Mu gihe ryitegura igitaramo
gikomeye cyiswe “Gira u Rwanda” kizabera muri Kigali Serena Hotel ku wa
Gatandatu tariki 25 Nyakanga 2026, iri torero ntiriri gutegura igitaramo gusa,
ahubwo riri no kwizihiza imyaka 12 ishize ritangiye urugendo rwo gusigasira no
guteza imbere umuco nyarwanda.
Ni imyaka, nk'uko ubuyobozi bwaryo
bubivuga, yaranzwe no gukura, kwaguka no kugera ku ntego nyinshi bari bihaye.
Mu Rwanda, amatorero gakondo afite
uruhare rukomeye mu kubungabunga umurage w’umuco no kuwugeza ku rubyiruko. Ni
yo yigisha abakiri bato imbyino z’umuco, indirimbo gakondo, gucuranga inanga
n’ingoma, ndetse n’indangagaciro zaranze Abanyarwanda kuva kera.
Intayoberana ni imwe mu ngero
zigaragaza ko uwo murage ushobora kubaho mu buryo bujyanye n’ibihe, utarinze
gutakaza umwimerere wawo.
Ryashinzwe mu 2014 na Kayigemera
Sangwa Aline, ubu rikaba rigizwe n’ababyinnyi barenga 100. Mu myaka 12 rimaze
kubaho, rimaze gukora ibitaramo birenga 250 mu bihugu bisaga 25 ku Isi,
rihinduka umwe mu ba ambasaderi b’umuco nyarwanda.
Mu kiganiro na InyaRwanda,
Umuyobozi w’Itorero Intayoberana, Kayigemera Sangwa Aline, yavuze ko iyo arebye
aho batangiriye n’aho bageze, asanga urugendo rwabo rwarabaye urw’iterambere
rudasanzwe.
Yagize ati: "Imyaka 12
yaranzwe n'ibitaramo. Yaranzwe n'ingendo zitandukanye mu bihugu bitandukanye,
yaranzwe kandi no kwaguka mu buryo bwose."
Icyakora, avuga ko nta rugendo
rubaho rudafite amasomo. Mu byo banyuzemo harimo n’ibihe bikomeye bya Covid-19,
byasubije inyuma ibikorwa byinshi by’imyidagaduro n’umuco.
Ati: "Byanze bikunze harimo
amasomo. Kwiga ni uguhozaho mu buzima bwa buri munsi. Kugirango ube
inararibonye n'uko hari ibyo warabonye, turakiga kandi kwiga
ntibirangire."
Akomeza agaragaza ko nubwo icyorezo
cyagize ingaruka zikomeye, batigeze bacika intege.
Avuga ati "Hari amasomo meza
ndetse n'amabi. Murabizi ko hanyuzemo Covid-19 nayo ntiyatworoheye, hari ibyo
yagiye isubiza inyuma. Ariko ngira ngo ikirangire nitwe bantu ba mbere twakoze
igitaramo kugira ngo twongere tubashe kubyuka. Nyuma yacu twabonye n'abandi
benshi bumva ko gutarama bishoboka, ubuzima bugakomeza n'ubwo umuntu aba
yaranyuze ahakomeye."
Aline avuga ko kimwe mu bintu
bibashimisha cyane ari ukubona abana batojwe n’itorero bakura bakagera ku nzozi
zabo.
Ati: "Turarera tugakuza, bamwe
bakajya mu mashuri yisumbuye, abandi bakajya i Burayi, abandi
bagashyingirwa."
Ibi ni kimwe mu bimenyetso
byerekana ko Intayoberana itari ahantu ho kubyina gusa, ahubwo ari ishuri
ry'ubuzima, aho urubyiruko rwigira ubupfura, gukorera hamwe, kwigirira icyizere
no gukunda igihugu.
Mu rugendo rwayo, Intayoberana
yagiye itegura ibitaramo byagiye bisiga amateka.
Mu 2018 bakoze "Twambaye
Ikirezi", igitaramo cyagaragaje ubwiza bw’umuco nyarwanda n’ubudasa bwawo.
Ku wa 25 Ukuboza 2022, bateguye
"Igitaramo Iwacu" cyabereye ahahoze ari L’Espace, kigamije kongera
gusigasira umuco wo gutaramira hamwe no gukunda umuco nyarwanda.
Mu Ugushyingo 2023 basubiye ku
rubyiniro binyuze mu gitaramo "Akanigi Kanjye", cyari kigamije
kongera gukumbuza abakunzi b’umuco uburyohe bw’umudiho gakondo.
Uyu mwaka, bagarukanye "Gira u
Rwanda", igitaramo bavuga ko kizaba urubuga rwo kongera kwibutsa
Abanyarwanda ko gukunda igihugu bitangirira no gukunda umuco wacyo.
Abazacyitabira bazinjira bishyuye
10,000 Frw, 20,000 Frw, cyangwa 25,000 Frw mu myanya y’icyubahiro. Ameza
y’abantu umunani azagurwa 200,000 Frw. Ku munsi w’igitaramo, ibiciro
bizazamuka, aho amatike azagura 15,000 Frw, 25,000 Frw na 35,000 Frw, mu gihe
ameza azaba ari 250,000 Frw.
Mu gihe isi igenda ihinduka umunsi
ku wundi, kubungabunga umuco bisaba abantu bawukunda kandi bawushyira imbere.
Intayoberana imaze imyaka 12 yerekana ko bishoboka guhuza umuco n’ibihe,
ugakomeza kubaho no gukundwa n’abakiri bato.
Igitaramo "Gira u Rwanda" kizaba atari ijoro ryo kubyina no kuririmba gusa, ahubwo kizaba umwanya wo kwizihiza urugendo rw’imyaka 12 rw’itorero ryabaye umwe mu nkingi z’umuco nyarwanda, no kongera kwibutsa buri Munyarwanda ko umurage mwiza urindwa n’abawukunda.

Mu gihe bitegura gukora igitaramo bise ‘Gira u Rwanda’, Itorero Intayoberana ryatangaje ko cyanahujwe no kwizihiza imyaka 12 ishize batangiye guteza imbere umuco

Itorero Intayoberana rigiye gukora “Gira u Rwanda", igitaramo bavuga ko kizaba urubuga rwo kongera kwibutsa Abanyarwanda ko gukunda igihugu bitangirira no gukunda umuco wacyo

Umuyobozi w’Itorero Intayoberana, Kayigemera Sangwa Aline, yavuze ko iyo arebye aho batangiriye n’aho bageze, asanga urugendo rwabo rwabaye urw’iterambere rudasanzwe

Amatorero gakondo afite uruhare rukomeye mu kubungabunga umurage w’umuco no kuwugeza ku rubyiruko





KANDA HANO UREBE IKIGANIROTWAGIRANYE N’ABAGIZE ITORERO INTAYOBERANA
