Iyo nta yindi ni ‘"Laurette" imwe mu ndirimbo za
Mutamuliza Annonciata wamamaye nka Kamaliza mu muziki w’u Rwanda. Ni indirimbo
yifashishwa mu birori akenshi bijyanye n’ubukwe mu misango kuko izamura
amarangamutima ya benshi barangajwe imbere n’umukobwa uba ugiye gushyingirwa.
Ntabwo amateka y’iyi ndirimbo akunze kuvugwa ndetse
benshi bazi ko yaje bya gihanzi, ariko si ko bimeze nk’uko umuhanga mu mateka Imfura Loïc yabitangaje ku mbuga nkoranyambaga ze, akemeza ko ari indirimbo yahimbiwe Kantengwa Laurette.
Uyu yari umukobwa w'Umutware watwaye Chefferie ya
Bashumba-Nyakare chef Gitambaro
Elie, mwene Rukara rwa Kanuma ka Byabagabo wa Ruyenzi rwa Mutaga wa Rutamu rwa
Nyiramakende ya Mugunga wa Kibogo cya Ndahiro II Cyamatare Umwami w'u Rwanda (Abanyiginya
b'Abagunga).
Nyina wa Kantengwa Laurette yari Kanamugire Domitille wavutse kuri Kabatende mwene Ngamije wa
Rudakemwa rwa Sakufi wa Ngomiraronka wa Sharangabo rya Cyilima II Rujugira; Umwami w'u Rwanda (Abanyiginya b'Abasharangabo).
Kantengwa Laurette
ni umwe bashinze Umuryango wamenyekanye cyane ku
izina rya "Benimpuhwe" mu gihugu cy'u Burundi aho abanyarwanda bari
barahungiye.
Uwo muryango bawushinze mu rwego rwo gusigasira umuco
gakondo wari utangiye gukendera mu banyarwanda bari mu buhunzi.
Benimpuhwe wari ugizwe n'itorero ryigishaga rikanatoza
abahungu guhamiriza by'umwihariko bakigisha cyane abakobwa imbyino gakondo
n'imyuga itandukanye y'ubukorikori kugira ngo bazibesheho batandagaye.
Urugamba rwo kubohora igihugu rugitangira mu mwaka
w'1990, Kantengwa Laurette yahagurukanye ingoga afatanyije n'abakobwa ndetse
n'ababyeyi babarizwaga muri Benimpuhwe maze batanga umusanzu wabo mu kubohora
igihugu cyabo kugira ngo abanyarwanda bari ishyanga batahuke mu gihugu cyabo
cy'u Rwanda.
Batanze umusanzu wabo, bakora ibitaramo byinshi mu
gihugu cy'u Burundi no mu bindi bihugu Abanyarwanda bari barahungiyemo nka RDC, Uganda n’ibindi.
Ibyo babikoraga kandi mu rwego rwo gukusanya
amafaranga/inkunga yo gufasha inkotanyi ku rugamba no kubona ingemu z'abagabo
n'abasore b'inkotanyi bari ku rugamba.
Nyuma ya Jenoside yakorewe batutsi mu 1994, Kantengwa
Laurette yatahutse mu Rwanda maze abona akazi muri Banki ya Kigali (Banque de
Kigali).
Nyuma yo gutahuka Rwanda ntibacitse intege kuko
biyemeje gukomeza ibikorwa byabo byo gusigasira umuco gakondo ariko
by'umwihariko bibanda cyane mu gufasha imfubyi, incike n'abapfakazi ba Jenoside
yakorewe Abatutsi.
Se wa Kantengwa Laurette, Chef Gitambaro Elie nawe
akimara gutahuka mu Rwanda yabaye umwe mu ba mbere bashinze Umuryango uzwi
cyane ku izina ry'Inteko Izirikana.
Uyu muryango ukomeje inshingano zawo kugeza na n'uyu munsi, ugamije
kwibutsa abanyarwanda by'umwihariko urubyiruko, amateka y’u Rwanda no
gusigasira umuco nyarwanda mu rwego rwo guhangana n’imico y’ahandi ishaka
kuganza umuco n'indangangaciro nyarwanda.
Amakuru avuga ko Kamaliza yanditse indirimbo ‘‘Laurette’’ ayihimbiye Kantengwa Laurette buri bucye akora ubukwe n'umugabo we Barnabé Mpfizi.
Uyu ni umuhungu wa Israël Mpfizi mwene Sebigabiro bya
Bandora. Kantengwa Laurette yavutse mu 1951, yitaba Imana
mu 2012.
Ni umubyeyi wa Pastor Barbara Umuhoza uzwi cyane mu Rwanda, usanzwe ari umuhuza w’amagambo, umusemuzi mu ndimi zitandukanye, Umunyamakuru kandi akaba umushyushyarugamba
(MC).
Barbara ni nyiri Éclat
Communications Ltd, iyi ikaba ari sosiyete itanga serivisi mu busemuzi,
gutunganya ibintu no gukoresha imbuga nkoranyambaga.
Pastor Barbara Umuhoza avukana kuri uyu mubyeyi n'abandi bana barimo Aggrey Ag ndetse na Patrick Mpfizi.
