Imvano y'amaraso adakama yatumye Ishimwe Fiston asohoka mu kibuga

Imikino - 13/02/2023 11:59 AM
Share:

Umwanditsi:

Imvano y'amaraso adakama yatumye Ishimwe Fiston asohoka mu kibuga

Mu mukino wahuje Rayon Sports na APR FC, rutahizamu wa APR FC Ishimwe Fiston yasohotse mu kibuga imburagihe kubera amaraso yari yuzuye ikabutura.

Muri uyu mukino Rayon Sports yatsinzemo APR FC igitego 1-0, Ishimwe Fiston yinjiye mu kibuga igice cya kabiri kigiye gutangira, aho yari asimbuye Byiringiro Lague wari wagowe n'igice cya mbere. 

Fiston ukunze kujya mu kibuga asimbuye, umutoza yamushyize mu kibuga kugira ngo yihutishe umukino ndetse anareme ubusatirizi butunguranye, agerageza kubikora ariko igikomere nticyamukundira.

Ahagana ku munota wa 68, nibwo Fiston yatangiye kugaragaza amaraso ku ikabutura, ndetse byari biteye impungenge kuko byiyongeraga buri munota. 

Ku munota wa 73, Ishimwe Fiston yagiye hanze y'ikibuga asaba ubutabazi bwatumye muganga ahanagura ikabuta n'amazi, ndetse ahakomeretse agashyira akantu gatuma adakomeza kuva ariko biranga amaraso akomeza kwiyongera.

Ku munota wa 78 umusifuzi Nsoro wari uyoboye umukino, yongeye gusaba Fiston ko asubira hanze kubera amaraso yari yongeye kuzura ku ikabutura kandi gukinana amaraso bitemewe. 

Fiston yasohotse biba ngombwa ko ahabwa indi kabutura ariko ayambaye nayo yuzura amaraso, abatoza ba APR FC bafata umwanzuro w'uko agomba gusimbuzwa, Mugisha Gilbert yinjira mu kibuga habura iminota itageze ku 10.

Ishimwe Fiston aganira na InyaRwanda, yabajijwe imvano y'amaraso yamuranze muri uyu mukino, avuga ko byatewe n'umukinnyi wa Rayon Sports wamukomerekeje. 

Yagize ati" Ntabwo nibuka neza umunota, ariko ndacyeka ari umukinnyi wa Rayon Sports ukina kuri 2 (Mucyo Didier Junior) kuko twigeze guhurira ahagana muri koroneri ankubita inkweto byatumye ku itako ry'ibumoso ahagana hejuru, hatangira kuva amaraso."

"Abaganga mu mukino bagerageje biranga, gusa kuri ubu nabonye ubutabazi meze neza amaraso yarekeye kuva."

Ishimwe Fiston avuga ko Mucyo Didier ariwe wamuteye ikweto akamusharura ku kibero 

Nyuma y’umukino, umutoza wa APR FC, Ben Moussa yavuze yahuye n’impinduka zitunguranye ubwo yasimbuzaga Ishimwe Fiston

Ati "Fiston yasohotse kubera igikomere, yari yakomeretse. Yagaragaje inshuro ebyiri amaraso ku myambaro ye, twagerageje gushaka igisubizo n’umuganga ariko amaraso yanga kurekera kuva, nahatirijwe kongera gukuramo Fiston nkashyiramo Mugisha, ni impinduka zitateguwe."


Nyuma yo gukomereka Fiston yahise aryama hasi, ariko nyuma aza guhaguruka.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...