Basaninyange
Martine uzwi nka Tinah kuri TikTok, uri mu bantu bagize uruhare mu iyubakwa
ry’urubyiniro Rema yakoresheje mu gitaramo cyabereye muri BK Arena ku wa 5
Nzeri 2026, yatangarije InyaRwanda ko igihe gito bari bafite cyatumye batabasha
gukora icyo gishushanyo cy’igisamagwe.
Iki
gitaramo cyari kimwe mu byaranze ibikorwa byaherekeje umuhango wo Kwita Izina
abana b’ingagi wabaye ku nshuro ya 21. Rema yagitunganyije mu buryo bwihariye,
harimo n’urubyiniro rwari rufite isura yihariye ijyanye n’imyambarire
n’imikorere ye ku rubyiniro.
Tinah
avuga ko kubaka urubyiniro rwa Rema bitari ibintu byoroshye, kuko we n’itsinda
ryari riyobowe na Bigwi Johnson bari bafite iminsi itatu gusa yo kurangiza
imirimo yose.
Aba
bakozi bari bahawe akazi na sosiyete ya Temaco Builders, aho inshingano zabo
zari ugushyira mu bikorwa ibice bitandukanye by’urubyiniro Rema yari
kuzakiniraho.
Mu
byo bubatse harimo inkingi ebyiri nini, buri imwe ifite uburebure burenga
metero enye. Hanakozwe ingazi Rema yazamutseho mu gihe cy’igitaramo, yari ifite
uburebure bwa metero ebyiri mu butambike ndetse n’uburebure burenga metero
imwe.
Tinah
avuga ko imwe mu nkingi bari bakoze yapimaga hafi ibiro 20, bivuze ko izombi
zose zari zifite ibiro birenga 40.
Ku
rubyiniro kandi hakozwe igishushanyo cya Kagoma, cyari gifite uburebure burenga
metero imwe. Iki gishushanyo, kimwe n’ibindi bice by’umutako w’urubyiniro,
cyakozwe hakoreshejwe ibikoresho bizwi nka Fiber Glass.
Mu
myiteguro y’igitaramo, abari bafite inshingano zo kubaka urubyiniro basabwe no
gukora igishushanyo kinini cy’igisamagwe, cyangwa Tiger, cyari giteganyijwe
kujya ku rubyiniro.
Gusa,
kubera ko bari bafite iminsi itatu gusa yo gukora ibintu byose, igihe cyo gukora
icyo gishushanyo cyari gito cyane. Byatumye hafatwa umwanzuro wo kutagikorera i
Kigali, ahubwo Rema n’itsinda rye bakizanira icyo gishushanyo bari basanzwe
bafite.
Tinah
yasobanuye ko icyo gisamagwe cyari gikozwe muri kawucu, ibintu byoroshye kandi
byorohereza abatwara ibikoresho mu ngendo.
Ati:
“Kubera ko nta mwanya wari uhari, twababwiye ko bitakunda ko tuyubakira aha. Mu
byo twakoze, iriya Tiger ntabwo yari irimo. Iriya baje bayizanye, ariko ikoze
muri kawucu, kuko bashakaga ikintu cyoroshye. Rema n’itsinda rye baza
bayizanye. Twebwe icyo twakoze ni ukubaka inkingi, igishushanyo cya Kagoma
ndetse n’ingazi.”
Fiber
Glass ni ibikoresho bikomeye ariko bidakunze kugira uburemere bwinshi, bikozwe
mu tubuye duto cyane tw’ibirahure bihuzwa n’ibindi bikoresho bikabyara ikintu
gishobora kubumbwamo no gukorwamo ibintu bitandukanye.
Mu
bijyanye no gutaka amashusho, ibibumbano n’ibikoresho byo kuri stage, Fiber
Glass ikoreshwa cyane kuko ishobora kubumbwa mu buryo butandukanye, igakorwa
nk’igishushanyo cyangwa ikindi kintu cy’umutako, ariko ikaba yoroshye kurusha
ibikoresho byinshi bikomeye nka sima cyangwa ibyuma.
Ni
yo mpamvu ishobora kuba ingirakamaro mu myiteguro y’ibitaramo, aho ibikoresho
bisabwa kuba bishobora kwimurwa no gushyirwa ku rubyiniro bitagoranye.
Kawucu
ni igikoresho cyoroshye gikoreshwa mu gukora imitako, ibibumbano n’ibindi
bishushanyo bitandukanye.
Gikunze
kuba cyoroshye cyane ugereranyije n’ibikoresho nk’ibyuma cyangwa ibiti
bikomeye, bigatuma kiba cyiza ku bintu bigomba kwimurwa cyangwa gutwarwa ahantu
hatandukanye.
Mu
gihe cy’igitaramo cya Rema, kawucu yakoreshejwe mu gukora Tiger uyu muhanzi
yazanye i Kigali. Kuba icyo gishushanyo cyari gikozwe mu bikoresho byoroheje
byatumye itsinda rye rishobora kukizana mu Rwanda no kugishyira ku rubyiniro,
aho kugira ngo gitangire gukorerwa i Kigali.
Nubwo
Tiger ari yo yabonetse ku rubyiniro mu gihe cy’igitaramo, Tinah asobanura ko
uruhare rw’abakozi bo mu Rwanda rwari runini mu gutegura urubyiniro rwatumye
Rema ataramira imbere y’abitabiriye igitaramo cye.
Mu
gihe cy’amanywa n’amajoro atatu, bakoze inkingi, ingazi ndetse n’igishushanyo
cya Kagoma, banategura ibindi bice by’urubyiniro byari bikenewe kugira ngo
igitaramo kigende uko byari biteganyijwe.
Ni
ibikorwa byasabaga umuvuduko, ubuhanga no gukorera ku gihe, kuko byose
byagombaga kuba byuzuye mbere y’uko Rema azamuka kuri urwo rubyiniro ku wa 5
Nzeri 2026.
Bityo, nubwo igishushanyo cy’igisamagwe cyagaragaye ku rubyiniro rwa Rema i Kigali cyari cyaramaze gutegurwa n’itsinda rye, ibindi bice by’ingenzi byarwo byakozwe n’abanyabukorikori bo mu Rwanda mu gihe gito cy’iminsi itatu.

Rema yaririmbiye ku rubyiniro rwariho ibishushanyo binyuranye nka 'kagoma' n'igisamagwe' (Tiger)
