Impamvu y’intambara zavugwaga mu rugo rwa Justin na Hailey Bieber yamenyekanye

Imyidagaduro - 22/08/2025 7:29 AM
Share:

Umwanditsi:

Impamvu y’intambara zavugwaga mu rugo rwa Justin na Hailey Bieber yamenyekanye

Urugo rw’umuhanzi w’icyamamare Justin Bieber n’umugore we Hailey rwakomeje kuvugwaho ibibazo by’urudaca, aho amakuru mashya yagaragaje ko umuzingo mushya wa Justin ari wo wakuruye amakimbirane hagati yabo.

Nk’uko byatangajwe na Us Weekly, album ya karindwi ya Justin yitwa 'Swag' ni yo yabaye intandaro y’ibibazo kuko igihe yari mu rugendo rwo kuyitunganya yayihaye umwanya munini n’imbaraga, agera aho yibagirwa iby'urugo rwe. Inshuti yabo yegereye uyu muryango yavuze ko iyo Justin ari mu bikorwa byo gukora umuziki, aribyo ashyiraho umutima gusa agasiga ibindi byose inyuma, bikaba byaramuteye umunaniro ukomeye wo mu mutwe ndetse bigatera igitutu ku mubano n’umugore we.

Hailey w’imyaka 28 n’umugabo we w’imyaka 31 bavuga ko bumvise baruhutse ubwo iyi album yashyirwaga hanze mu kwezi gushize, ikakirwa neza n’abafana ndetse n’abasesenguzi b’umuziki. Umwe mu babegereye yagize ati: “Bombi bumvise baruhutse cyane, Justin yagaragaje guhinduka mu myitwarire no koroherwa mu mitekerereze. Yumvaga afite igitutu gikomeye, ariko ubu arishimye kuko album yakiriwe neza kandi abakunzi b’umuziki barayikunze.”

Hailey yashimiwe kuba yaragaragaje kwihangana mu bihe umugabo we yari ahanganye n’ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe, akagerageza kubyakira. Uyu muryango wakomeje kugaragaza ko n’ubwo hari byinshi bigikenewe gukosorwa, ubu bameze neza kurusha mbere.

Nyuma yo gushyira hanze uyu muzingo, Justin na Hailey bahisemo kujyana n’umwana wabo w’imfura Jack Blues mu kiruhuko Idaho, ahantu bakunda cyane, kugira ngo bongere basubize ku murongo ubusabane bwabo. Jack azizihiza isabukuru ye ya mbere kuri uyu wa Gatanu, tariki 22 Kanama 2025.

Album 'Swag' irimo indirimbo nyinshi zirimo ubutumwa bugaragaza ibihe bitoroshye urugo rwabo rwanyuzemo, harimo indirimbo zakunzwe nka 'Daisies' na 'Walking Away'. Nyamara ariko, ibi byakurikiwe n’impungenge z’abafana ku buzima bwa Justin nyuma yo kwerekana imyitwarire isa n’ifitanye isano n’ibiyobyabwenge. Icyakora, Hailey yahakanye ko ibyo byaba intandaro yo gusenyuka k’urugo rwabo.

Mu kiganiro yagiranye na Vogue muri Gicurasi, Hailey yavuze ko ibihuha byo gutandukana kwabo byakomeje kubakurikirana kuva basezeranye mu 2018. Yagize ati: “Numvaga ko nyuma y’imyaka irindwi byari kuba byarashize, ariko ntibyigeze bicogora. Numvaga ko nyuma yo kubyara abantu bazatuza ariko siko byagenze. Nta kintu rero byongera kuntwara.”

Justin na Hailey batangaje ko batangiye gukundana mu 2016, basezerana mu 2018. Mu mwaka ushize bongeye kuvugurura isezerano, banatangaza ko bari biteze umwana wabo wa mbere, ibyo bikaba byarabaye ikimenyetso cy’uko bagishaka kubaka urugo rukomeye n’ubwo bahura n’ibibazo.

Album nshya ya Justin Bieber yagaragajwe nk'intandaro y'ibibazo byavugwaga cyane hagati ye n'umugore we


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...