Impano itangaje ya Happy Jessica w’imyaka itandatu wasohoye indirimbo icyebura ababyeyi bahora mu makimbirane-VIDEO

Iyobokamana - 18/07/2022 11:46 AM
Share:

Umwanditsi:

Impano itangaje ya Happy Jessica w’imyaka itandatu wasohoye indirimbo icyebura ababyeyi bahora mu makimbirane-VIDEO

Bimwe mu binyamakuru byakoze ubushakashatsi ku muziki birimo nka Tunenotes, bivuga ko nta myaka runaka izwi yo gutangiriraho urugendo rw’umuziki.

Imwe mu nyandiko y’iki kinyamakuru, ivuga ko kwinjira mu muziki ari urugendo rutangaje kandi rukomeye, rushobora bamwe abandi bagatsindwa.

Mu Rwanda umubare munini w’abahanzi binjiye mu muziki, bumvikana mu itangazamakuru bavuga ko urugendo rwabo rwatangiriye muri korali.

Umwaka urashize umukobwa witwa Nishimwe Happy Jessica w’imyaka itandatu yinjiye mu muziki, bivuze ko yawutangiye afite imyaka itanu.

Amaze gusohora indirimbo zirimo nka ‘Impano z’abana’, ‘Dieu d’amour’, ‘Ishema ry’ababyeyi’ n’izindi. Indirimbo z’uyu mwana zumvikana mu kiganiro ‘Itetero’ cya Radio Rwanda.

Indirimbo ze zandikwa na Karangwa Callixte, hanyuma agafata umwanya wo kuziga mbere y’uko ajya muri studio.

Se w’uyu mwana, Kanani Albert yabwiye InyaRwanda ko umwana we yakuranye impano nyinshi zirimo no gukora siporo, yiyemeza kumushyigikira.

Ati “Impano ayikomora ku babyeyi be. Mu by’ukuri afite impano zirenze imwe harimo Sports no kuririmba n’izindi, cyane ko no mu ishuri ari we muyobozi w’abana bigana." Uyu mwana yiga ku kigo cy’amashuri kitwa El-shadai School.

Mu gihe hari ababyeyi badashyigikira impano z’abana babo, uyu mubyeyi avuga ko buri mubyeyi akwiye guharanira kumenya impano y’umwana we kandi akamushyigikira kuko yamugeza kure mu gihe yakwitabwaho nk’uko bikwiye.

Ati “Njye mbona natanga inama ku babyeyi kuko abana bose ntibaririmba, ahubwo impano ni nyinshi cyane. Inama natanga ku babyeyi ni uko bashishoza bakamenya ibyo abana bashoboye bakabashyigikira cyane, bizabaviramo impano zikomeye kandi zabageza kure."

Kanani avuga ko iyo aganira n’umukobwa we amubwira ko yifuza ko ibihangano bye ‘byagera ku Isi yose’, kandi akabasha kuzagera mu bihugu bitandukanye aririmba.

Mu mpera za ‘weeekend’, uyu mwana yasohoye indirimbo ye nshya yise ‘Babyeyi muduhe urugero rwiza’.

Kanani avuga ko iyi ndirimbo ikubiyemo ubutumwa ku miryango imwe n’imwe itabanye neza ihora mu makimbirane, aho umwana we aririmba asaba ababyeyi gutanga urugero rwiza.

Ati “Ubutumwa ni ukubwira imiryango imwe n’imwe itabanye neza ihorana intonganya n’imirwano, kuko bigira ingaruka mbi ku bana ndetse n’umuryango. Kandi igashimira n’imiryango ibanye neza kuko itanga uburere, ubwiza n’urugero rwiza."

Uyu mubyeyi avuga ko umwana we yahimbye iyi ndirimbo biturutse ku gitekerezo yahawe n’abakunzi be, bamusaba kuririmba acyebura ababyeyi batabanye neza. 

Happy Jessica yasohoye amashusho y’indirimbo ye nshya yise ‘Babyeyi muduhe urugero rwiza’ 

Happy yifuza ko indirimbo ze zamufasha kuzaririmbira mu bihugu bitandukanye byo ku Isi 

Umubyeyi w’uyu mwana aririmba muri korali ‘Ibyiza by’Ijuru’ yo mu Rugunga mu Itorero ry’Abadivantiste

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ‘BABYEYI MUDUHE URUGERO RWIZA’ YA HAPPY JESSICA

">

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'DIEU D'AMOUR' YA JESSICA

">


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...