Mu
gitabo cye yise ‘‘Shaped’’ Past Barbara agaruka ku mubyeyi we "
Muri icyo gitabo yamuritse mu
2022, Umuhoza Barbara yagarutse ku buryo
ibihe bigoye yanyuzemo mu buzima bitamusenye, ahubwo byamwubatse, ari naho
izina "Shaped" yahaye iki gitabo cye cya mbere rikomoka.
Yanditse ahereye ku buto
bwe mu Ngagara i Bujumbura mu Burundi aho yavukiye, uburyo yageze muri Uganda,
ubuzima yabayemo mu Bwongereza n’uko yageze mu Rwanda.
Uyu mubyeyi w’imyaka 37 afite abana babiri b’abahungu. Amenyerewe cyane mu kiganiro The Barbara Show.
Mu gitabo cye, asobanura
ko nubwo babaye mu buzima bw’impunzi mu Burundi, ababyeyi be Mpfizi Barnabé na
Kantengwa Laurette bifuzaga ko abana babo bakurana indangagaciro
z’ubunyarwanda.
Nyuma y’urugamba rukomeye
rwo kubohora igihugu, ababyeyi ba Umuhoza batashye mu rwababyaye, ari nabwo
nyina Kantengwa wanaririmbwe muri Laurette ya Kamariza, yabonye akazi muri
Banki ya Kigali.
Mu kiganiro yagiranye na
KC2 muri uwo mwaka wa 2022, yavuze ko
intimba yo kwakira urupfu rw’umubyeyi we, yayakiriye mu 2020 nyuma y’imyaka umunani
agiye.
Ati ‘‘Mu gitabo mvuga ku rupfu
rwa Mama wanjye […] yapfuye mu 2012 ubwo nari ntwite inda y’amezi umunani y’umuhungu wanjye ari nawe
bucura. Ndibuka ntabwo nigeze ngira igihe cyo kujya mu kiriyo kuko buri wese
yarambwiraga ati 'reka kurira kuko utwite'.’’
Arakomeza ati ‘‘Nibazaga
byinshi ariko na none ndi mu buribwe bw’uko agiye atabonye umwana wanjye w’imfura
muri rusange n’abana banjye bose […] ubwo nandikaga igitabo cyanjye nasubiye
muri ibyo bihe. Mu 2020 ni bwo nabashije gukura ikiriyo mu by’ukuri cy’umubyeyi
wanjye. Nyuma y’imyaka umunani ni bwo nabashije kurira neza.’’
Inshamake kuri Kamaliza wahimbye Laurette "
Kamaliza yavutse
tariki ya 25 Werurwe 1954 ku Mutware Rusingizandekwe Léandre na Mukarushema
Bernadette. Yavukiye ku musozi wa Rukara muri Runyinya, ubu ni mu Karere ka
Nyaruguru.
Mu 1959 we n’umuryango we bahungiye mu Ngagara i
Burundi ari naho yize amashuri abanza. Mu 1968, nyina yitabye Imana bituma se
amwohereza kwa mukuru we witwa Ana Mariya Murekeyisoni wari warashakiye muri
RDC kuko yabonaga Kamaliza akeneye uwajya mu cyimbo cya nyina.
Yahise akomerezayo amashuri yisumbuye mu ishuri ry’i
Lubumbashi ari nabwo yatangiye kuririmba mu makorali ya Kiliziya Gatolika.
Ibikorwa by’umuziki wa Kamaliza ntibyashimishaga nyina wabo Anna Mariya
babanaga.
Mu gushaka uburyo yava mu by’umuziki, yashatse
kumushyingira atabishaka undi na we ahita asaba uruhushya rwo kujya i
Bujumbura, guhera ubwo ntiyasubira i Lubumbashi.
Yaje no guhita abona akazi muri Minisiteri y’Imari i
Bujumbura. Mu gihe cy’ikiruhuko kigufi ndetse na nyuma y’akazi yiyibutsa
iby’umuziki no kwifata amajwi kuri cassettes yifashishije radio yari yarahawe
n’umwe mu nshuti ze witwa Tereza.
Mu 1990 yanogeje umugambi wo kujya ku rugamba rwo
kubohora u Rwanda. Yagiye yitwaje gitari ndetse yaririmbiraga abasirikare
bagenzi be mu kubatera akanyabugabo no mu bitaramo by’Itorero Indahemuka yabaga
ari mu bahanzi bakunzwe.
Nyuma yo kugera mu gihugu yakomeje umuziki ndetse
atangira ibikorwa byo gufasha imfubyi anashinga umuryango yise ‘Girubuntu
Kamaliza’ abigiriwemo inama na Nzambazamariya Veneranda wari inshuti ye magara.
Ku wa 5
Ugushyingo 1996, yakoze impanuka ikomeye ubwo yavaga i Burundi aje gusura
umuryango we mu Rwanda. Yapfuye afite ipeti rya Sergent.
Kamaliza yahimbiye Kantengwa indirimbo habura umunsi
umwe ngo arongorwe
Kantengwa Laurette yari inshuti magara ya Kamaliza. Uyu
mubyeyi yitabye Imana mu 2012. Ifoto/ Imfura Loïc
Uhereye iburyo ni Mukarushema Oliva na murumuna we
Uwanjye Mariya (bombi ni bakuru ba Kamaliza) mu gitaramo cyo kwibuka uyu
muhanzikazi cyabaye mu 2017
Pastor Barbara Umuhoza ni umwe mu bana ba Laurette
REBA KAMALIZA, INDIRIMBO YA KAMALIZA YAMAMAYE