Imvano y’indirimbo ‘Muhanyi w’ubuzima’ yahuje Flora Jackson na Maya Nzeyimana – VIDEO

Iyobokamana - 08/06/2025 11:21 AM
Share:

Umwanditsi:

Imvano y’indirimbo ‘Muhanyi w’ubuzima’ yahuje Flora Jackson na Maya Nzeyimana – VIDEO

Mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2025, Umurundikazi Flora Jackson na Maya Nzeyimana uzwi mu itsinda rya 'Fabrice& Maya' bahesheje abantu umugisha, bashyira hanze amashusho y’indirimbo ‘Muhanyi w’ubuzima,’ ishimangira ko Yesu wenyine ari we soko y’ubuzima budashira.

Ubwo yaganiraga na InyaRwanda, Flora Jackson uri mu baramyi bakomeye mu gihugu cy’u Burundi, yatangaje ko mu buzima busanzwe ari umukobwa ukijijwe, ukunda Imana no kuyikorera, kandi ukunda kuririmba cyane.

Flora ubarizwa no mu itsinda ry’abaramyi ryitwa ‘i’Pendo Sound,’ Yavuze ko indirimbo ye ya mbere yagiye ahagaragara mu 2023, mu gihe ubu amaze gukora izigera kuri eshatu zirimo iyo yise ‘Mwizigirwa,’ ‘Ndi uwo ndiwe,’ n’iyi nshya yise ‘Muhanyi w’ubuzima.’

Akomoza ku butumwa buyikubiyemo yagize ati: “Iyi ndirimbo ni isengesho, aho n’uyumva wese yakumva asubiye ku birenge by'Umwami kugira ngo amenye kimwe umwami amuhamagarira gukora n’aho Imana imwerekeza gusumba inzira zacu.”

Yasobanuye ko igitekerezo cyo gukorana na Maya cyaturutse ku kuba yarakuze akunda ibikorwa bye. Ati: “Ni umubyeyi nkunda cyane, nakuze mbona nkumva ndamukunze cyane. Igitekerezo kije niwe waje bwa mbere, ryari iteka cyane gukorana nawe.”

Fabrice & Maya ni abaramyi b'Abarundi batuye mu Rwanda, bakaba bakunzwe mu ndirimbo zitandukanye zirimo "Muremyi w'isi" ifatwa nk'ibendera ry'umuziki wabo dore ko imaze kurebwa n'abarenga Miliyoni imwe n'igice kuri Youtube, "Nduwawe", "Mw'Ijuru imbere y'Imana", "Ndi umwana w'Imana", "Yesu ndagukunze rwose", "Mucunguzi" n'izindi. 

Flora yavuze ko hari ibindi bikorwa byinshi ateganya gukora mu muziki, harimo n’izindi ndirimbo ateganya gushyira hanze mu gihe cya vuba.

Yasabye abakunzi b’ibihangano bye gukomeza kumushyigikira mu buryo bwose bushoboka, bamusengera, kandi bamuha hafi nk’uko basanzwe babikora. Ati: “Yesu ni Umwami kandi aragaruka vuba, icyo dukora tugikore kare.”

Flora Jackson na Maya Nzeyimana bahuriye mu ndirimbo ihamya ko Yesu ari inzira, ukuri n'ubugingo

Flora avuga ko yahisemo gukorana na Maya kuko yakuze amukunda

Nyuma y'iyi ndirimbo arateganya gusohora izindi ndirimbo nyinshi zitezweho guhindura ubuzima bwa benshi

Maya wakoranye na Flora akunzwe cyane mu itsinda rya 'Fabrice & Maya'

Ni umuririmbyi w'umuhanga

Flora Jackson ari mu baramyi bakunzwe i Burundi

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ‘MUHANYI W’UBUZIMA’ YA FLORA JACKSON NA MAYA NZEYIMANA


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...