamo inyenyeri ya Afurika
Brenda
Fassie yavukiye mu gace ka Langa mu Mujyi wa Cape Town mu 1964, ari umwana wa
nyuma mu muryango w’abana icyenda.
Yatangiye
kuririmba afite imyaka ine gusa, ahumekewe na nyina wakundaga umuziki ndetse acuranga
piano. Mu buto bwe yashinze itsinda ry’abana ryitwaga “Tiny Tots”, ari na bwo
urugendo rwe rw’umuziki rwatangiriye.
Amaze
kugira imyaka 14, yimukiye i Johannesburg ashaka amahirwe mu muziki. Ijwi rye
rikomeye, ubushake budasanzwe n’imbaraga yagaragarizaga ku rubyiniro byatumye
atangira kwigarurira abakunzi b’umuziki mu myaka ya 1980, mu gihe Afurika
y’Epfo yari iri mu bihe bikomeye by’ivanguramoko rya ‘Apartheid’.
Yamamaye
cyane mu 1983 binyuze mu ndirimbo “Weekend Special” yakoranye n’itsinda The Big
Dudes.
Iyo
ndirimbo yabaye ikimenyabose muri Afurika y’Epfo ndetse inagera ku rwego
mpuzamahanga, ikundwa muri Amerika, u Bwongereza, u Burayi, Brazil na
Australia.
Kubera
uburyo yahuzaga impano idasanzwe, imyitwarire itangaje n’ubwamamare bukomeye,
Brenda Fassie yiswe “Madonna of the Townships”.
Yabaye
ijwi ry’abirabura benshi bo muri Afurika y’Epfo bari bamaze imyaka babayeho mu
gitugu cya ‘Apartheid’.
Mu
ndirimbo ze, ntiyaririmbaga gusa iby’urukundo cyangwa ubuzima busanzwe, ahubwo
yanagarukaga ku mibereho y’abaturage n’uburenganzira bwabo.
Indirimbo
nka “Black President” yabaye ikimenyetso cy’icyizere ku birabura bari barambuwe
amahirwe n’ubutegetsi bwa ‘Apartheid’.
Nubwo
yari afite ubutumwa buremereye mu muziki, Fassie yanashoboye gutuma abantu
babyina no kwishima.
Yari
umwe mu bahanzi bake bashoboye guhuza abantu b’amabara yose binyuze mu muziki
mu gihe Afurika y’Epfo yari igikomeje kubamo amacakubiri.
Ubuzima
bwa Brenda Fassie ntabwo bwari bworoshye. Yahuye n’ibibazo byinshi birimo
ibiyobyabwenge, ubutane, ibibazo by’urukundo ndetse no kubura inshuti ze za
hafi.
Mu
1989 yashakanye na Nhlanhla Mbambo ariko baza gutandukana mu 1991 hagati
y’amakuru yavugaga ihohoterwa ryo mu rugo.
Nyuma
y’ubutane bwe, ubuzima bwe bwatangiye kujya mu manga. Yatangiye kujya mu bigo
byita ku bantu bafite ibibazo by’ibiyobyabwenge, abura ibitaramo, agirana ibibazo
n’abateguraga ibitaramo ndetse anasigara mu myenda.
Mu
1994, yabyutse asanga umukunzi we Poppie Sihlahla yapfuye nyuma yo gukoresha
ibiyobyabwenge byinshi. Icyo gihe benshi batekereje ko ubuzima bwe bwo mu
muziki bushobora kurangira, ariko ntiyacitse intege.
Kugaruka kwe
gukomeye mu muziki
Mu
1996 Brenda Fassie yongeye gukora umuziki ku rwego rwo hejuru asohora album
“Now Is The Time” yakoranyeho indirimbo ebyiri na Papa Wemba.
Nyuma
yaho yongeye gukorana na Producer Sello “Chicco” Twala basohora album “Memeza”
mu 1998.
Iyo
album yariho indirimbo “Vulindlela” yabaye icyamamare muri Afurika yose ndetse
imuhesha igihembo cya Kora Award nk’umuhanzikazi mwiza muri Afurika mu 1999.
Yakomeje
gukora album zakunzwe cyane zirimo “Nomakanjani”, “Amadlozi”, “Mina Nawe”,
“Myekeleni” na “Mali”.
Muri
icyo gihe, Brenda Fassie yabaye umwe mu bahanzi bagurishije kopi nyinshi za
album muri Afurika y’Epfo kurusha abandi benshi.
Nelson Mandela na
Thabo Mbeki baramusuye mbere y’urupfu rwe
Mbere
y’uko yitaba Imana, Brenda Fassie yari amaze icyumweru kirenga ari muri koma.
Abayobozi bakomeye muri Afurika y’Epfo barimo Nelson Mandela na Thabo Mbeki
bamusuye mu bitaro, bagaragaza uburyo yari umuntu ukomeye mu mateka y’umuco
n’umuziki wa Afurika y’Epfo.
Urupfu
rwe rwababaje benshi ku rwego rw’igihugu, aho abafana, abanyapolitiki
n’abahanzi batandukanye bamushimiye uruhare yagize mu kuzamura umuziki
nyafurika no gutanga ijwi ku baturage basanzwe.
Nubwo
hashize imyaka 22 Brenda Fassie yitabye Imana, izina rye riracyafite uburemere
bukomeye mu muziki wa Afurika. Yabaye urugero rw’umuhanzikazi utaratinye kuvuga
ibyo atekereza, kwiyerekana uko ari no kurwanya imyumvire yari iganje muri
sosiyete.
Indirimbo
ze ziracyumvwa n’abatari bake, ndetse benshi bamufata nk’umwe mu bahanzi
b’ibihe byose Afurika yigeze kugira.
Yafunguwe
ku mugaragaro nk’icyitegererezo cy’umuziki wa Township Pop na Kwaito, ndetse
uburyo yaririmbaga, kubyina no kwitwara ku rubyiniro byagize uruhare mu
guhindura umuziki nyafurika.
Mbere
y’uko apfa, Brenda Fassie yari yarigeze kuvuga amagambo yasigaye agarukwaho
cyane n’abakunzi be ati: “I wanna be loved. I just wanna be loved”, bishatse
kuvuga ngo “Icyo nshaka ni ugukundwa gusa.”
Uyu munsi, imyaka 22 nyuma y’urupfu rwe, Brenda Fassie aracyafatwa nk’ijwi ritazibagirana ryahinduye amateka y’umuziki muri Afurika.

Imyaka 22 irashize Brenda Fassie yitabye Imana, ariko ijwi rye n’umurage yasize mu muziki wa Afurika biracyariho kugeza uyu munsi

Brenda Fassie yasize amateka akomeye mu
muziki nyafurika no mu rugamba rwo guha ijwi abirabura ba Afurika y’Epfo
KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO 'VULINDLELA' YA BRENDA FASSIE
