Ni igikorwa cyabaye ku wa Gatanu tariki 17
Gashyantare 2023. Gihuriza hamwe abashoferi batwara Howo mu rwego rwo
kubahugura.
Nyuma yacyo, Hakizimana Desire usanzwe ari umwe mu
bakozi ba Sinotruk icuruza izi modoka za Howo mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, yavuze ko batekereje gukorana na Action
Driving School kugira ngo bafashe abanyarwanda ariko cyane cyane abashoferi.
Ati ‘‘Twatekereje gukorana kugira ngo dufashe
abanyarwanda cyane cyane abashoferi. Twagerageje kugaragaza uburyo imodoka zacu
zifite ubuziranenge. Kugira uruhushya rwo gutwara ntabwo bihagije tweretse
inzego zitandukanye za Leta ibishobora gutera impanuka za Howo.’’
Avuga ko hamwe n’ubufatanye na Action Driving
School batekereje guhugura abashoferi,
bakamenya uko zikora byimbitse.
Yavuze ko impungenge zihari ku bashoferi ari
ubunararibonye bafite ku buryo gutwara imodoka nka Howo ipima toni 16 zirenga
irimo ubusa, wakongeraho imizigo bikwiriye gukorwa n’abantu bahuguwe ari nabyo
batangiye mu rwego rwo kwirinda impanuka za hato na hato.
Yavuze ko ibigo byinshi bihari byigisha amategeko y’umuhanda ariko ntibyigishe gutwara mu buryo bwimbitse. Yagaragaje ko bamaze guhugura abashoferi bakabakaba ijana. Ati ‘‘Abantu bari gukubita izi modoka hasi nta bunararibonye.’’
Uhagarariye Action Driving School, Amerika Fred yagaragaje ko batekereje
gutangira guhugura abashoferi nyuma yo kubona imodoka za Howo ziri gukora
impanuka cyane.
Ati ‘‘Tumaze kubona impanuka ziri kuba muri iyi minsi
za Howo twabonye iki kibazo igihugu gifite, twumvise twabyinjiramo. Twazanye
ikamyo nziza nshya mu rwego rwo kugira ngo abashoferi bayitorezeho bazajye mu
kazi barayimenyereye.’’
Akomeza ati ‘‘Ubu hatangwa amasomo ku batangizi n’amasomo ku bashaka kwihugura ku bari basanzwe bazitwara. Tubafasha kuyitorezaho ahantu hazamuka cyangwa hamanuka, kugira ngo bamenye neza uko zikora.’’
Muhawenimana Jean Bosco usanzwe ari umwarimu muri
Action Driving School utanga amasomo ajyanye n’imodoka ya Howo; yavuze ko
impanuka zitangira kuba izi modoka benshi batangiye kuzikemanga kandi ikibazo atari zo ahubwo abazitwara.
Ati ‘‘Iriya modoka bayivuga byinshi ko nta feri ariko
iriya modoka ifite ubuziranenge. Iyaba ntabwo ifite ntabwo yakabaye ikorerwa
control technique. Kuba zikora impanuka biterwa n’ubumenyi bucye bw’abashoferi
bamwe bazitwara batazimenyereye. Imodoka ya Howo ni nzima pe.’’
Yakomeje avuga ko benshi batwara izi modoka batazizi
ari nayo mpamvu rimwe na rimwe biteza impanuka.
Umushoferi umaze imyaka icyenda atwara Howo, Ntahompagaze Innocent we yagaragaje ko
yari yaje kwihugura kugira ngo akomeza kwiyungura ubumenyi mu gutwara Howo.
Ati ‘‘Twaje hano muri Action Driving School mu mahugurwa ajyanye n’aya makamyo. Bari barimo kuduhugura ku kwiga uko Howo mu rwego rwo kurwanya impanuka zatezwa n’aya makamyo."
Uyu mugabo yavuze ko imwe mu
mpamvu iri gutuma habaho impanuka za Howo ariko ziri kuba nyinshi indi ikaba
ubunararibonye buke.’’
Uyu mugabo avuga ko hari ababona ibyangombwa bagahita
bihutira kujya gutwara ‘Howo’ bataramenya neza uko ikora, bigateza impanuka.
Yavuze ko aya mahugurwa agiye gutuma yunguka ubundi
bumenyi bwisumbuye ku bwo yari asanganywe.
Hakizimana usanzwe ari umukozi wa Snotruk iri gukora na Action Driving School
Icyicaro cy'iri shuri giherereye mu Giporoso hafi ya 'Feux- Rouge' za Remera i Kigali
Amerika Fred uhagarariye Action Driving School, ishuri ryigisha gutwara ibinyabiziga
Muhawenimana Jean Bosco wigisha muri Action Driving School ari guha amahugurwa aba bashoferi
Abashoferi bari bitabiriye ku bwinshi
Imodoka za Howo zimaze iminsi zivugwaho impanuka za hato na hato
Ntahompagaze Innocent usanzwe atwara Howo yavuze ko igitekerezo cy'aya mahugurwa ari ingirakamaro ku bashoferi
