Impano ityazwa n'indi - Bamporiki avuga ku bufatanye bwa Bruce Melodie na The Ben

Imyidagaduro - 09/02/2026 7:17 AM
Share:

Umwanditsi:

Impano ityazwa n'indi - Bamporiki avuga ku bufatanye bwa Bruce Melodie na The Ben

Bamporiki Edouard wabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, yagaragaje ko igitekerezo cya Bruce Melodie na The Ben cyo guhurira mu bitaramo bizazenguruka Intara z’u Rwanda ari ikimenyetso gifatika cy’uko ubumwe n’ubufatanye ari inkingi y’iterambere mu myidagaduro.

Ibi Bamporiki yabitangaje akurikije ubutumwa Bruce Melodie yashyize ku mbuga nkoranyambaga mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki ya 8 Gashyantare 2026, aho yatangaje ko we n’“umuvandimwe we” The Ben bari kwitegura kujya mu bitaramo bise “2026 Summer Country Tour”, bizagera mu Intara enye z’u Rwanda.

Ni ibitaramo bitegerejwe cyane, byitezweho kwegereza abafana umuziki w’aba bahanzi bombi, bagafatanya ku rubyiniro mu rwego rwo gusangiza abatuye mu Ntara ibyishimo n’ubunararibonye bafite ku rwego mpuzamahanga.

Ni ku nshuro ya Kabiri, aba bahanzi bazaba bahuriye ku rubyiniro mu gitaramo kimwe, nyuma y’aho baherukaga gutaramana mu gitaramo “The Nu-Year Groove” cyabereye muri BK Arena tariki 1 Mutarama 2026, cyitabiriwe n’abantu benshi kandi kikagaragaza imbaraga z’ubufatanye bwabo.

Mu butumwa bwe, Bamporiki yagaragaje ko guhura kwa Bruce Melodie na The Ben mu bitaramo bimwe bitari ugushaka gusa kwishimisha abafana, ahubwo ari isomo rikomeye ku bandi bahanzi n’abakora mu ruganda rw’imyidagaduro, rigaragaza ko guhuza imbaraga bitanga umusaruro urenze uwo umuntu yakwikorera wenyine.

Yagize ati: “Ubumwe bw’Intore bunoza intambwe kandi impano ityazwa n’indi. Gushyira hamwe ni urufunguzo.”

Aya magambo ya Bamporiki agaragaza ko, mu gihe hari igihe abahanzi bashobora gutekereza ko guhatana ari byo byonyine bibageza kure, hari n’igihe gushyira hamwe bigaragaza imbaraga ziruseho, bigateza imbere umuziki nyarwanda ndetse bikagura n’isoko ryawo.

Ibi bitaramo bya “2026 Summer Country Tour” bitegerejwe nk’igihe cyihariye kizahuza umuziki, ubumwe n’icyizere cy’iterambere, bikagaragaza ko koko impano ityazwa n’indi, kandi ko ubumwe ari urufunguzo rw’ejo hazaza h’imyidagaduro y’u Rwanda.

Bamporiki ku bitaramo bya Bruce Melodie na The Ben: Ubumwe ni urufunguzo, kandi impano iyo ihuye n’indi irushaho gukura

Bamporiki Edouard yavuze ko guhura kwa Bruce Melodie na The Ben mu bitaramo byo mu Ntara bigaragaza ko impano ityazwa n’indi, kandi ko ubumwe ari inkingi y’iterambere


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...